RFL
Kigali

London: Mu marangamutima menshi Adele yasuye abagezweho n’ingaruka z’ishya ry’igorofa ya Grenfell

Yanditswe na: Editor
Taliki:15/06/2017 13:36
0


Umuhanzi Adele yasuye bitunguranye abagezweho n’ingaruka y’ishya ry’igorofa Grenfell ry’amazu 24 mu mujyi wa London. Adele yagaragaraje amarangamutima menshi ubwo yabasuraga. Yahavuye kandi abemereye ubufasha.



Ni nyuma y’akanya gato iyi nzu itangiye gushya aho uyu mugore ari kumwe n’umugabo we Simon Konecki yagaragaye hanze y’iyi nyubako kuri uyu wa gatatu agenda ahobera buri wese anabaza niba hari ubufasha yatanga ahabereye iri sanganya ryahitanye abasaga 12 naho 74 bagakomereka.

Adele Laurie Blue MBE w’imyaka 29 y’amavuko wamenyekanye mu ndirimbo nka  Hello,Rolling in the Deep,Someone Like You n’izindi nyinshi zitandukanye akaba aherutse no kwegukana igihembo cya Grammy Awards nk’uko abari bahari babitangaza Adele yagaragaye afite agahinda kenshi  ku maso agenda avugana n’abagezweho n’ingaruka y’iyi nkongi y’umuriro ndetse agenda afasha abari hanze y’iyi nyubako.

Inkuru dukesha The SUN ivuga ko Adele usanzwe atuye ahitwa Kensington, hafi y’iyi nyubako yibasiwe mu gihe cy’umwaka wose n’umuryango we yahisemo gusubika igitaramo yateganyaga gukora nyuma y’uko umwana we w’umuhungu witwa Angelo nawe akomerekejwe n’ibishashi by’umuriro wavaga muri iyi nyubako.

Adele was spotted last night at the scene of the Grenfell Tower fire showing solidarity with those affected by the disaster

Adele mu marira menshi yitegereza inyubako ikongoka

12 people have been confirmed dead in the wake of the blaze with police expecting the death toll to rise

Inyubako ya Grenfell yahindutse umuyonga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND