Kay Martin wamamaye nka MC Tino, umunyamakuru, umuhanzi akaba n’umushyushya birori yamaze gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Njewe nawe’, yasohotse kuwa 08 Nyakanga 2018.
MC Tino nk’umuhanzi ku gite cye amaze gukora indirimbo nka ‘My Love’ yahuriyemo na Javada wo muri Jamaica, ‘My Time’, ‘Mula’, ‘Umurima’ n’izindi. Aherutse kubwira Inyarwanda.com ko aya mashusho y’indirimbo yakozwe na AB Godwin wamukoreye amashusho y’indirimbo zabanje nka ‘Ibanga’, ‘My Time’ n’izindi. Avuga ko iyi ndirimbo YE nshya ‘Njyewe nawe’ ishobora kuba mu ndirimbo ze zizakundwa cyane.
TANGA IGITECYEREZO