RFL
Kigali

KIGALI FASHION WEEK: Batsembeye itangazamakuru gukuramo imideri itaravuzweho rumwe ubushize

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:25/05/2017 21:53
2


Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2017 nibwo habaye ikiganiro n'abanyamakuru kitabiriwe n'abasanzwe bategura Kigali Fashion Week, muri iki kiganiro ubuyobozi busanzwe buyitegura bwatsembeye abanyamakuru gukuramo imideri itaravuzweho rumwe ubushize dore ko Kigali Fashion Week igiye gutangira ku nshuro yayo ya karindwi.



Mu kiganiro n’abanyamakuru abategura Kigali Fashion Week baherekejwe n'abaterankunga babo ndetse na bamwe mu bazamurika imideri bahanga batangaje ko biteguye gutangiza Kigali Fashion Week ku nshuro yayo ya karindwi, iyi ikaba yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2017 icyakora igikorwa cya nyuma cyayo kikaba ari ibirori byitezwe ku wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2017 muri Kigali Serena Hotel.

Kwambara utwenda tw’imbere gusa byamuritswe nk’imideli igezweho muri Kigali Fashion Week-AMAFOTOIyi niyo myambarire itaravuzweho rumwe muri Kigali Fashion Week iheruka kuba

kigali Fashion weekAbategura Kigali Fashion Week hamwe n'abaterankunga babo

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru abategura Kigali Fashion Week babajijwe niba ntacyo bahinduye ku mideri imwe yamuritswe ubwo Kigali Fashion week yabaga ku nshuro yayo ya gatandatu muri 2016 aha bakaba bavuze ko ntacyo babihinduyeho cyane ko nta kosa bumva bakoze dore ko nibyo itangazamakuru ryanenze ari imwe mu mideri ihangwa n’abanyamideri bityo ko ntacyo bakosoraho umunyamideri mu gihe yaba yihangiye umuderi.

kigali Fashion weekAbari bitabiriye ikiganiro n'abanyamakuru

Babajijwe niba abashinzwe umuco muri Minisiteri y’Umuco na Siporo ntacyo bababwiye igihe byavugwaga ko bangije umuco bakamurika imyambaro yo kogana mu mazi mu ruhame, mu kiganiro na Daniel Ndayishimiye, uyu akaba ari 'Marketing Manager' wa Kigali Fashion Week yabwiye abanyamakuru ko ibintu byose biteguye ku buryo Kigali Fashion Week y’uyu mwaka wa 2017 igomba kugenda neza.

REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DANIEL BRAND MANAGER WA KIGALI FASHION WEEK






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mimi6 years ago
    None se n'ubundi sindeba mu bitabiriye ikiganiro hari uwambaye imyeru nawe usa n'uwaje kumurika bene uriya mudeli. hahaha nzaba mbarirwa ibya rwanda yacu na wa muco twaratiraga amahanga. Rahira ko hatari abagiye kuwuhindura ico!!!
  • akaje6 years ago
    Hahahahahhhhh!!!! Simbona niba ari umunyamakuru nawe yaje yibagiwe kwambara ijipo raaaa!!!! Mwahereye kuruwo munyamakuru





Inyarwanda BACKGROUND