RFL
Kigali

Niyumvise nk'udasanzwe, ntangira kwibaza ukuntu nemerewe kuba nashaka umugore - Christopher

Yanditswe na: Editor
Taliki:30/01/2015 11:02
10


Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Mutarama 2015 nibwo umuhanzi Christopher avuga ko yatangiye kwiyumva bitandukanye n’uko yari asanzwe, akaba akomeje kwibaza byinshi nyuma y’aho atekereje akumva ko yagize imyaka imwemerera kuba yakwitwa umugabo umurugo, agashaka umugore byemewe n’amategeko.



Muneza Christophe uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Christopher, yavutse tariki 30 Mutarama 1994, bivuga ko yujuje imyaka 21 y’amavuko ari nayo myaka umusore w’umunyarwanda yemererwa kuba yashaka umugore bagasezerana byemewe n’amategeko, kuri Christopher akaba yumva ejo hashize he hatandukanye n’uko yiyumva guhera kuri iyi tariki kuko aribwo yatangiye gutekereza akiyumvisha uburyo guhera ubu ashobora kwemererwa n’amategeko y’u Rwanda gushaka umufasha, ibi ngo bikaba byanahuriranye n’ibikorwa amazemo iminsi maze bimutera gutekereza byinshi.

Christopher arimo kwizihiza isabukuru y'imyaka 21 y'amavuko

Christopher arimo kwizihiza isabukuru y'imyaka 21 y'amavuko

Christopher ati: “Urabizi nyine maze iminsi nitegura igitaramo nzakora ku munsi wa St Valentin, mu gihe nari ndimo nitegura uburyo nzashimisha abantu nibajije uburyo hazaba hari abasore n’inkumi bakundana ariko hakazaba hari n’abashakanye, numva nishimiye ko nzabaririmbira bose nemerewe kuba nanjye nashakana n’uwo Imana yangeneye n’ubwo wenda igihe cyo kubishyira mu bikorwa kitaragera ariko ndabyemerewe. Byatumye ntekereza cyane nibaza umunsi umwe mu myaka iri imbere nzaba ndirimbira abantu ku munsi wa St Valentin narashatse umugore, nakwibaza uko bizaba bimeze ndirimba nawe yicaye mu bo nzaba ndirimbira nkumva binteye amatsiko”.

agatima

Christopher akomeza avuga ko tariki 14 Gashyantare ubwo azaba akorera igitaramo muri Hoteli Serena ya Kigali, bizaba ari ibyishimo kuri we kandi n’abazaba bahari bakazanyurwa no kubana nawe muri icyo gitaramo, ndetse we na Knowless na Jules Sentore bazafatanya bakaba bageze kure imyiteguro y’ibi birori byo ku munsi w’abakundanye kugirango bazabashe gushimisha cyane abazaba babyitabiriye.

 

REBA INDIRIMBO YA CHRISTOPHER YITWA BABYUMVA

 

Manirakiza Theogene






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Lucky9 years ago
    Nagende nta musore wo kwi makiya niba koko ari umunyarwanda.aragaca inkweto ariko nanoneno ayo mwafrw ni menshi mu gitaramo!courage Nyarwa...
  • 9 years ago
    kbs ndakwemera uzi ibyo ukora kdi ntamwana warerewe muri advantiste ubura ubwenge.turahari muburyo bwo kugushyigikira
  • njhsuj9 years ago
    hahahhaha!! black people murantangaza kabisa!! ubu uwajya kureba birth certificate ye wasanga yaravutse 94?? cyangwa nibyabindi bavugango harouna niyonzima afite 21 hahahah!!, yewe
  • Ally9 years ago
    narinzi ngo kugabany imyaka biri muri football gusa. none no muri music byahageze
  • delly9 years ago
    imbere niheza chris we kd ibicantege ntibizabura mu rugendo turahabaye kuri le14 IMANA IKURINDE
  • Fickle9 years ago
    Komeza uge ejuru gusa nakubwira nti kugwiza imyaka na cash sibyo bigira umuntu umugabo ahubwo tegereza uzafate igihe gihagije umenye akamaro k'umugore ku umugabo we ,icyo afasha n'icyo akeneye kugirango umuryango n'urugo uzaba warashatse bizakugwe neza. Murakoze!
  • esther9 years ago
    wow!!!!!hbd chrstph....naho abavugako wayigabanyije ni babandi ....gsa wowe ntuzahubuke ngo wakuze uzabanze wige niyisi kko harimo byinshi bitoroshye....i hope kuzabikora...kdi courage
  • 9 years ago
    Christopher ;)
  • zayn9 years ago
    1994....hhhh chris uri fanny kbs woe 21 mundoto numuzungu wariye neza ntabangana nawe gusa courage ibyo urikwibaza bya mariage bingana nimyaka yawe yukuri gusa kuririmba urabishoboy musaza
  • joselyne9 years ago
    urugero rwiza turugu cyeneyehi peeeeee





Inyarwanda BACKGROUND