RFL
Kigali

Marchal Ujeku yasuye ab'iwabo ku Nkombo mu kwitegura kuririmba muri Fespad izabera i Rusizi

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:27/07/2016 9:10
3


Marchal Ujeku ni umwe mu bahanzi nyarwanda baririmba mu njyana ya kinyafurika, by'umwihariko we akaririmba mu rurimi rukunzwe gukoreshwa ku kirwa cya Nkombo ari naho akomoka. Kubera iyi njyana umuntu yakwita iya gakondo yatumye anatoranywa mu bahanzi bazasusurutsa abazitabira Fespad izabera mu Karere ka Rusizi.



Marchal wamenyekanye mu ndirimbo nka Bombole Bombole, Musisemisemi n’Akabari. Kuri uyu wa  Kabiri taliki ya 26 Nyakanga 2016 nibwo yasubiye ku ivuko ahazwi nko ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi.

Aganira na Inyarwanda.com Marchal yavuze ko  gusura iwabo byari muri gahunda yo gutegura ababyinnyi na cyane ko basobanukiwe neza gukoresha ibikoresho bya gakondo akoresha mu njyana ye. Yavuze kandi ko ari mu rwego rwo kwitegura Festival azaririmbamo i Kigali ndetse na Fespad izabera i Rusizi. Yagize ati:

"Ubu naringiye iwacu kugira ngo mbashe gutegura ababyinnyi banjye kuko niho baba kandi nibo bazi gukoresha ibikoresho bya gakondo nkoresha mu njyana yanjye nkora. Rero mu rwego rwo kwitegura kuzaririmba muri Festival izabera i Kigali  ku italiki ya 30 niya 31 z’uku kwezi ndetse no  muri Fespad i Rusizi ibi ni byo ahanini byatumye nongera kugaruka ku ivuko.”

Marchal Ujeku wambaye ishati y'umweru

Marchal n'umuhanzi Nduwimana Jean Paul nawe wambaye umweru


Itorero Rizafasha Umuhanzi Marchal muri Festival na Fespad

Uyu muhanzi ni umwe mu batoranyijwe bazaririmba mu njyana gakondo mu maserukira muco arimo gutegurwa agiye kubera hano mu Rwanda ariyo Festival na Fespad.

Reba hano amashusho y'indirimbo Bombole bombole ya Marchal






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    nagende ntabyozi uwomurezi
  • 7 years ago
    Arabizi sha
  • Claudine7 years ago
    komerezaho tukuri inyuma Imana ikuri imbere





Inyarwanda BACKGROUND