RFL
Kigali

Nubwo bari iyanga, abitabiriye igitaramo cya 2 Face bagiranye ibihe by’amateka –Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/09/2016 9:42
8


Kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2016 nibwo umuhanzi 2 Face yaraye akoreye igitaramo mu mujyi wa Kigali muri Serena Hotel. Muri iki gitaramo abafana bari iyanga cyangwa se bake cyane. Uko biri kose ababashije kwitabira iki gitaramo bagiranye ibihe by’amateka.



Uyu muhanzi byari biteganyijwe ko  igitaramo cye gitangira saa moya (19h00), gusa kubera abafana bazaga gahoro gahoro byabaye ngombwa ko Mc Tino wayoboye iki gitaramo agitangiza ahagana mu ma saa tatu (21h00). Atangira gushyushya abantu ku rubyiniro nubwo batari benshi wabonaga bose bategerezanyije amatsiko uyu muhanzi w’icyamamare muri Afurika.

Ku rubyiniro hahise hajyaho Jack B wagerageje gushimisha abantu bake cyane bari aho, uyu muhanzi uzwiho ubuhanga mu kubyina yakoze uko ashoboye kose ngo ashimishe buri muntu wari aho mu ndirimbo ze zinyuranye nka Mumparire n’izindi nyinshi afite nziza. Nyuma ya Jack B hakurikiyeho umuhanzi Gabiro The Guitar nawe wari waje aje kwirebera 2 Face asabwe gutaramira abari aho abikora neza cyane.

2faceMc Tino niwe wayoboye igitaramo

Gabiro abinyujije mu ndirimbo ze zirimo Kakadance yashimishije abari aho, nyuma ye ahagana ku isaha yaa saa tanu na cumi n’itanu, 2 Face yaje kugera ku rubyiniro, imbere y’umubare muke w’abafana. Akigera imbere yabo yabashimiye cyane yababwiye ko aribo be nyine ntakundi, uyu muhanzi yinjiye ku rubyiniro asuhuza buri mufana azenguruka mu byicaro byabo arinako abaririmbira.

jack bJack B niwe wabimburiye abandi ku rubyiniro

Yahise yanzika mu kubataramira, uko yaririmbaga niko yanyuzagamo akaganiriza abari aho, 2Face yageze aho bamuha icyo kunywa ahita abwira abari aho bari bafite icyo kunywa ati “Turyoherwe”, buri wese witabiriye iki gitaramo washatse kwifotozanya na 2face yabonye ayo mahirwe dore ko yazengurukaga mu bantu baririmbina arinako abenshi bifotozanya nawe.

2faceGabiro The Guitar yataramiye abari aho

Nyuma y’iminota mirongo ine n’itanu 2 Face ataramira abantu bari aho yavuye ku rubyiniro ahita asubira muri Hotel, abantu bose bari aho wabonaga babajwe nibyabaye kuri uyu muhanzi, twashatse kuvugana na Murerwa Belinda wateguye iki gitaramo ntibyatworohera kubera ibihe by’iki gitaramo gusa atwizeza ko bidatinze aza kutuvugisha akagira icyo avuga kuri iki gitaramo.

 Kanda hano urebe amafoto:

2faceNyinshi mu ntebe ntizari zicawemo

2face2faceMuri rusange aba nibo bafana bake bari aho kuko batari bageze ku ijana2face2face2 Face yinjiiye asuhuza buri mufana wari uraho2faceYanyuzagamo akaririmbira abantu anabaganiriza2face2Face yari afite ababyinnyi2face2Face ati "Dusangire"






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    Uyu mugore wateguye iki gitaramo numujura, yashatse gukiresha urban boys kubuntu ababeshya ngo 2face arabazi arabashaka birangira asanze bamurusha umujyi
  • humudu7 years ago
    jack b yaduhaye kabisa
  • diva7 years ago
    uwo mudamu wateguye igitaramo yafashe abahanzi babanyarwanda abaca amazi nabo bamwereka ko abazi kera wamugani wabonye ayo uha 2face ubura ayo guha abahanzi bacu kandi bo nibaba banagoranye nibyo gupfa byaringombwa kbs ubutaha mujye mubanza mwihe agaciro mugaha nabanyu
  • Jimmy7 years ago
    Birababaje pe!!
  • 7 years ago
    Mu Rwanda dukeneye serious promoters bagomba kwiga gutegura ibitaramo no kumenya icyo abanyarwanda dukeneye, Nkubu baba badusebeje cyane ubu 2Baba ati mu Rwanda nta muziki bakunda kdi abantu bararengana bcse of lack matketing yabo
  • p7 years ago
    mu Rwanda dukeneye serious promoters bagomba kwicara bakiga uko bategura ibitaramo no kumenya icyo abanyarwanda bashaka, Nkubu baba basebeje igihugu, 2Baba nasubirayo azavuga ati mu Rwanda nta muziki bakunda kdi abantu bararengana bcse lack of marketing
  • Date7 years ago
    Emmy nshuti yanjye umuntu yyacurangira abantu 30 akagirana nabo ibihe bidasanzwe gute??? akaririmba indirimbo 4 akagirana nabo ibihe bidasanzwe gute???
  • umunyarwanda7 years ago
    Kubura markering strategy nigute igitaramo cyamamazwa mugihe kirarenze ukwezi ngo kizabona abafana murutusha abahanzi nyarwanfa abo banyamahanga niwo musaruro muzajya mukuramo iyo bavuze made in Rwanda mwumva iki





Inyarwanda BACKGROUND