RFL
Kigali

MINISPOC iravuga iki ku banyamakurukazi baherutse kwemeranya kubana bahuje igitsina?

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/03/2017 9:59
16


Mu minsi ishize Inyarwanda.com yabagejejeho inkuru y’abanyamakurukazi babiri bamaze kwemeranya kubana ndetse mu kiganiro bahaye umunyamakuru ni uko nyuma yo kwemeranya kubana biteguye gusezerana bagakora ubukwe, ibi byatumye twegera minisiteri ifite umuco mu nshingano maze bagira icyo bavuga kuri aba bakobwa.



Umunyamakuru wa Inyarwanda wagerageje kwegera Minispoc yabajije Mutangana Steven usanzwe ari umuyobozi w’umuco muri iyi Minisiteri, maze mu kiganiro gito twagiranye yirinda kugira byinshi avuga kuri aba bakobwa by'umwihariko, ahubwo avuga muri rusange. 

becky

Becky na Ferrend bari mu rukundo bemeranyije kubana

Ubwo yari abajijwe icyo avuga k'ubukwe buri gutegurwa n'aba banyamakurukazi (Mucyo Rebecca uzwi nka Becky na Ndayisaba Ferrend) bahoze bakorera Radiyo na Tv10 biyemeje kubana kandi bahuje igitsina. Aha Mutangana Steven yagize ati” Itegeko nshinga ry’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015 Ingingo ya 17 rivuga k’Uburenganzira bwo gushyingiranwa no kugira umuryango, aha rivuga ko uburenganzira bwo gushyingiranwa no kugira umuryango burengerwa n’amategeko. Ugushyingiranwa k’umugabo umwe n’umugore umwe gukorewe mu butegetsi bwa Leta ni ko kwemewe icyakora ugushyingiranwa k’umugabo umwe n’umugore umwe gukorewe mu mahanga mu buryo bwemewe n’amategeko y’Igihugu basezeraniyemo kuremewe. Ntawe ushobora gushyingirwa atabyemeye ku bushake bwe, yaba uw’igitsina gore cyangwa uw’igitsina gabo. Abashyingiranywe bafite uburenganzira n’inshingano bingana mu gihe cyo gushyingiranywa, igihe babana n’igihe cyo gutandukana. Itegeko rigena ibigomba gukurikizwa, uburyo n’inkurikizi z’ubushyingiranwe.”

Umunyamakuru wari ubajije ikibazo agasubizwa ingingo iri mu itegeko nshinga ry’u Rwanda yahise agwa mu kantu, yongera kubaza Mutangana Steven uhagarariye umuco muri Minispoc icyo bari bukore aba bakobwa nibakomeza gusaba gushyingiranywa maze mu magambo make agira ati” U Rwanda rwemera ibikurikije itegeko n'Umuco.” Uyu muyobozi wumvaga yirinda kugira byinshi atangaza muri iri jambo byagaragaraga ko bidashoboka ko bemera ko aba bakobwa bashyingiranywa kuko amategeko y’u Rwanda yemera gushyingiranwa hagati y’umugabo n’umugore gusa.

Umunyamakuru ntiyigeze anyurwa ahubwo yabajije uyu muyobozi niba hari ingingo runaka ihari yaba ibuza aba bakobwa gushyingiranwa maze mu magambo make yongera kugira ati” Gushyingiranwa ni icyemezo cy'ubwunvikane hagati y'abantu babiri babyiyemeje. Amategeko y'u Rwanda ateganya uburyo umuhango wo guhyingirwa ugenda n'ibikurikizwa. (Itegeko Nshinga ryavuguruwe muri 2015 ingingo ya 17). Kandi umuco Nyarwanda uturanga nk'Abanyarwanda ufite indangagaciro zigena ugushyigiranwa ari nazo zikwiye kuturanga.”

stevenMutangana Steven ushinzwe umuco muri Minispoc yavuze ko Leta y'u Rwanda ikurikiza amategeko

Nyuma umunyamakuru yifuje kumenya niba hari ingamba runaka zigiye gufatwa ngo uyu muco w’abakundana bahuje ibitsina ugabanye umuvuduko anabaza uyu muyobozi niba hari ibihano runaka bizagenerwa abamaze kwemera ko bakundana bahuje ibitsina maze Mutangana Steven yirinda kugira icyo aricyo cyose yatangaza kuri iki kibazo, icyakora asubiriramo umunyamakuru ko Minispoc idashobora gushyigikira ibi bikorwa ndetse anagaragaza abinyujije mu mategeko ko itegeko nshinga ry’u Rwanda ritemerera aba bantu gushyingiranywa.

Twibukiranye ko ubwo umunyamakuru wa Inyarwanda.com yabazaga aba bakobwa icyo bazakora igihe basabye Leta y’u Rwanda kubashyingira ikabangira maze Becky wamamaye mu kiganiro Code250 cya Radio 10 na Tv 10 agira ati “ Nibabyanga ubwo ntakundi ariko ntibizatubuza kubana.”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jimmy7 years ago
    Nyumvira uyu muyobozi kweri. Ko atinya kuvuga ni ukubera iki yatinye abatinganyi nawe????? ubwo se ashinzwe uwuhe muco niba atazi indangagaciro na kirazira bya kinyarwanda. Knadi ubwo ngo ni intore da yirirwa itwara abandi bantu mu itorero. VUGA KO BITEMEWE NDETSE UNABYAMAGANE NKUSHINZWE UMUCO NAHO UBUNDI TITLE YAWE NI KU IZINA GUSA.
  • Emmy7 years ago
    tubifurije urugo rwiza bazabyare hungu na kobwa
  • nsabumukizajeremie7 years ago
    Bano bakobwa bagakwiye guhindukira bakava ibuzimu kbs amategeko y,IMANA barayica kd uyica ntazaboba ubwami bw,ijuru
  • 7 years ago
    ariko ibi mutangaza nibiki koko kuki muyobya abantu
  • x men7 years ago
    abanyamakuru nimwe muri kubitiza umurindi muretse kujya mubitangaza byabatwara iki? muri gutuma abantu baza kubyitabira harimo abashaka kwibera aba star please mureke inkuru nkizi MURAKOZE
  • Longin7 years ago
    Ikuzimu barabategereje
  • GAKIRE7 years ago
    Abanyamakuru namwe maze kubahaga ubu mwabuze andi makuru mutangaza uretse aya mahano namwe nimwe mubatiza ingufu bakumva ko bashyigikiwe nabo bakishyira hejuru rwose nimubamagane wenda ntihagira undi banduza naho mwe buri kanya mbese bari kubatwara uko bishakiye kuko intego zabo zirimo kugerwaho
  • fofo 7 years ago
    ark c ubu bagira ababyeyii kokoo lmana ibatabare kbs
  • cleme7 years ago
    ibyo sibyo nk'umuntu wize Biology ibyo sibyo nibahinduke ?bari gushaka guhinyura kumategeko y'Imana ntimubyemeze nkamwe mushinzwe umuco kuo ni ukwangiza umuco wacu nkabanyarwanda
  • Justin 7 years ago
    Gusa biratangazekdi cyane Uwiteka Imana azaza yeguceceka
  • 7 years ago
    Toka satani
  • Sarah7 years ago
    Njye rwose,girls ndabizi into article murayisoma mumbabarire musome my comment! Ndabashyigikiye Ku rwego ruri hejuru! Moi je suis bisexuel kandi rwose I've been lesbian igihe kinini! Biragoye kubigaragaza kuko imyumvire y abanyarwanda iri hasi! Njyewe ntago nemera Imana ariko kubayemera bavuga ko Imana Ari urukukundo cyeretse Nina hari abarwemerewe n abatarwemerewe! So girls I love your love stories, noneho your tattoos are everything, the proposal was bad! Nukuri njye n umucopine wanjye tuzabahiga mpaka tubasuye! We are so proud of you girls, maybe you guys muzakora ibyo twe tutabashije gukora! Lgbt forever
  • ABRAHAM7 years ago
    YESU ATABARE ABAMEZE NKABA.
  • mr 7 years ago
    isodoma ni igomora habaye iki? byatewe niki? abo bakobwa barakangisha ngo barizee ntacyo bize ahubwo bataye roho natwe twarize ariko ibyo twize byaje bisanga indangagaciro, so mubahe akato birukanwe muri society batayanduza uwo mwaka batoraguye aboard
  • Nono7 years ago
    Ubuse ibi bintu badukanye ngo barasomye TUVUGEKO ARIBO BAMBERE BIZE MURI IKI GIHUGU? Ahubwo ibyo bari gutoragura ni ibyo satani anyanyagiza naho gusoma byo baribeshya.
  • Niyonshuti François 7 years ago
    Oooooooh my God!!! , that is impossible thing. Never allow this to happen in our country. Ababishoboye babaganirize birambuye bibibakuremo





Inyarwanda BACKGROUND