RFL
Kigali

Kate Bashabe yifurije abana batishoboye Noheli nziza n’Umwaka mushya muhire anabaha ibikoresho by’ishuri-AMAFOTO

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:28/12/2017 13:21
2


Umunyamideli akaba na Rwiyemezamirimo ufite inzu imurika imideri izwi nka Kabash Fashion House, Kate Bashabe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ukuboza 2017 abinyujije muri iyo nzu ‘Kabash’ yifurije Noheli nziza abana batishoboye bagera kuri 500 barererwa muri ‘Association Mwana Ukundwa’.



Abo bana bo mu karere ka Huye, bagenewe ibikoresho birimo igikapu cyo gutwaramo ibikoresho by’ishuri, amakaye, amakaramu n’ibindi bikoresho bitandukanye by’ishuri. Kate akaba ahamya ko iki gikorwa cyo gufasha atari ubwa mbere agikoze ariko uyu mwaka yifuje kugisangiza n’abandi ndetse akaba yanahisemo gutanga ibikoresho by’ishuri kuko amashuri ari hafi gutangira kandi akaba azi bimwe mu bikoresho umunyeshuri akenera.

KAte

Kate yishimanye n'aba bana abifuriza iminsi mikuru myiza anabaha ibikoresho by'ishuri

Kate yavuze ko atatekereje ku myambaro cyangwa ibiribwa, ahubwo kuko abanyeshuri bari mu biruhuko yatekereje ibikoresho by’ishuri kugira ngo abashe kugira uruhare mu myigire y’aba bana cyane ko ari abana batishoboye bashobora kugorwa cyane no kubona ibikoresho kuko n’ubwo ‘Association Mwana Ukundwa’ ibafasha ikabarera ariko igihe kigera bagataha mu rugo iwabo nk’uko Rose Mukankaka umuyobozi w’iyo Asosiyasiyo yabitangaje.

KAte

Kate yatekereje ibikoresho by'ishuri kuko amashuri ari hafi gutangira

Abana bahawe ibikoresho bagaragaje ibyishimo batewe n'igikorwa bakorewe, banemeza ko kubifuriza Noheli n’Ubunani byabashimishije cyane kuko ngo bajyaga babyumva ahandi bakibaza niba koko bibaho, ubu babyemeye ko bibaho.

KAte

Abana bishimiye ibikoresho bahawe

Muri iki gikorwa Kate yaherekejwe n’ibyamamare bitandukanye birimo umuririmbyi Mani Martin wanarerewe muri iki kigo cya ‘Association Mwana Ukundwa’ na Christopher baririmbiye abana bahawe ubufasha bakishima ndetse na Jay Rwanda, Rudasumbwa wa Afurika hakaba hari n’abayobozi batandukanye bo mu Karere ka Huye nka Mayor w’ako karere, Kayiranga Muzuka Eugene, Vice-Mayor ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, abayobozi b’Ingabo na Polisi n’abandi.

KAte

Man Martin na Christopher ni bo bahanzi bataramiye aba bana

ANDI MAFOTO:

KAte

Jay Rwanda, Rudasumbwa wa Afurika yifatanyije na Kate muri iki gikorwa

 

KAte

Abayobozi mu nzego z'umutekano (Ingabo na polisi) bari bitabiriye iki gikorwa

KAte

Abana bahawe ibikoresho birimo amakayi, amakaramu, ibikapu n'ibindi

KAte

Abana batewe inkunga bishimiye iki gikorwa

AMAFOTO: KT & Eachamps






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndahiro Bob 6 years ago
    Thank you Kate for putting a smile on these children. God bless your hands
  • paty6 years ago
    God bless u so much kate Good work for real action





Inyarwanda BACKGROUND