RFL
Kigali

Knowless, Tom Close, Active, Dream Boys, Sentore na Platini berekanye imbyino zidasanzwe - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:22/09/2014 8:16
2


Mu gihe muzika nyarwanda igenda itera imbere n’abahanzi bakitabira cyane gahunda yo kuririmba umuziki w’umwimerere wa “Live”, bamwe muri bo bakomeje kugenda bagaragaza n’imibyinire batari basanzwe bazwiho, muri uyu mwaka abahanzi nka Knowless, Tom Close, Active, Dream Boys na Jules Sentore bakaba baragaragaje cyane ko bazi no kubyina.



Mu bitaramo bitandukanye, byagaragaye ko abahanzi iyo babyinnye biryohera abafana babo kurusha iyo babyiniwe n’abandi babyinnyi baba bitwaje, ibi bikaba byaragiye bigeragezwa n’abahanzi batandukanye ariko Active bo bakaba ku isonga cyane ko imibyinire yabo ari nawo mwihariko bafite barusha abandi bahanzi nyarwanda, ibi bikaba binabongerera igikundiro mu buryo bugaragara.

Active

Kuri Active, kubyina ni ibintu bigaragara nk'umwihariko wabo

Kuri Active, kubyina ni ibintu bigaragara nk'umwihariko wabo

Tizzo; umwe mu basore batatu bagize Active

Tizzo; umwe mu basore batatu bagize Active

tizo

tizzo

tizzo

tizzo

Tizzo yabyinishije umukobwa abantu bamukurira ingofero. Aha ni mu gitaramo cya Guma Guma i Rubavu

Tizzo yabyinishije umukobwa abantu bamukurira ingofero. Aha ni mu gitaramo cya Guma Guma i Rubavu

Undi muhanzi wagaragaje imbyino ndetse bikagaragara ko ari n’umuhanga cyane, ni Platini umwe mu basore babiri bagize Dream Boys. N’ubwo mugenzi we TMC atakunze kugaragara muri uyu mwaka abyina mu bitaramo, uyu Platini we ibitaramo byose iri tsinda ryitabiriye yagaragaje ko azi kubyina ndetse mu gihe babaga bitabaje abandi babyinnyi we yabyinanaga nabo mu gihe mugenzi we yabaga arimo kuririmba gusa atabyina.

dream boys

Platini wo muri Dream Boys yagaragaje ko azi kubyina cyane

Platini wo muri Dream Boys yagaragaje ko azi kubyina cyane. Aha ni mu gitaramo cya Knowless

platini

platini

platini

platini

platini

platini

platini

platini

Imbyino za Platini i Rubavu mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star

Imbyino za Platini i Rubavu mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star

Butera Knowless nawe ntiyari asanzwe azwiho kugaragara abyina, nyamara mu gitaramo cyo kumurika Album ye mu kwezi kwa Nyakanga uyu mwaka, nawe yagaragaye abyina aho yabaga ari kumwe n’abandi bahanzi batandukanye, haba aho yabyinanye na Christopher, Ben Kayiranga, Itorero Intayoberana ndetse nawe ubwe.

Butera Knowless yabyinanye n'itorero Intayoberana mu gitaramo cyo kumurika Album ye

Butera Knowless yabyinanye n'itorero Intayoberana mu gitaramo cyo kumurika Album ye

Uretse kuririmba, Knowless yerekanye ko azi no kubyina

 kabebe

Uretse kuririmba, Knowless yerekanye ko azi no kubyina

Knowless abyinana na Ben Kayiranga

Knowless abyinana na Ben Kayiranga

Knowless abyinana na Christopher mu ndirimbo yabo bakoranye

Knowless abyinana na Christopher mu ndirimbo yabo bakoranye

uyombo Thomas uzwi ku izina rya Tom Close nawe uyu mwaka yagiye agaragaza ko azi kubyina, cyane ko zimwe mu ndirimbo ze ziheruka zibyinitse, ibi akaba yarabyerekanye mu gitaramo cyo kumurika Album ya Christopher ndetse no mu gitaramo cyo kumurika Album ya Knowless.

Tom

Tom Close mu mbyino ze mu gitaramo cyo kumurika Album ya Knowless

Tom Close mu mbyino ze mu gitaramo cyo kumurika Album ya Knowless

Jules Sentore ntiyari akunze kugaragara cyane abyina cyane ko asanzwe azwiho kuririmba ahogoza ariko mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Star 4, uyu muhanzi ubarizwa muri Gakondo Group yagiye agaragara abyina mu buryo budasanzwe, aba bahanzi bose bikaba byaragaragaye ko kubyina kwabo byishimirwa cyane n’abakunzi babo.

Jules Sentore yagaragaje ko azi kubyina imbyino zitandukanye

Jules Sentore yagaragaje ko azi kubyina imbyino zitandukanye

Rimwe na rimwe Sentore yanitwazaga abakobwa bamufasha kubyinira abakunzi be

Rimwe na rimwe Sentore yanitwazaga abakobwa bamufasha kubyinira abakunzi be

ababyinnyi

Ababyinnyi ba Jules Sentore

Ababyinnyi ba Jules Sentore

sentore

Benshi ntibibwiraga ko Jules Sentore azi kubyina nk'uko yabigaragaje

sentore

Benshi ntibibwiraga ko Jules Sentore azi kubyina nk'uko yabigaragaje

Uretse abahanzi, abayobora ibirori nabo bagiye bagaragaza imbyino zidasanzwe, aba ni Anitha, Arthur na Mc Tino

Uretse abahanzi, abayobora ibirori nabo bagiye bagaragaza imbyino zidasanzwe, aba ni Anitha, Arthur na Mc Tino

Manirakiza Théogène

Photos: Jean Chris Kitoko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uwe9 years ago
    Bakomeze
  • Herve9 years ago
    Ariko ntimukatubeshye! knoless se ajya abyina ko habyina inganzo ngari! muba mushaka guhora mumuvuga gusa ariko ntimukayubeshye Twese turabibona ko atazi kubyina habe na busa! ahubwo ntakanabigerageze





Inyarwanda BACKGROUND