RFL
Kigali

HUYE: Icyo Oda Paccy yatangaje nyuma y’igitaramo cya PGGSS7, n'icyo avuga ku ipantaro yamucikiyeho ku rubyiniro-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/05/2017 10:35
2


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2017 ni bwo mu mujyi wa Huye habereye igitaramo cya mbere cyo gufungura irushanwa rya PGGSS7, muri iki gitaramo buri muhanzi yiyeretse abakunzi be ndetse agerageza kubashimisha Oda Paccy we wari witwaye neza yahuye n’isaganya ipantaro imucikiraho bituma abigarukaho nyuma yiki gitaramo.



Muri iki gitaramo umuhanzikazi Oda Paccy yitwaye neza ku rubyiniro aho yifashishije n'ababyinnyi bamufashije kubyinira abafana be, icyakora kabone nubwo byagenze gutyo uyu muhanzikazi ubwo yageragezaga kubyina ipantaro yamucikiyeho, uku gucika Paccy akaba yatangaje ko ari impanuka yamubayeho ndetse anabisabira imbabazi ababa babifashe nabi.

REBA HANO UKO ODA PACCY YITWAYE I HUYE

Uyu muraperikazi kandi yabwiye umunyamakuru wa Inyarwanda.com ko yamaze guhindura imyambarire dore ko agiye gutangira kwambara nk’umuraperi akagaragara mu isura y’umuraperikazi nyawe aha kandi Paccy yishimiye bikomeye ibyavuye mu gitaramo yakoreye mu mujyi wa Huye kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gicurasi 2017.

AMAFOTO YA PACCY IPANTARO YAMUCIKIYEHO:

Oda PaccyOda PaccybruceOda Paccy ipantaro yamucikiyeho irifungura ku buryo byamubangamiye ku rubyiniro

UMVA HANO BYINSHI PACCY YATANGAJE AVUYE KU RUBYINIRO NDETSE ANAVUGA KU IPANTARO YAMUCIKIYEHO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Keza6 years ago
    Yewe niyihangane ariko abamuri hafi bamubwire ko mukorogo iri kumwangiza rwose bikabije. Reba izo ntoki wagirangirango n'ibijumba bipfubye. Turamwera uko iri kd tubona akeye. Mukorogo yamugize akavumburamashyiga
  • Joshua6 years ago
    Iyo pantalon irafashe cyane surtout munda haragutse ngirango. Niyihangane njye ndaboona ahari aricyo cyayiciye. Ariko rero wa mugani ibivuta arimo kwisiga biramukoza isoni pe! Mbega bibi weeee ukuntu yagiraga agakara keza none dore uko yihinduye. Urabyangije kabisa Passy aho wakibaze nabi pe





Inyarwanda BACKGROUND