RFL
Kigali

Jay Polly, Edouce, Rafiki, Mc Tino na Jack B bataramiye i Rubavu ahakusanyirijwe amafaranga yo kuvuza Ella-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/05/2018 12:40
0


Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu rishyira kuri iki cyumweru tariki ya 06 Gicurasi 2018 abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda barimo Jay Polly, Rafiki, Edouce, MC Tino ndetse na Jack B bataramiye ab’i Rubavu ahakusanyirijwe amafaranga yo kujya kuvuza umwana w’umukobwa witwa Ella.



Ella Gahima uvuka kuri se witwa Kevin yavukanye ikibazo cy’ubuhumekero; amaze gutangwaho agera kuri miliyoni cumi n’umunani (18, 000, 000Frw) ariko byaranze. Afite umwaka umwe n’amezi abiri, abaganga bo mu Rwanda basabye ababyeyi be gushaka amadorali ibihumbi makumyari na bitanu (25,000) akajya kuvurirwa mu gihugu cy’u Buhinde.

Kevin ari we se wa Gahima Ella yatangiye gushakisha aya mafaranga kugira ngo avuze umwana we. Amahoro Tours yo mu karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru asanzwe akoreramo yo yamaze kumwemerera ibijyanye n’amatike y’indege kugenda no kugaruka kugira ngo uyu mwana w’umukobwa azavurwe.

Kevin ni inshuti y’abahanzi kuva cyera; benshi bamushimira umuhate yagaragaje mu kwita no gufasha bamwe mu bahanzi nyarwanda ubu bamaze kubaka izina. Ubushuti bwe n’abahanzi bwatumye hari hamwe muri bo biyemeza kumufasha mu gushakisha ubufasha bwo kuvuza umwana we.

Bamwe muri bo barimo umuraperi Tuyishime Josua wamamaye nka Jay Polly, Mpazimaka Rafiki umwami wa Coga Style Inc,  umunyamitoma Edouce Softman, MC Tino ndetse n’umuririmbyi akaba n’umubyinnyi ubimazemo igihe Jack B. Aba bose bataramiye ahazwi nka River side ku ntambwe nke ngo ukoze ikirenge mu mazi y’ikiyaga cya Kivu ahora asuma.

Ku izuba rya kiberinka ni bwo aba bose bari bageze ahagombaga kubera igitaramo bavuye mu karere ka Musanze. Babanje kwifotoranya n’abafana babo; ubundi bakanyuzamo bagafata n’agafoto ku rwibutso bari ku mazi magari ahishe Gaz Methane.

Iki gitaramo cyatangiye ahagana saa mbiri z’ijoro, itsinda rya The Same ni ryo ryabanje ku rubyiniro, nka bakavukire b’uyu mujyi wa Rubavu bakiranywe urugwiro rudasanzwe, bateraga bakirizwa. Baracyari bato ariko bigaragara ko aba basore bamaze gushinga imizi mu muziki i Rubavu. Baririmbye indirimbo nka ‘Akanoza ngendo’ bakoranye na Oda Paccy; ‘Oh Nana’, ‘Tell me’ , ‘Yumvirize’ n’izindi nyinshi zatumye aba basore bava ku rubyiniro bagikomerwa amashyi.

Bavuye ku rubyiniro batangaje ko banyuzwe n’umubare w’abafana babonye, bavuga ko mu myaka itanu bibona mu ntera idasanzwe ngo barasha kubanza kumenyekana iwabo ku buryo n’ahandi bazahagera bakomerezaho.

tino

MC Tino imbere y'abafana be

Umuhanzi, umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba MC Tino yageze ku rubyiniro mu rwenya rwinshi abatari bamuzi bamwumvaga kuri Radio bati ‘Ese ni uriya’. Yakoze mu nganzo abereka ibikorwa byinshi n'ingufu nyinshi avuga ko yakoze indirimbo nka ‘Wizkid-Busy’, ‘Biramvuna’, ‘Umurima’, ‘Mama Ritah’, ‘My Time’, ‘Mula’. Avuye ku rubyiniro yavuze ko anyuzwe n’uburyo yakiriwe i Rubavu. Avuga ko muri iyi minsi nk’umuhanzi ku giti cye akomeje kwagura muzika ye mu nguni zose.

Jack B yahise akurikiraho. Yabyinishije inkumi biratinda mu ndirimbo nka Swalla y’umuhanzi Jason Derulo yemeza ko basa. Yakoresheje ingufu nyinshi ku rubyiniro akanyuzamo akagera mu bafana akababaza icyo bashaka ko abakorera, akabibutsa ko bavuye i Kigali bagamije gushyigikira mugenzi wabo Kevin kugira ngo abone amafaranga yo kuvuza umwana we.

Mu ndirimbo nka ‘Ikirenge’, ‘Ndabaruta’, ‘Ntawusa Nawe’, ‘Sinakureka’, ‘Mumparire’, ‘Diaspora’, Jack B wari wazirikishije agatambaro ku mutuku umusatsi we yanyuze benshi bamusaba kuguma ku rubyiniro.

Jack B

Jack B yabijijwe icyuya n'inkumi yamubyinishije bigatinda

Nyuma ye haje Edouce Soft Man, nk’umwana iwabo yari ku ibere. Yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe na benshi nk’’Urushinge’, ‘Shuguli’ n’izindi zazamuraga ibyishimo by’inkumi n’abasore bari basomye kuri manyinya; abishoboye bakihengeka ku ruhande bagatumura agatabi.

ku rubyiniro

Iki gitaramo cyasojwe ahagana saa sita abantu bagisaba ko Edouce yakongera gutarama

Mbere y’uko ava  ku rubyiniro yasabye abafana gukomeza gutanga ubufasha bwo kuvuza umwana wa Kevin. Yakubise agatwenge anyuzwe n’umubare w’abafana abonye maze arivugira ati ‘Cyakoze’. Yakomereje mu nshuti ze bakomeza kuganira banasangira n’ibyishimo by’igipfunyika cy’amafaranga yagiye ahabwa n’abafana ubwo yari ku rubyiniro.

Mpazimaka Rafiki umwami wa Coga Inc; nk’umurasita yinjiranye uruvangitirane rw’indimi yavugaga. Abafana bo bari batangiye kuririmba indirimbo ze na mbere y’uko agera ku rubyiniro. Mu ndirimbo ze zakunzwe nka ‘Ikigunda’, ‘Gikomando’ na ‘Tukabyine’ yahagurukije benshi akanyuzamo akabasanga aho basomeraga agacupa.

rafikii

Rafiki wari wizihiwe indirimbo eshatu zirangiye, yasubiye kuganira na Dj amusaba ko yamwongeza izindi. Yakomeje gushimangira urukundo yakunzwe n’abafana be kuva cyera na n’ubu. Yavuye ku rubyiniro yuzuye icyuya. Yashimye abafana be uburyo bamwakiriye anabashishikariza gukomeza kugira umutima wo gufasha abababaye. Rafiki yakiriwe n’umuvandimwe we Jay Polly nk’uko babishimangiye imbere y’imbaga. Babanje kuririmbana nyuma Rafiki aza kumusiga ku rubyiniro. 

polly

Polly ku rubyiniro ashimangira ubuhangange bwe muri Hip Hop

Jay Polly wari wambaye sheneti mu ijosi n’ishati y’amabara menshi yanzitse mu ndirimbo za Hip Hop nka ‘Too Much’ yahagurukije inkumi zari imbere ye, akomereza ku yitwa  ‘Kumusenyi’ abari ku kiyaga cya Kivu baramwikiriza, ‘Vuza Ingoma’ yakoranye na TBB, ahita asaba ko Tino azamuka ku rubyiniro ubundi bacinya akadiho biratinda. ‘Mu mutashye’ yakoranye na Dream Boys yibukije ibihe byiza iyi ndirimbo yagize ubwo yasohokaga, ‘Hisha Munda’ ndetse na ‘Nkundira’ yakoranye na Jack B bahuriye ku rubyiniro rumwe bashimisha ab’i Rubavu.

Muri iki gitaramo hakusanyirijwe amafaranga yo gufasha umwana witwa Kevin Gahima kugira ngo azajye kuvurirwa mu gihugu cy’u Buhinde, kimwe mu bihugu bizwiho kugira ubuvuzi buteye imbere ku isi.

AMAFOTO:

thierry

Rafiki n'umwe mu barinzi ku nkombe z'ikiyaga cya Kivu

abarinzi

Jay Polly acyikijwe n'abashinzwe umutekano be

josua

Jay Polly na Rafiki Mpazimaka basangiye akabisi n'agahiye

jacque

Jack B afata ifoto y'urwibutso ku Kivu

ku mazi

Jay Polly yakuye inkweto asatira umuvumba w'amazi

same

the same

Jay Luv na Jay Fary abasore babiri bagize itsinda rya The same

same yose

Itsinda rya The Same ryeretswe urukundo

abanyamuj

Fatakumavuta [uri hagati] ari kumwe n'inshuti ze

babucyereye

Abanyamujyi bari babukereye

mc tino

tbb

umuzungu

rubavu

Jack BB

umuvandimwe

Uyu mukobwa babyinnye 'Swalla' ya Jason Derulo birangaza benshi

b Jack

i rubavu

Jack B yabyinishije ab'i Rubavu baranyurwa

soft

uyu muzungu

Uyu muzungu yahaye impamba Edouce

umuz

Edouce Softman 

man

coga inc

Abanyabirori ntibatanzwe

inc

incorpation

Bari bizihiwe disi.................

conga

Rafiki yatambutse gitwari

abakobwa bacu

Bacinye akadiho.....abandi bakaraga umubyimba

umuziki

Imyambarire yarangazaga benshi ni yo yari yiganje muri iki gitaramo

polly jay

Inkweto yari yambaye

kabaka

Kabaka ku rubyiniro ati 'Tuff Gang Forever'

inkumi za rubavu

kivu

Igitaramo cyabereye hafi n'ikiyaga cya Kivu

polly na mc tino

MC Tino yasanze Jay Polly ku rubyiniro

bouncer

Umwe mu bashinzwe umutekano 'Bouncer' yatunguranye afatanya na Jay Polly kuririmba

AMAFOTO: Janvier Iyamuremye-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND