RFL
Kigali

Gospel Flava2:Patient Bizimana yasobanuye impamvu yaririmbiye abantu 2 muri stade nzima

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:24/02/2015 13:02
4


Kuri iki cyumweru tariki 22/02/2015 nibwo habaye igitaramo Gospel Flava ku nshuro ya 2. Nubwo igitaramo cyari giteguye neza ariko kuba cyaratinze gutangira, ndetse gahunda zimwe na zimwe ntizihutishwe, byatumye abantu bagenda bitahira kugeza ubwo ku musozo Patient Bizimana yagiye kuririmba hasigaye abantu mbarwa muri stade nzima.



Patient Bizimana ni umuhanzi uririmba indirimbo zahimbiwe Imana. Yamenyakanye cyane ubwo yaririmbaga indirimbo ‘Menye neza’. Ubwo igitaramo Gospel Flava 2 cyaganaga ku musozo , abantu basaga nk’abashize muri Petit Stade ari naho iki gitaramo cyari cyabereye, kuburyo yashoboraga no kutaririmba kuko mugenzi we Aime Uwimana atigeze aririmba kandi yari yageze ahabereye igitaramo nubwo tutabashije kumenya  impamvu yabiteye .

Kanda hano urebe uko igitaramo cya Gospel Flava 2 cyagenze

Aba nibo bantu Patient Bizimana yaririmbiye ubwo igitaramo cyendaga gusozwa

Aba nibo bantu Patient Bizimana yaririmbiye ubwo igitaramo cyendaga gusozwa

Patient Bizimana

Nubwo abantu bari bake ntibyaciye intege Patient Bizimana

Nkuko uyu muhanzi yabisobanuriye inyarwanda.com ubwo twashakaga kumenya impamvu yatumye yiyemeza kwitanga akaririmbira abantu bake bari basigaye, Patient yavuze ko kuririmba kwe kudashingira ku mubare w’abantu ahubwo ko gushingara ku gutanga ubutumwa bwiza bw’uwo yamenya kandi agomba guhamya.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO UBWO BUNTU YA PATIENT BIZIMANA

Patient Bizimana

Patient ati "Menye neza"

Patient ati”Impamvu naririmbye ni uko  kuririmba kwanjye  bidashingiye  ku mubare w’abantu  niyo yaba ari umwe ariko nkamubwira ubutumwa bwa Kristo Yesu namenye bimpa amahoro n’umunezero. Intego yanjye  ya mbere  ni ukwamamaza Kristo niyo ntego nyamukuru.

Gusa nubwo Patient avuga ko umubare w’abantu wose uko waba ungana bitamubuza kuririmba, avuga ko kuririmbira abantu  benshi aribyo bifasha cyane kurusha uko waririmbira abantu mbarwa.

Ati”Itandukaniro riri ku rwego rw’umuhanzi. Iyo abantu ari benshi biragufasha kuko wumva ugize imbaraga(motivé) cyane nk’umuhanzi. Naho abantu bakeya biterwa na scene. Hari aho ujya kuririmba witeguye benshi , iyo usanze ari bakeya  mu bitekerezo byawe wari witeguye benshi urabikora ariko si nkuko waririmba ahri abantu benshi.”

Reba hano amashusho y’indirimbo 'N’ushimwe ' ya Patient Bizimana yakoranye na Dudu w’I Burundi

Nkuko Patient yakomeje abidutanagariza kuri ubu ikimuraje ishinga ni igitaramo cyo kuramya Imana ari gutegurira abakunzi b’Indirimbo zaririmbiwe Imana. Iki gitaramo kikazabera muri Serena Hotel mu kwezi kwa Werurwe, irariki ikazayitangaza mu minsi ya vuba. Patient kandi arateganya kugeza ku bakunda kuramya indirimbo amashusho y’indirimbo ‘Ubwo buntu ‘ mu minsi ya vuba. Aya mashusho akaba ari kuyatinganyirizwa na Producer Saleh, umwe mu bamaze kugira uburambe muri aka kazi no gukora amashusho afite ireme.

R.Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • just9 years ago
    Ntacyo bitwaye muntu wanjye icyangombwa nuko ukora ibyo usabwa gukora naho kuba abantu ari bake ntibikagucyerereze gusa ubutaha bazarebe uko babikosora.
  • money9 years ago
    himba iz'isi urebe ko tutaza.
  • Anny9 years ago
    wowe Money ujye umenya ko ibyisi bizashira ndetse uzi benshi babisize ariko Imana yo izahoraho.Yezu akugirire neza.
  • Ndayisaba9 years ago
    icyingenzi ni message KANDI warayitanze BURYA niyo hazakuba ari umuntu umwe uzihana YESU CHRISTO ntiyari kwanga kwitanga KANDI YESU atubera INDORERWAMO COURAGE KUKO IBIHANGANO BYAWE BISANA BENSHI PATIENT.





Inyarwanda BACKGROUND