RFL
Kigali

Inkuru y’urukundo rwabo yahize izindi bahembwa gutemberezwa i Kigali bari bagezemo bwa mbere-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:17/02/2017 16:42
7


Mu minsi ishize abakundana bizihizaga umunsi w’abakundanye ku Isi. Ubwo hitegurwaga uwo munsi mu Rwanda radiyo ya Royal Fm yasabye abantu inkuru z’urukundo banyuzemo kugira ngo inkuru ikundwa ba nyira yo bazahembwe bishimishije. Umuryango uba muri Gakenke ni wo wabashije kwegukana iki gihembo.



Ubwo n'abandi batangaga inkuru zabo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga cyangwa guhamagara kuri Radiyo, umuryango wa Ndacyayisenga Donatha na Byosenimana Elisa w'i Gakenke na wo watanze ubuhamya bw’uko babanye, maze inkuru yabo ihiga izindi bituma bahembwa gutemberezwa mu mujyi wa Kigali bari binjiyemo bwa mbere ndetse bacumbikirwa ahantu heza banatemberezwa mu modoka zigezweho.

AissaAissaAissaNdacyayisenga Donatha na Byosenimana Elisa babanje kujyanwa muri saloon batunganyirizwa mu mutwe

Ndacyayisenga Donatha na Byosenimana Elisa bibera mu karere ka Gakenke bakoze ubukwe, ariko bataramarana kabiri (nyuma y'amezi abiri) umugabo akora impanuka avunika umugongo bimuviramo kutabasha kubaka urugo (gukora imibonano mpuzabitsina, gusa kubw'amahirwe bakaba bari bamaze kubyarana umwana umwe w'umuhungu. Kugeza n'uyu munsi umugabo aracyafite ubwo burwayi ariko umugore we yakomeje kumuba hafi amwereka urukundo nyarwo. Iyi nkuru y'urukundo rwabo akaba ari yo yatumye bahabwa igihembo batemberezwa i Kigali.

AissaAissaAissaIyi ni yo nyubako babagamo

Kwihanganira umugabo bigendekeye gutyo ni ubutwari bukomeye ariko umugore we ahamya ko yabishobojwe n'uko yakunze umugabo we ndetse akimukunda kuba rero yarahuye n’iki kibazo bikaba bitari kumutera kumuta ahubwo yumva uko yamukunze yakomeza akamuba hafi ndetse akanamurwaza. Ibi uyu mugore yabivuze ubwo yagarukaga ku rukundo rw’aba bombi.

AissaBazengurukijwe Kigali mu modoka nzizaAissaAissa

Umunyamakuru Aissa Cyiza niwe wabakiriye muri studio

Iyi nkuru nyuma yo guhiga izindi byatumye ba nyirayo bahembwa, igihembo cyabo kikaba cyari ugutemberezwa umujyi wa Kigali mu modoka nziza, bagakoresherezwa umusatsi ndetse bagahabwa n’icumbi ryiyubashye muri uyu mujyi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kiki7 years ago
    Ubonye nibura iyo baba ha cash
  • Bayoge7 years ago
    Ubona iyo mumukorere ubuvugizi akavurwa agakira!kuko iyo uvuwe ninzobere iyonrwara irakira.
  • Ombeni Jean de Dieu7 years ago
    Kabis This Is Love Kweri
  • Roma7 years ago
    Nibyiza, Ariko niyo banana inking yamafaranga Byars kuba byiza kurushaho
  • tunda7 years ago
    ubwose mwabafashije iki hahhh
  • Micomyiza bright7 years ago
    Icyogikorwa nicyiza mukomerez'who gusa ubutaha muzategure byibuze igihembo muzakigeho cyane kuko urabona nkabongabo gutemberagusa ntibyaribihagije nkubutaha muzarebe nkikintukiramba kandigihora kibukwa urugero kububakira ' ibikoresho byomurugo' impano yitungo' nibindi bitandukanye bikurikije nicyo uwatsinze akeneye arikomubona kizamufasha nejohazaza. Murakoze murakarama.
  • Emmy7 years ago
    Nje numva barabakinishije kuko muvyukuri barikubaha na10miles basi





Inyarwanda BACKGROUND