RFL
Kigali

Kizito Mihigo ngo yoroheje ibyo yagenderagaho ahitamo umukunzi, agaruka no ku mukunzi wamusezeye akimara gukatirwa-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/11/2018 18:14
6


Kizito Mihigo yamenyekanye cyane mu ndirimbo zisana imitima n'izisingiza Imana. Nyuma yo kuva muri gereza yasubiye mu buzima busanzwe ndetse kuri ubu yasohoye indirimbo yise 'Aho Kuguhomba Yaguhombya'. Yaganiriye na Inyarwanda kandi aduhishurira uburyo yashengutse umutima ubwo umukunzi we yamusezeragaho amaze gukatirwa imyaka 10 y'igifungo.



Kizito Mihigo iyo abara inkuru y’umukobwa wamusize agushushanyiriza urugendo banyuzemo nk’aho byabaye ejo. Yabwiye INYARWANDA, ko atarafungwa yari afite umukunzi atewe ishema we, ndetse hari abari bamuzi, cyane cyane ko ngo banatekerezaga ibijyanye no kubana mu bihe bya vuba. Kizito Mihigo ariko ngo yaje gusheguka umutima ubwo uyu mukobwa yamusangaga muri gereza amumenyesha ko yaciye ize nzira ubwo  yamenyaga ko Kizito Mihigo yari amaze gukatirwa imyaka 10 y’igifungo.

Avuga ko ibye n’umukunzi we w’ahahise byashyizweho iherezo na paji y’ubuzima yahindutse. Ngo biragoye kubona abantu b’intwari bakomeza kugushikamaho iyo ugeze mu makuba. Yagize ati “Oya! Byararangiye. Byararangiye, urabona iyo umuntu afunzwe buriya, icyo waba ufungiye cyose. Hari abantu baba intwari bakagukomeraho muri abo bantu abambere ni umuryango wawe uvukamo [….] Nibo bantu bacu tugira. Ntihazagire n’undi ukubeshya, ubibona iyo ugeze mu bihe bikomeye.”

Nyuma y'umuryango. Kizito Mihigo avuga ko hari n'inshuti zigukomeraho ariko ko hari n’abandi batabishobora barimo, kuri we muri aba batashoboye kumukomeraho harimo n’uwari umukunzi we bari bafitanye umushinga w’ubuzima bw’ahazaza. 

Yavuze ko byamubabaje kwakira ko umukunzi we amusize, ariko kandi ngo ashyize mu nyurabwenge yumvise ko byaba ari inzira Imana imwerekeyemo ko atari uwe. Ngo ubuzima ni paji igaragaza imbere n’inyuma umwijima n’urumuri kandi ngo si buri gihe umuntu ahora yishimye. Yavuze ko uyu mukobwa yamusuye kuri Gereza akamumenyesha ko atangiye ubuzima bushya n’urukundo rushya ariko ngo byaramugoye kubyakira. Ati “Yego byabayeho. Yarabimbwiye, kubyakira ni njye byagoye ariko yarabimbwiye.”

Ubwo Kizito Mihigo yasohokaga muri gereza, yasohokanye umugambi wo gushinga urugo, akiyubuka. Yavuze ko kugeza ubu atarabona umukunzi kuko hashize igihe gito asohotse. Yagize ati “Umukunzi rero bindimo. Mbirimo nabyo bindimo. Ariko ntawe ndabona… Ngenda gahoro kuri ibyo bintu kubera, mfite ubushake kandi noneho ntabwo ari umukunzi nshaka gusa. Ni umukunzi ushobora kuza bikanahoraho kuko iyo umuntu afite imyaka 37 nk’iyo mfite, urukundo yego ariko uba wumva rwonyine birangiriye aho bitaba bihagije.”

Kizito avuga ko mu myaka itambutse atarafungwa yagiraga ibyo agenderaho ahitamo umukunzi, ngo izo ngingo zari zisekeje. Avuga ko uko iminsi yicuma agenda ashyiramo inyoroshyo agamije guhura n’uwo muntu umutima we uzishimira. Muri Werurwe, 2014 nibwo Kizito Mihigo yahishuriye itangazamakuru ko ari mu rukundo n’umukobwa atifuzaga kuvugaho byinshi. Yavugaga ko nta gihe kinini gishize baziranye ariko ibyabo biganisha ku kubana nk’umugabo n’umugore gusa paji y’ubuzima yarahindutse arafungwa umukunzi akuramo ake karenge ndetse kuri ubu yashatse undi mugabo.

Kanda hano urebe ikiganiro na Kizito Mihigo avuga ku buzima bwe nyuma yo kurekurwa ndetse n'uko ahagaze ku bijyanye n'urukundo:

Kanda hano urebe Kizito Mihigo avuga ku ndirimbo ye nshya yise 'Aho Kuguhomba Yaguhombya'

Kanda hano urebe 'Aho Kuguhomba Yaguhombya'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Hahhhhh ubwo ari wowe byagenda gute?kumva umuntu akatiwe imyaka icumi.ibaze niba uwo mukobwa nawe yari afite nka 35 ubwo murumva yamutegereza kugeza agejeje 45?hahhhhhhhhhhhh none byongereho ko nibintu yari arimo byamufungishije atari wenda yaranabibwiye uwo mukobwa.nanjye rwose ugiye mu manyanga yewe ntunambwire inzira urimo bakagufunga nakureka,nagusura aribo iby ibkundo byaba birangiye da.
  • Rugira Charles5 years ago
    Yoooo komera disi muvandimwe erega abisi bakunda abameze neza burya uzakundrwa numwana wibyariye cg ababyeyi bawe nubo nabo bashobora kukwanga par exception gusa twese duhura nabyo kdi ubuhamya bwawe bukomeza benshi
  • umwali5 years ago
    Kubeshya nibibi,uriya mukobwa yarafite ukuli ko kugusezera kuko uretse nawe nabanyarwanda benshi batunguwe n'icyaha wakoze.Nubu bizakugora gupfa kubona umukobwa ufite indangagaciro wakwemera.ubundi hari icyaha umuntu atapfa gutinyuka,noneho umuntu nka we kweli? Nanubu sindabyunva
  • Niyomugabo Philemon5 years ago
    Yego komera musore wacu bitware gahoro kuko umugore atangwa ni mana yo yiture icyifuzo cyawe maze uyihange amaso uzamubona kandi ugukwiye
  • 5 years ago
    Arko umwali ntukamere gutyo abakobwa mutecyereza hafi kbsa niba wanze umuntu ngo nuko agiye mu makuba nicyo kiruta byose cg niwo mwanzuro biri byabaye kuri Kizito nibintu bisanzwe gsa turashima imana ko ya tanze imbaba akarekurwa gsa namubwira ngo niyitware neza kdi arebe kure naho ibyo kuvuga ngo ntago azabona umukobwa umwemera ntago imana ijya kurema yaremye umwali wenyine
  • Gasana Eric5 years ago
    Nyamara uwiyise Umwali muramuziza ubusa. Wenda tuve no kuri uwo mukunzi wa Kizito wahise amutera uw'inyuma, mwambwira abari basanzwe ari inshuti za Kizito batamuvuyeho? Biriya byaha yaregwaga (anabyiyemerera) biragoye ko umuntu yamugumaho kuko uhita wibwira uti mwo kabyara mwe nanjye baranjyana, nzira ko twavuganaga. Nanjye ndi umwe mu bantu bari basanganywe na Kizito kubera akazi nkora ariko bakimufata nasubye emails na sms zose twandikiranaga, kdi nta n'imwe mbi yarimo ariko kubera ubwoba ko hagira umpuza n'ibyo yakoze, narabisibye nirinda no kumusura. Ubwo rero uwo wahoze ari umukunzi we mumureke yibereho ubuzima yahisemo naho Kizito we azabona umufasha umukwiriye. Icy'ingenzi ni ukwirinda kugwa mu makosa yaguyemo mbere. Murakarama nihitiraga.





Inyarwanda BACKGROUND