RFL
Kigali

Intamabara y'ubutita yadutse hagati ya Neg G na Sajou ikomeje gufata indi ntera-INKOMOKO YA BYOSE

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:13/09/2014 10:29
9


Muri iki cyumweru nibwo hazamutse umwuka utari mwiza hagati y’abaraperi babiri hano mu Rwanda ndetse bamaze igihe kinini mu muziki. Abo akaba ari Neg G the General ndetse na Sajou benshi banazi cyane ku izina rya Nizeyimana mu ikinamico URUNANA.



Ni nyuma gato y’uko umuraperi Sajou ashyize ahagaragara indirimbo ye nshya yise  ‘Itabaruka ryanjye’ maze Neg G uzwiho kuvugira ahabona agahita yerura akavuga ko atishimiye na gato iyi ndirimbo ndetse abangamiwe cyane na Sajou ashinja kumwigana ndetse n’amagambo agize iyi ndirimbo akaba yemeza ko yayamwibye.

Neg

Neg G The General arashinja Sajou kumugendaho no kumwigana

Kuwa Gatatu tariki ya 10 Nzeli 2014, nyuma y’iminsi itanu Sajou ashyize ahagaragara iyi ndirimbo ye nshya, nibwo Neg-G The General yagaragaye ku rukata rwe rwa Facebook yibaza ibibazo bitandukanye kuri Sajou ndetse asaba uyu mugenzi we ko yamuha igisubizo kuko ariwe ukizi.

nsd

Ibi nibyo Neg G yanditse asaba Sajou ko yamuha igisubizo

Aha, Neg G The General akimara kwandika aya magambo, benshi ntabwo bahise bamenya neza igiteye uyu mugabo gutunga urutoki mugenzi we.

nas

Sajou cyangwa se Nizeyimana mu Runana na Hirwa muri Musekeweya nawe yahise agira icyo abivugaho, intambara y'amagambo iba iratangiye

Gusa ibi ntabwo byahise birangirira aho kuko nyuma y’umunsi umwe Neg G yanditse aya magambo, Sajou nawe yahise agaragara ku rukuta rwe rwa facebook yibaza impamvu Neg G akunda kumwibazaho cyane no kumuteza abantu, ashimangira ko ari  ubwa kabiri amushinja kumwigana nyamara we akavuga ko ntamwanya yabibonera ko ahubwo abifata nk’urwenya yaba ashaka kwiterera dore ko Sajou anashimangira ko Neg G atamurusha kwandika amagambo y’indirimbo.

bsjd

Nyamara n’ubwo Sajou we yagaragazaga ko ibyo Neg G yanditse yabifashe nk’urwenya, ndetse akaza kugaragara no ku rukuta rwa Neg G amubaza niba ibyo yanditse ataba yashakaga kwisekereza abantu, ntabwo byahise birangirira aho kuko noneho aba bagabo bahuriye ku rukuta maze buri wese arerura avuga ukuri ku murimo ndetse birushaho gufata indi ntera ari nako benshi mu babakurikirana bagenda barushaho kwinjira neza mu kibazo cyabo gusa aba bagabo n’ubundi kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu bari batarabasha kumvikana ahubwo guterana amagambo no guseserezanya birimo birushaho gufata indi ntera.

Reba uburyo bagiye baterana amagambo

nask

ams

Aha, Sajou yandikaga ku rukuta rwa Neg G

asnm

Neg G yahise aza asobanura uko byifashe anagaragaza uburakari bwinshi ariko abwira amagambo akomeye abantu batamuvugaga neza

ams

ans

Sajou yageragezaga kwisobanura agaragaza ko ibyo Neg G atekereza ntaho bihuriye n'ukuri

as

Producer Trackslayer nawe wavugwaga muri iki kibazo yaje guca urubanza ariko Neg-G abitera utwatsi

anms

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y'iminsi ine aba bagabo batangije uru rugamba rwo guterana amagambo, ntabwo barabasha kumvikana.Ibi biraza kugarukira he? Ese ubundi birakwiye?

Neg-G avuga ko Sajou yaba yaragiye muri studio kwa producer Trackslayer akumviriza amagambo agize indirimbo ye nshya yateganyaga gusohora yitwa IBAZE NUPFA, maze uyu Sajou akayigana akayagenderaho akora indirimbo ye nshya yise ITABARUKA RYANJYE ari nayo ntandaro y’uyu mwuka mubi, gusa n’ubwo Producer Trackslayer nawe yaje kwinjira muri iki kiganiro akagaragaza ko barimo bapfa ubusa agashimangira ko Sajou ibyo arimo asobanurira Neg G(ko bahuje igitekerezo atigeze ashingira indirimbo ye ku magambo y’indirimbo IBAZE NUPFA)ariko byagenze, Neg G yanze kuva ku izima.

ans

Sajou yari amaze igihe kinini atagaragara mu muziki ahugiye mu masomo n'ikinamico, gusa mu kugaruka ahise yisanga mu bibazo na Neg G

Kanda hano wumve indirimbo 'Itabaruka ryanjye' hamwe n'izindi ndirimbo za Sajou

Aba baraperi basanzwe bazwiho kuba mu bihe bishize bari inshuti zisanzwe ndetse bakaba baragiye bahurira mu ndirimbo zitandukanye harimo Soldiers remix ya Sajou yari yatumiyemo abaraperi nka Dany Nanone, Neg-G, Ciney na Ice rylm, n’ubwo rimwe na rimwe n’ubundi ibibazo nk’ibi byigeze kuvuga hagati yabo ahagana mu mwaka wa 2011.

amka

Neg G akunze kugirana ibibazo n'abaraperi bagenzi be gusa akubaha ndetse akaba inshuti y'umuraperi Pfla

Bamwe mu bazi Neg G batangiye kwemeza ko ibi bitari burangirire gusa kuri facebook ko ahubwo uyu muraperi ashobora kuza kwibasira uyu mugenzi we abinyujije mu ndirimbo ze nk’uko yakunze kujya abikora ku bahanzi bagenzi be bagiye bagirana ibibazo.

Kanda hano wumve zimwe mu ndirimbo za Neg G The General

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ntayo9 years ago
    ubucucu .com
  • mouna 9 years ago
    hahahha aba bastaru bacu batukanira muri comments kuri facebook rwose hahah
  • belinda9 years ago
    es koko neg.g bamwigana iki kuki azima agashaka kuba umu star azna beef nahimbe tumubone areke kwitwaza undi mwana cg awuvemo tubimenye
  • roger 9 years ago
    Ariko se neg azahora mu bibazo n abagenxi be we yumva atabirambiwe ??niba kuririmba bimunaniye yatuje akaba umufana nkuko natwe twee turibo ??
  • Fidele9 years ago
    baraziranye bariya ba peti
  • pailo9 years ago
    wap basaz nt bef mumzk mugabany
  • YVES9 years ago
    NEG G NUMUSAZA MUGAKINO BUT AMAGAMBO SI NGOMBWA AHUBWO NAKORE AREKE GUTA IGIHE
  • Jojo9 years ago
    Neg nagabanye itabi na mugo areke umwana yikorere
  • 9 years ago
    wowe wa postinze ibi urumu nyarwnda





Inyarwanda BACKGROUND