RFL
Kigali

HUYE:Ubwitabire bwari hejuru mu bitabiriye amarushanwa yo kwiga mu ishuri rya muzika rya Nyundo–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/01/2018 9:31
0


Ubuyobozi n’abarimu b’ishuri rya muzika ku Nyundo muri iyi minsi bari kuzenguruka igihugu bashakisha abanyeshuri baziga muri iri shuri mu mwaka w’amashuri 2018. Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mutarama 2018, iki gikorwa cyari kigeze mu karere ka Huye, aho abanyeshuri bari bitabiriye ari benshi bose bahatanira kujya kwiga mu ishuri ry'umuziki



I Huye bahageze nyuma ya Musanze, Rubavu na Rusizi. Aha hose bagiye batoranya abanyeshuri bifuza kwiga mu ishuri rya muzika rya Nyundo. Kugeza ubu i Huye hafite umwihariko w'uko mu ho bamaze kujya hose ariho hagaragaye umubare munini w’abashaka kwiga mu ishuri rya muzika rya Nyundo cyane ko hitabiriye abarenga mirongo itandatu.

Muri aya majonjora abari bagize akanama nkemurampaka ni; Pastor Aimable Nsabayesu, Murenzi Janvier na Might Popo na Ben Ngabo Kipeti nk’ibisanzwe. Aya marushanwa yitabiriwe cyane cyane n’urubyiruko rurangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye bagaragazaga impano mu kuririmba, gucuranga n’ibindi bifite aho bihuriye n’umuziki.

nyundohuyehuyeHuye abahatana bari benshihuyehuyehuyehuyehuyeHuye n'abigitsinagore bari bitabiriyehuyeByanze bikunze uyu ararapa tuhuyeMight Popo umuyobozi w'iri shurihuyehuyehuyehuyeI Huye abanyehuri bahatanye ku rwego rwo hejuru

AMAFOTO: IHORINDEBA Lewis-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND