RFL
Kigali

Niba Jay Polly yarihambiriye ku izina ‘Tuff Gangs’, twe twarimurekera, ariko dushatse twanayisenya – Green P

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:2/12/2015 10:30
17


Nyuma y’indirimbo ‘Wiyita iki’ iherutse gushyirwa hanze na Tuff Gangs nshya ya Jay Polly na basore batatu bahoze bagize itsinda rya Home boyz, kuri ubu itsinda rya Stone Church rigizwe na baraperi barimo batatu mu bahoze muri Tuff Gangs nabo bashyize hanze indirimbo yabo nshya bise ‘Ndakuzi’, usesenguye neza wumva isubiza iyi ya mbere.



Ukurikiye neza amagambo yumvikana muri iyi  ndirimbo ‘Ndakuzi’, abaraperi Nick Breezy, Young Tone, ariko by’umwihariko Green P, Fireman na Bull Dogg wumva ko bakomoza ku mibanire yabo na Jay Polly, gusa bakaba bakoresha uburyo bwo kuzimiza, bidatandukanye cyane n’indirimbo Ex-wife yigeze gukorwa na Tuff Gangs ya cyera nyuma yo kwirukana Pfla, aho babwiraga uyu muraperi ariko bigasa nkaho ari indirimbo y’urukundo rusanzwe rw’umuhungu wiyama uwigeze kuba umukunzi we nyamara ari Pfla wabwirwaga icyo gihe.

Kanda hano wumve indirimbo 'Ndakuzi' ya Stone Church

Green P, umwe mu baraperi batangije itsinda rya Tuff Gangs, kuri ubu we na bagenzi be Bull Dogg na Fireman bakaba barashinze icyo bise Stone Church nyuma y’ubwumvikane buke bwagiye bugaragara hagati yabo na Jay Polly wari n’inshuti magara ye, ubwo batugezagaho iyi ndirimbo nshya ya Stone church yagize icyo avuga ku makuru amaze iminsi avugwa kuri Stone Church na Tuff Gangs nshya ya Jay Polly.

Kanda hano wumve indirimbo 'Wiyita iki' ya Tuff Gangs nshya ya Jay Polly n'abahoze ari aba Home boyz

Green P avuga ko indirimbo yabo ntaho ihuriye n’amakuru amaze iminsi avugwa, gusa akanagaragaza ko ishobora kuba ifite aho ihuriye n’imibanire y’abantu. Ati “ kuri njyewe nta hantu ibyo bihuriye kuko ntabwo inspiration yayo yavuye kuri izo nkuru , iyi ni inspiration yavuye ku buzima busanzwe. Ni kwakundi, uba warakundanye n’umukobwa cyangwa mu bundi buzima busanzwe umuntu agashaka kugukwepa, agucengacenga akwereka isura itariyo, ukaba wamuha icyizere, ukamutaho umwanya wawe wose, hanyuma ukaza gusanga atariko bimeze ukamuvumbura. Ukamubwiza ukuri utu Wincengancenga wimbeshya ndakuzi.”

Tuff Gangs

Ntibikiri ibanga Tuff Gangs ya kera yageze ku ndunduro

Kubijyanye na Tuff Gangs nshya ya Jay Polly hamwe n’abaraperi Khalifan, Romeo na Young T bahoze bagize Home boyz, Green P yadutangarije ko we na bagenzi be bifuriza Jay Polly na Tuff Gangs ye amahirwe masa, aboneraho guhamya ko mbere hose ibibazo nyamukuru Tuff Gangs yahuraga nabyo byabaga biva kuri Jay Polly ari nayo mpamvu nabo bahisemo gukora imishinga idafite aho ihuriye nawe bihuza na bagenzi babo batangiza Stone church.

Green P

Green P yashimangiye ko biteguye kurekera Jay Polly, Tuff Gangs

Twebwe ukuntu twabifashe, n’ubundi ikibazo cyari kiri hariya(muri Tuff Gangs), ikibazo cyari Jay Polly, ni ukuvuga ngo urebye ukuntu twe twari tumeze n’abantu  barabivugaga cyane , bakavuga ngo biragaragara ko Tuff Gangs  batagikorana kubera umuntu bita Jay Polly.

Ni ukuvuga ngo niba wenda we icyo kibazo yaragikemuye, akaba yakora Tuff Gangs itarimo icyo kibazo, natwe nta kibazo byadutera kubera ko twe nitwe twaremye Tuff Gangs dushatse twanayisenya tugakora n’ibindi ariko we niba yumva iryo zina yararyituniyeho(yararivunikiye wenyine/yararyihambiriyeho)arishaka byahatari, twanarimurekera, twe tugakomeza ibyacu kuko ntacyo byaba bidutwaye kuko n’ubundi niwe wari ikibazo muri Tuff Gangs, niba iyo Tuff Gangs agiye gukora itazazana ibibazo twamwifuriza amahirwe. - Green P

Jay Polly

Jay Polly utagicana uwaka na bagenzi be

Uyu muraperi avuga ko bo icyo bashyize imbere nka Stone church ari ibikorwa kurusha ibindi byose biri kuvugwa. Ati “ Akazi niko turi gushyira imbere cyane muri Stone church, ibintu by’amagambo, abantu bavuga byinshi ntabwo twabyitaho, twebwe akazi kacu niko dushyizeho imbaraga. Green P ndacyari umuraperi ukase.”

Kanda hano urebe amashusho y'indirimbo 'Ndi nigga' ya Stone church







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • JANVIER8 years ago
    namwe ntimuri shyashya turabazi, nuko Jay atavuga ibyantu. ngaho nimuhobagire, turabazi , nihagira undi murimwe ugakoraho, abasigaye bazamwanga, mwitubesha niggaz, ngo STONE ibiki? TUFFGANG FOREVER
  • eloi8 years ago
    Jay Polly afashe underground zose azishyize aho Ngo agiye kubaka groupe!abo se ninde ubazi cg kwitwa tough gang nibyo bizanabaha inspiration!azajye anabandikira kuko imirongo yabo ni ubufu!ahubwo azazane na mugiti!hahha jopoli rwose arabyina avamo!stone church niba mubona kq,ungu ariwe wagiye abashbiza inyuma nimwirukane idage mukore ibyanyu!bhudha ,green ,fire ,nick breezy goo guys mukomereze aho kbsa natwe tubari inyuma uwo ureba indaye mumureke arikunda ahubwo niyongeremo na madamu nabonye abishoboye da!muri ansilla rwose arahena akaba umwe
  • 8 years ago
    Mwebw stone church nimwemere success ya jay
  • Yeko8 years ago
    Iyi ndirimbo nubufu nokuyumva ngo irangire byananiye, Jay arabarenze, ahubwo mugiye kuzima burundu tu, nizonzana mumuteza azibona ziza ejo zigacaho, mukomeze murye ikosora
  • hitimana ibrahim8 years ago
    jay turamushigiki hamw na tuff gang nshyaa
  • dsp8 years ago
    nta baraperi mbona ho kabisa ni bimwe byiwacu hihi nta stone nta tuff, tous sont des youvoix
  • Captain8 years ago
    Courage basaza mwerekane ko nkuko ari mwe mwubatse tough mushobora no kubaka irindi tsinda naho jay we yamaze kugafata ariko icyo nzi iriya tough ye ntaho izagera ! Ubu nafanaga tough ariko tough itarimo Green fire cyangwa buda ntago ari tough
  • The bae8 years ago
    Jay polly afite impano ihambaye. izo groupes sinzitayeho. Biragora kuba mu matsinda erega kuko abamembres ntibagira talents zingana. Green p afite indirimbo imwe nayo sinibuka uko yitwa. niyicare hamwe. Namba na bulldog ! P fla we abura kurera umwana we akirirwa mu matiku. Fireman ntuzongere kuririmba mu gifaransa. you need to work harder though. Jay Polly wowe wampaye idee ya business hahah ni ibanga tu!
  • Billy8 years ago
    Gutandukana nabagenzibawe ntabwo bigaragara neza ariko komera2
  • Billy8 years ago
    Gutandukana nabagenzibawe ntabwo bigaragara neza ariko komera2
  • Billy8 years ago
    Gutandukana nabagenzibawe ntabwo bigaragara neza ariko komera2
  • ortiz8 years ago
    Hhhhh ark muransetsa umva basore ingunguro irimo ubusa irasakuza.mwese ntabitangaza byanyu gusa Wenda jay arabarenze kandi mufite amagambo menshi.basi murekere mutazatubwira amabanga yanyu kuko ndumva muvuga cyane.nimwerekane ibikorwa nibibananira mwigendere kuko mwarambiranye namatiku yanyu mu binyamakuru
  • ndayishimiye fabrice8 years ago
    arko ndibaza kuki jay yicecekera arko bo amagambo akababana menshi yaba rap arabarenze abafana h uzigerere stade arimo ntacyo bakora ngo jay azime kuko arimumitima cyane n abant benshi bakurikiraga tuff n aba jay kw'isi n uwa mbere imana imukize abo ba babylon.
  • yves8 years ago
    hahhhhhhhhhhhhhhhhhhhhh!!!!!!!!!!!umugabo yarabarenze yibonera cash kubera impano imana yamuhaye none mwirirwa muvuga ngaho ni mushinge iryo torero ryanyu ngo ni stone iki? turabazi muri kunda cyane namwe ntimuzabana kabiri buretse. jay pole oyeeeeeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!!!
  • olivizo8 years ago
    Jay songa mbere!turagushyigikiye kbs!abanyamashyari acana nabo!!
  • Atomix8 years ago
    Green P we ndakwemera woe n'amanigger bagenz baw kuva mur stone chrch,just try 2 make the #nt btwn u and those fuckin nggers!(hom boyz&jay poly),tubari inyuma ma men, just keep in touch and never giv up!!.
  • Shakur8 years ago
    Man nta muraperi uzagira imirongo nk'iya jay mu Rwanda.I liked doz boyz too ark fuck'em all.Ahubwo jay,abakunzi ba old scul dukeney ikintu kbs





Inyarwanda BACKGROUND