RFL
Kigali

Korali Impanda yateguye igitaramo cyo kumurika album nshya yabo y'amajwi n'amashusho

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:17/09/2014 17:06
1


Korari Impanda ni korali ibarizwa mu itorero rya ADEPR SEGEM, ikaba yaratangiye gutanga ubutumwa ibicishije mu bihangano kuva mu 1995, kuri ubu ikaba igizwe n’abaririmbyi basaga 83 biganjemo abakuru bubatse dore ko urubyiruko ari 10% by’abayigize.



Iyi korali ikaba ihamagarira abakunzi bayo n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri rusange kuza kwifatanya nabo mu gitaramo cyo kumurika album zabo ebyiri harimo album yabo ya kane y’indirimbo z’amajwi hamwe n’album yabo ya kabiri y’indirimbo z’amashusho. Iki gitaramo kikazabera kuri stade ya Camp Kigali Ku Cyumweru tariki ya 21 Nzeli 2014.

imp

Nk’uko inyarwanda.com yabitangarijwe na Zabanyinshi Jean Baptiste ari nawe muyobozi mukuru w’iyi korali, ngo biteguye kuzakora igitaramo cyakataraboneka kuri uyu munsi, bagafata umwanya uhagije bagataramira abakunzi babo mu ndirimbo nshya zigize iyi album yabo hamwe n’izo bakoze cyera zagiye zikundwa.

Zabanyinshi Jean Baptiste ati “ Abantu bamenyereye amalaunch atarimo indirimbo nyinshi, twe tuzafata umwanya munini wo kuririmbira abakunzi bacu indirimbo nyinshi kandi nziza tunahimbaza Imana.”

IMPANDA

Korali Impanda ubwo yateguraga igitaramo mu mwaka wa 2013 muri Kigali Sereba hotel

Muri iki gitaramo iyi korali izaba ifatanije n’abandi bahanzi bazaba baje kwifatanya nayo barimo Korali Hoziyana, Dominic Nick, Alex Dusabe n’abandi.

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nicsol9 years ago
    Twishimiye kuzaba muri iki giterana. Twiringiye ko umwuka wera azabana namwe iyi concert ikazasiga benshi bahembutse.





Inyarwanda BACKGROUND