RFL
Kigali

Igikombe cya video nziza, Miley Cyrus yahawe muri 2014 cyashyizwe ku isoko

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:30/08/2016 12:45
0


Umusore witwa Jesse Helt yashyize ku isoko igikombe Miley Cyrus yagenewe mu birori bya MTV Video Music Awards muri 2014. Iki gikombe kikaba kiri gutezwa cyamunara guhera ku bihumbi 10 by’amadolari, gusa bikanavugwa ko ufite ibihumbi 15 wahita ucyegukana ako kanya.



Muri 2014 Miley Cyrus yahawe igihembo cya video nziza kubera indirimbo ye Wrecking Ball ariko ntabwo ari we wagiye kucyakira kuko ubwo yahamagarwaga, undi musore witwa Jesse niwe wagiye kukimufatira, uyu musore akaba yari yahawe ayo mahirwe na Miley kubera ibibazo yari afite byo kutagira aho aba mu mujyi wa Los Angeles, muri ibi birori bya MTV VMAs bya 2014 uyu musore yafashe iminota 15 aganiriza abari aho uko kutagira aho uba bimera ndetse Miley Cyrus yicwa n’amarangamutima ararira.

 

Jesse Helt yafashe umwanya ungana n'iminota 15 avuga ubuzima bwo kubaho nta ho kuba ugira

Miley Cyrus yakozwe ku mutima n'imibereho y'abatagira aho baba ararira

Uyu musore abantu be ba bugufi bavuga ko ashobora kuba agiye kugurisha iki gikombe kubera ko ari kwitegura kwibaruka, ndetse ngo aya mafaranga akaba azamufasha mu myiteguro y’uyu mwana agiye kubyara, dore ko ngo amaze gufatisha ubuzima mu buryo buringaniye kuko ibyo kutagira aho aba yari amahitamo ye ngo kuko yabonaga gukomeza kwicara iruhande rwa nyina bitatuma agera ku nzozi ze dore ko ubu ari umunyamideli.

Jesse Helt na Miley Cyrus

Iki gikombe yagiye kwakirira, Miley Cyrus cyanditseho amazina ye ndetse n'ay'uyu musore. Kuva Jesse Helt yacyakira akaba yarakomeje kukibika. 

0829_vma_moonman_ebay_SUBIki gikombe cyanditseho amazina ya Jesse n'aya Miley






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND