RFL
Kigali

Kwibuka 23:Ku gitekerezo cya Ama G The Black, abahanzi biyemeje gusanira inzu Mutungirehe Felicite:AMAFOTO

Yanditswe na: Ihorindeba Lewis
Taliki:12/04/2017 17:26
0


Umuhanzi Ama G yifatanyije n’abandi bahanzi batandukanye, abanyamakuru ndetse n’abakunzi b’umuziki mu gikorwa cyo gusanira inzu umukecuru w’incike utuye i Huye mu Ntara y'Amajyepfo.



Kuri uyu wa kabiri tariki 11 Mata 2017 ni bwo abahanzi batandukanye bayobowe na Ama G The Black, Lil G, Theo Bose Babireba, Baby Style n’abandi bari kumwe n’abanyamakuru ndetse n’abakunzi b’umuziki nyarwanda berekeje mu Majyepfo gusana inzu y’umukecuru w’incike witwa Mutungirehe Felicite wo mu karere ka Huye, umurenge wa Mbazi, akagali ka Kabuga, umudugudu wa Gicubuka. Aba bahanzi bakaba bakoze umuganda wo gutangira gusana ndetse banizeza uwo mukecuru ko bazakomeza gukurikirana ibikorwa by’isanwa ry’iyi nzu kugeza irangiye.

kwibuka 23

Ibi ni bimwe mubyo baje bazaniye uyu mukecuru

kwibuka 23

Ama G acukura umusingi

kwibuka 23

kwibuka 23

Ama G na Theo Bose babireba batunda amatafari

kwibuka 23

Iyi ni yo nzu uyu mukecuru abamo

kwibuka 23

Umuhanzi Lil G atanga umusanzu we

kwibuka 23

Umuhanzi Niyorick mu gikorwa

kwibuka 23

kwibuka 23

kwibuka 23

kwibuka 23

Abantu bahuje amaboko kugirango igikorwa kihute

kwibuka 23

kwibuka 23

Umuyobozi w'umurenge wa Mbazi, Mutangana Innocent yashimiye aba bahanzi kuba baratekereje kuva i Kigali mu mujyi bakajya mu cyaro kandi mu murenge abereye umuyobozi

kwibuka 23

Baby style (iburyo) umwe mu bahanzi bari bitabiriye, akaba avuga ko mu bushobozi bwe na papa we azaguma gukurikirana isanwa ry'iyi nzu kugeza irangiye

kwibuka 23

Mutungirehe Felecite yashimiye cyane aba bahanzi anashima Imana kuko ariyo yabayoboye ikabamuzanira

kwibuka 23

Ifoto y'urwibutso 

Amafoto:Lewis Ihorindeba






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND