RFL
Kigali

Miss Sandra Teta yumvikanye n'ikinyamakuru Igihe.com yemera guhara miliyoni enye bari baciwe

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:3/09/2015 18:02
12


Nyuma y’uko urwego rw’abanyamakuru rwigenzura RMC rwari rwatanze ibihano ku kinyamakuru Igihe.com kubera inkuru banditse kuri uyu mukobwa imusebya nk’uko byari bikubiye mu kirego yari yaratanze, ubu noneho bamaze gukiranuka mu bwumvikane busesuye areka miliyone enye bagombaga kumuha.



Ku itariki ya 6 Kanama 2015 ikinyamakuru IGIHE.com cyatangaje inkuru kuri Miss Sandra Teta nyuma uyu mukobwa atangaza ko amakuru yamutanzweho atari ukuri ndetse anavuga ko iyi nkuru irimo gusebanya. Iyi nkuru imaze gutambuka, yavuzweho byinshi mu binyamakuru mu Rwanda ndetse na nyir’ukuyandikwaho akavuga ko itamuguye neza.

Miss Sandra Teta wagombaga guhabwa miliyoni enye n'iki kinyamakuru, yemeye ko bumvikana ntiyayabaca

Miss Sandra Teta wagombaga guhabwa miliyoni enye n'iki kinyamakuru, yemeye ko bumvikana ntiyayabaca

Nyuma Miss Sandra Teta yitabaje Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) kugira ngo rumukiranure n’iki kinyamakuru, maze mu mikemurire y’ikibazo, RMC iha iki kinyamakuru ibihano birimo n’amande y’amafaranga y’u Rwanda agera miliyoni enye . Nyuma y’ibi bihano, benshi mu bayobozi b’ibitangazamakuru n’abakurikirana uyu mwuga bya hafi bagiye bavuga ko icyari gikenewe atari uguca ikinyamakuru amafaranga ahubwo ko RMC yagombaga kunga impande zombi.

 Nk'uko tubikesha itangazo ryashyizwe ahagaragara n'impande zombi nyuma y’igihe hatangajwe umwanzuro wa RMC, ubuyobozi bwa bw’ikinyamakuru bwegereye Miss Sandra Teta bugirana na we ibiganiro by’ubwiyunge  ndetse bunafata umwanya wo kumwiseguraho ikibazo impande zombi zikirangiza mu bwumvikane busesuye.

Sandra

Miss Sandra Teta yahise afata umwanzuro wo guhagarika ikirego yari yaratanze nyuma y'uko umubano we n'iki kinyamakuru wongeye kuba mwiza, nk'uko bigaragara muri iri tangazo impande zombi zashyize ahagaragara. Kuri ubu, nk'uko iryo tangazo rikomeza ribigaragaza, umwuka ni mwiza hagati y’impande zombi ndetse basezeranye gukomeza gukorana neza mu buryo bwimbitse.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kamanzi8 years ago
    Uno mwana wu mukobwa yahuye nibigeragezo pe gusa yerekanye ko ari ntwari gusa murungi sabin wisubireho ntukomeze kubigira akamenyero kuko bakubabariye sandra ibibinu binu ukoze bihise bituma ngukunda cyaneeee
  • Costa 8 years ago
    Iyo yibeshya agakomeza kuyasaba abanyamakuru bakamuryamisha kugeza azimye burundu
  • Manzi8 years ago
    Ahahaha sha umujyanama wawe numuhanga yarebye kure kuko iyo ukomeza icyirego yego wari gustinda bakakuriha koko ariko nawe nayo wari gutahira muri gahunda zawe zose kuko ucyenera abakwamamariza ntahandi wari kuzababona sawa ni byiza wigiriye inama
  • Aline M H8 years ago
    Uwo mwana wu mukobwa Even when other people's criticism is valid, it's still hard to take. It reminds us that we have failed in some way. We didn't measure up to their expectations, and often when they remind us of that, tact is low on their priority list. Sometimes our critics have ulterior motives. An old proverb from India goes, "Some men try to be tall by cutting off the heads of others." They try to make themselves feel better by making others feel bad. You have probably had the experience of being put down by a nasty remark. When that happens, it is easy to forget that others are broken just like us.
  • alan8 years ago
    igikorwa cyiza cyane! bigaragazeko Sandra ari imfura #sandra iyo ni geste nziza cyane
  • mpuruza8 years ago
    kamanzi nabandi nkawe mureke kunsetsa.muramukunze kuko mudasobanukiwe nagakino.none se izo mpuhwe zo guhara 4million n utubazo yifitiye muri iyi minsi zaba ari impuhwe koko?gusa uwakugiriye inama umuhembe kuko yakurebeye kure.iyo ukomeza gukaza umutwe ngo urebe.bari kuyaguha ariko wari kumera nkikara bamenyeho amazi.ahasigaye genda wige gukora no gucisha make ubundi uve mumatiku
  • patrick8 years ago
    nibyizako yaba babariye ariko byarikuba akarusho iyo bayatanga bakarushaho kumenya uburyo gusebya umuntu atari byiza ariko twizereko babonyemo isomo
  • Lisa8 years ago
    Ubwo muzajya mwitwaza ko mushobora guhagarika kuvuga k'umuntu nimurangiza musebye umuntu kariya kageni. Mubwire umunyamakuru wanyu wakoze iriya nkuru ko ari umuswa cyane kereka niba hari ikindi yashakaga kuri Sandra
  • Lily8 years ago
    Mpuruza we uvuze ukuri rwose! ntacyo narenza kubyo uvuze
  • Nyanshya8 years ago
    Sawa, ntukiteranye n'itangazamakuru
  • 8 years ago
    ndagusetse ntuzi ibyo uvuze
  • RUGIGANA Shakila7 years ago
    Teta numuntu wumugabo yeretse itangazamakuru ko byose bishoboka, baramusebeje,arabarega, arabatsinda, abaha agahombanurasyi #agahimbazamusyi.hhhhhhhh tkx Miss!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND