RFL
Kigali

KIGALI: Hagiye kuba igitaramo cyo guha ikaze aba Diaspora bari kuza mu minsi mikuru, Cecile Kayirebwa na Kidum bari mu bazaririmba

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:6/12/2017 10:38
0


Mu mujyi wa Kigali muri uku kwezi k’Ukuboza 2017 hari kuvugwa ibitaramo bikomeye kandi byinshi, magingo aya kimwe mu byamaze kwamamazwa nk’igitaramo gikomeye ni ikizahuriramo Cecile Kayirebwa ndetse na Kidum Kibido Kibuganizo, aba bafatwa nk’abahanzi bakomeye ndetse bubatse amazina mu mitima y’abakunzi b’umuziki mu Rwanda.



Iki gitaramo kiswe ‘Rwanda Konnect Gala’ cyateguwe mu rwego rwo guha ikaze abanyarwanda baba mu mahanga ‘Diaspora’ bakunze kuza mu biruhuko by’iminsi mikuru, aha bakazaba bataramirwa n’abahanzi bakomeye barimo Kidum, Cecile Kayirebwa, itorero Inganzo ngari kimwe n’abamurika imideri bazerekana urwego kumurika imideri bimaze gutera imbere mu Rwanda.

Abanyarwanda baba mu gihugu bazaba baha ikaze bagenzi babo baba hanze bakunze kuza mu biruhuko by’iminsi mikuru. Iki ni igitaramo kizaba tariki 22 Ukuboza 2017 kibere i Gikondo mu ihema riberamo imurikagurisha (Expo).

rwanda konnect

Igitaramo cyo guha ikaze aba Diaspora mu Rwanda

Nkuko abari gutegura iki gitaramo babitangarije Inyarwanda.com, iki gitaramo kukinjiramo bizaba ari ibihumbi icumi (10000frw) mu myanya isanzwe, ibihumbi makumyabiri (20000frw) mu myanya y’icyubahiro n’ibihumbi magana abiri (200000frw) ku bantu bazagura ameza y’icyubahiro. Imiryango y’ahazabera igitaramo izaba ifunguye guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.

REBA HANO ITANGAZO RYAMAMAZA IKI GITARAMO

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND