RFL
Kigali

Ko Fireman yajyanywe Iwawa, ni irihe tandukaniro ry'ujyanwa Iwawa n'ujyanwa mu nkiko agakatirwa ?

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/09/2018 11:16
4


Muri iyi minsi abahanzi n'abandi bantu bazwi cyane mu myidagaduro ya hano mu Rwanda bari kugenda bafatwa kenshi bashinjwa gukoresha ibiyobyabwenge. Kuri ubu ugezweho ni Fireman ufashwe kabiri muri uyu mwaka akaba noneho yajyanywe mu kigo ngororamuco cy'Iwawa aho kuba yajyanwa mu nkiko nk'uko byagiye bigenda ku bandi.



Amakuru y'uko Fireman yajyanwe Iwawa yahamijwe na Bosenibamwe Aime umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Igororamuco (NRS), wahamije ko uyu muraperi yajyanwe Iwawa aho agiye kugororerwa nyuma y'uko afashwe ashinjwa gukoreshwa no kubatwa n'ibiyobyabwenge. Umunyamakuru wa Inyarwanda.com yabajije Bosenibamwe Aime itandukaniro rya Fireman wajyanywe Iwawa ndetse n'abandi bahanzi barimo P Fla ndetse na Gisa cy'Inganzo bagiye bakatirwa mu nkiko bazira kuba bakoresha ibiyobyabwenge.

Bosenibamwe Aime asubiza iki kibazo yabwiye Inyarwanda ko umuntu ujyanwa mu bigo ngororamuco ari uba ukoresha ibiyobyabwenge binagaragara ndetse hari na za gihamya ko abikoresha kandi yarabaswe nabyo ariko atabifatanywe igihe yafatwaga. Yunzemo ko ujyanwa mu nkiko ari umuntu wafashwe agafatanwa ibiyobyabwenge ibyo benshi mu mvugo y'ubu bita gufatanwa ikizibiti (gufatanywa igihanga).

Bosenibamwe

Bosenibamwe Aime umuyobozi mukuru wa NRS

Bosenibamwe Aime umuyobozi mukuru wa NRS yavuze ko nta gihe cyagenwe umuntu amara Iwawa, gusa ngo iyo yabaye imbata y'ibiyobyabwenge amaramo igihe kinini kuko uko aba ahantu atabibona kandi agahabwa ubujyanama, hari ukuntu umubiri we ugenda ubireka. Aha yasobanuraga ko ataramenya igihe nyacyo Fireman azamara Iwawa cyane ko igihe azagaragariza ko yahindutse ari bwo azataha.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • pedro someone5 years ago
    Reka turebe ko azakosora, kandi pifla nawe yihangane ntazongere ,
  • 5 years ago
    kuri iyi photo mwashizeho ya fireman yari amaze iminsi 6 aretse mugo twari twishimye ko yabiretse ibiyobyabwenge ndetse yaje kumara igihe kingana niminsi 30 yiyongera ibiro arongera aba umuntu asa neza icyo gihe yabanaga n'umugore we. nihaciye kabiri yongera kujya inyamirambo akajya ankwa mugo yihishe! ibintu byaje guhindura isura fireman aragenda aba ingengera aho yabaga baje kwimukira kumuyumbu we yanga kujyayo kuko ntaho yari kujya akura ibiyobyabwenge bya mugo,ahitamo kwigumira i kigali, kuko ntamafaranga yari afite yabuze inzu yakodesha kuko ayo yabonaga make nayo yajyaga muri mugo, nuko rero yatangiye kugenda acumbika muma ghetto yabandi basore cyane cyane abankwa n'abacuruza mugo,, ntibyaje kumuhira kuko aho yajyaga baramurambirwaga cg se akabura mugo akabiba akagenda ntagaruke,, ubuzima bwaje kuba bubi atangira kujya yibaakanasabiriza mu nshuti ze. nibyo byaje kumuviramo kumufunga amaze ukwezi agirirwa ikingogwe arasohoka,akomeza kwiba barongera baramufata asubizwa kwa kabuga,basanga atazajya ahora aza,,aratakamba ngo ntibamujyane i mageragere birangira yoherejwe i wawa. ubundi ku isi iyo wankweye mugo abayireka ni 1% niyo waba umaze umwaka utayinkwa iyo ufunguwe irakugarukira. mureke mbasobanurire impamvu ebyire zituma abantu bankwa mugo kandi babizi neza ko ari mbi! 1.
  • 5 years ago
    yo
  • 5 years ago
    bana bato ndabasabye ntimuzagerageze na rimwe mbisubiyemo na rimwe kunkwa kuri mugo kuko mugo nicyo kintu cya mbere ku isi gishuka ubwonko kandi uyibuze nicyo kintu cyambere ku isi kibangamira umubiri





Inyarwanda BACKGROUND