Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2018 ni bwo mu mujyi wa Musanze habereye igitaramo cya The Mane cyo kumurika iyi nzu ku mugaragaro. Ni igitaramo cyabereye mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Musanze kitabirwa bikomeye n’abafana benshi kimwe n’abahanzi batari bake. Ariko nanone ni igitaramo cyaranzwe n’udushya tunyuranye.
Tumwe mu dushya twaranze iki gitaramo ni inkumi zasariye Safi Madiba na Harmonize maze aba bakobwa bahabwa umwanya wo gusanga ku rubyiniro aba bahanzi maze si ugusuka amarira bivayo imbere y’imbaga y’abafana bari aho.
Ibi ubusanzwe bikunze kubaho iyo umuntu abonye umuntu akunda cyane kwihangana bikanga ku buryo aruhurwa no kurira nyuma yo kubasha kwegera uwo akunda bikomeye. Iki gitaramo cyabereye i Musanze muri Stade Ubworoherane kiraza gukomereza mu mujyi wa Kigali muri Camp Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Werurwe 2018.
REBA HANO UKO UMUKOBWAA YARIZE IMBERE Y'IMBAGA NYUMA YO GUHOBERERA SAFI MADIBA KU RUBYINIRO
REBA HANO UKO UMUKOBWA YARIZE IMBERE Y'IMBAGA NYUMA YO GUHOBERERA HARMONIZE KU RUBYINIRO
REBA HANO UKO HARMONIZE YITWAYE MU GITARAMO YAKOREYE I MUSANZE
INKUMI Y'I MUSANZE YABYINISHIJE HARMONIZE KU BURYO BUKOMEYE
REBA UKO QUEEN CHA YITWAYE KU RUBYINIRO I MUSANZE MU GITARAMO CYA THE MANE
REBA UKO KING JAMES YITWAYE KU RUBYINIRO I MUSANZE MU GITARAMO CYA THE MANE
REBA UKO RIDERMAN YITWAYE KU RUBYINIRO I MUSANZE MU GITARAMO CYA THE MANE
REBA UKO MARINA YITWAYE KU RUBYINIRO I MUSANZE MU GITARAMO CYA THE MANE
REBA UKO MAYOR WA MUSANZE YABYINIYE KU RUBYINIRO I MUSANZE MU GITARAMO CYA THE MANE
REBA HANO UKO SAFI NA AMA G THE BLACK BARIRIMBANYE NYABARONGO
TANGA IGITECYEREZO