RFL
Kigali

MU MAFOTO: Ubuzima bubi indaya zibamo bukwiye kubera isomo abakobwa bashaka kubwishoramo –IGICE CYA 1

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/03/2017 12:10
3


Uburaya bivugwa ko ari wo mwuga ushaje kurusha iyindi ( umaze igihe ukorwa) ku isi. Nubwo bamwe bawita umwuga ndetse hakaba hari n'ibihugu bimwe bibyemera gutyo , ubundi uburaya bufatwa nk'ingeso mbi igirwa n'abananiranye, barumbiye imiryango yabo.



Abanyamadini bo babivuga beruye ko uburaya ari icyaha kibi kandi Imana yanga urunuka kuko gikoreshwa kandi kigakorerwa mu mubiri w'umuntu ufatwa nk'urusengero nkuko ibyanditswe byera bibivuga.

Ntabwo turi butinde ku ntera uburaya bugezeho ku isi cyangwa se amoko yabwo kuko muri iyi minsi aho ikoranabuhanga rya Internet riziye, ho ibintu byahinduye isura n'intera.

Muri iyi nkuru turibanda gusa ku kwerekana ubuzima bubi abakora uburaya babamo. Ibi ni mu rwego rwo gukangurira abajya bashaka kubwishoramo cyangwa se abajya bagira ababashuka bashaka kububajyanamo , ko bareka kwishuka kuko nta byiza bibamo.

Aya mafoto aragaragaza mu buryo nyabwo ubuzima bubabaje abakora uburaya babamo.

Kigali

 Mu gicuku hagati baba bahagarika abo babonye bose

KigaliKigali

Bicara ku muhanda mu gicuku bakisiga amavuta

 

Kigali

Barara bagenda batazi aho bagiye

 

Kigali

Bakurikira uwo babonye wese batitaye ku ngaruka mbi bahura na zo nyuma

 

Kigali

UBUZIMA BUBI: Hagati mu gicuku , mu mbeho ikakaye baba bambaye batya

 

Kigali

Baba bahagaze mu bihuru , ubu si ubizima wakwifuriza undi muntu kububamo

 

Kigali

Mu mahuriro y'imihanda ni ho baba bahagaze bategereje abo batahanye gahunda

 

Kigali

Bahagarara ku mihanda minini no muri Quartiers bategereje abakiliya

 

Kigali

Bahagarika buri wese babonye nta numwe bafitanye gahunda 

 

Kigali

Bahagarara mu nguni aho amatara atamurika bagatega uwo babonye wese

 

Kigali

Imbeho y'igicuku yose ibarangiriraho bategereje uwo batazi

 

Kigali

UBUZIMA BUBABAJE: Baba bahagaze ari benshi mu mbeho y'ijoro batazi uko biri bugende

 

Kigali

Barara bahagaze ijoro ryose

 

Kigali

Si ubuzima bubabaje gusa ahubwo hanateye ubwoba : Guhagarara mu bihuru wenyine mu gicuku !

 

Kigali

 Nubwo imbeho iba ikaze, imyambarire yabo iba iteye itya

 

Kigali

 Hari ubwo ijoro ribacyeraho bamanjiriwe

KigaliKigali

 Ubanza na bo bazi ko ibyo bakora ari bibi : Baba bihishe mu mwijima bakahava babonye umuntu wihitira

Kigali

 Barara bagenda ijoro nkaho ari ku manywa

 

Kigali

Kigali

 

Kigali

Abamotari bakora ijoro bo barumiwe

Kigali

Baba bagenda batazi aho bagiye by'ukuri

 

kigali

 Bihagararira mu mwijima ijoro ryose.

KigaliKigali

Nuramuka wishoye mu buraya , uzajya urara uhagaze ku muhanda nkuku

 

Kigali

Baciririkanya ibiciro nuwo babonye wese

 

Kigali

Batega uwo babonye wese 

 

KigaliBabona uwitambukira wese bakamwirukaho

 

Kigalikigali

Akenshi bateza umutekano mucye abashinzwe umutekano bakahagoboka

 

Kigali

Baba bakurura uwo babonye wese

 

Kigali

Bashobora kwiruka ku muntu umwe ari babiri

 

Kigali

 

Ngayo nguko, ayo ni amwe mu mafoto agaragaza mu by'ukuri ubuzima bubi kandi bubabaje indaya zibamo. Uramutse ushaka kubwishoramo cyagwa se hari ugushuka ngo ubijyemo, byanze bikunze na we wazabaho nkuko babayeho.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jojo7 years ago
    Biteyagahinda cyane nuguhara ubuzima
  • Bimawuwa7 years ago
    Uwiyishe ntaririrwa hariuba wabahitiyemo ubwo buzima. abantu bitwaza ubuzima bagakora ikibi ese ntihari abandi bantu bafite ubuzima bubi burenze ubwabo batari muri uwo mwuga. ahubwo ni ngeso umuntu aba yifitiye ntaho ibyubuzima bubi buri wese abunyuramo.hari akazi bashobora gukora karengeje ako ariko barashaka frw yavuba vuba batitaye mukuyakorera. ingeso mbi gusa
  • Mumbwire7 years ago
    Ariko haricyo ntabasha kumva; hari umuntu hari umuntu uryamana naba bantu aziko atarwaye SIDA?





Inyarwanda BACKGROUND