RFL
Kigali

Ntabwo nitaye ku mwanya nabonye muri Guma Guma, abacantege nibaceceke, ndacyafitiwe ikizere -Senderi

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:10/09/2014 13:55
7


Nyuma yo kwegukana umwanya wa 8 mu bahanzi 10 bahataniraga irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star IV, ndetse bamwe bagakomeze kugenda bavuga ko uyu mwanya udahwanye n’ingufu yakoresheje bityo bikaba bishobora kumuca intege, umuhanzi Senderi International Hit we aratangaza ko atari uko abibona.



Senderi avuga ko ibyo kuba yarabaye uwa 8, ntacyo bimubwiye kuko bitamubuza kuba kugeza ubu uretse Jay Polly wegukanye iri rushanwa ubu uherereye ku mugabane w’u Burayi, ariwe ukomeje kwifuzwa n’abaturage hirya no hino. Ibi uyu mugabo akaba abivuga nyuma y’uko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09/09/2014, yasusurukije abaturage bo mu Murenge wa Gikomero mu Karere ka Gasabo aho Perezida wa Repubulika Paul Kagame yari yabasuye.

ahasbd

Senderi ubwo yasusurutsaga abaturage bo mu murenge wa Gikomero kuri uyu wa Kabiri ubwo bari basuwe na Perezida Paul Kagame

Senderi International Hit nk’uko akunze kwiyita ati “ Hit iracyari Hit, ntabwo nitaye ku mwanya nabonye ahubwo nitaye ku bafana, Abanca intege nabo nabasaba guceceka. Ndacyafitiwe ikizere n’abaturage, ubu ninjye muhanzi wenyine witabiriye Guma Guma abaturage bo mu Murenge wa Gikomero batoranyije kubasusurutsa ubwo bari basuwe na Perezida wa Repubulika.”

ajhsud

Agihamagarwa ku mwanya wa 8 nyuma ya Teta na Young Grace, benshi bahamije ko Senderi uyu mwanya atawishimiye

Mu gihe benshi bibwiraga ko kimwe no mu mwaka washize, ubu nabwo Senderi ashobora kutanyurwa n’umwanya yabonye ku nshuro ya kabiri yari yitabiriye irushanwa rya Gua Guma, Uyu mugabo avuga ko ikimuraje ishinga kuri ubu ari ukumenya ikizere abafana bamufitiye ndetse akanamenya niba yaranabashije kwamamaza uko bikwiye ikinyobwa cya PRIMUS kuko nta na kimwe ayishinja.

ajks

Abajijwe niba yiteguye kuba yakongera agahatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star. Aha Senderi yavuze ko ntakabuza yiteguye kongera guhatanira kwinjira muri rir rushanwa ndetse ngo niyo haramuka hagiyeho itegeko rishya rikumira abahanzi bitabiriye iri rushanwa ngo we yiteguye no kuba yahinduza amazina ariko akagarukamo.

Ati “ Njyewe niteguye gukoresha imbaraga zose kugirango nongere nitabire Guma Guma kuko iyo uri muri Primus na Bralirwa ntacyo wabura! Binabaye ngombwa ko bazana itegeko ribuza abamaze kwitabira iri rushanwa kurigarukamo, njyewe niteguye guhinduza amazina nkanasenga Imana ikabimfashamo maze nkarigarukamo ndi mushya.”

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kagire9 years ago
    Bareke hit wee wowe ntuzacike intege urumva.nibyo bagusebya byose byime amatwiiii uzaze rwamaganaa Turakwemeraaaa Birarenze twarayemeye
  • tante9 years ago
    Jyenabikurikiranye kuri Tvr ariko rwose hit uri hit bavuge ukore abaturage batakwishimiye ntiwabahagurutsa kuriya .mumajyaruguru turakwemera cyaneee.
  • hhhhh9 years ago
    senderi aho waririmbiye ejo narimpibereye wanyemeje sinajyaga nemera ariko uri umugabo.ngiye mubafana bawe nzanagushakira abandiii benshiii pee
  • mesh9 years ago
    hhhhhh sender abuze muri gumaguma ntiyaryohaa kuko we yerekanaa utuntu twubwenge abandi batagira songa mbere hit weee
  • mesh9 years ago
    hhhhhh sender abuze muri gumaguma ntiyaryohaa kuko we yerekanaa utuntu twubwenge abandi batagira songa mbere hit weee
  • kadogo9 years ago
    eric sender komerezaho turakwemera va kubaguca intege
  • eriteta9 years ago
    uhindure noneho wambare nkkabanyamugi





Inyarwanda BACKGROUND