RFL
Kigali

Nyuma yo gusura urwibutso rwa Gisozi, Chameleone yasabye abanyarwanda kuba mu Mana cyane

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:29/06/2015 16:02
3


Nyuma yo gusura urwibutso rwa Gisozi, Jose Chameleone yasabye abanyarwanda kugirirana urukundo hagati yabo ndetse bakizera Imana kugira ngo hatazongera kubaho Jenoside aho umuntu yamburaga ubuzima mugenzi we kandi atarabumuhaye.



Ku itariki 26 Kamena 2015 nibwo Jose Chameleone yaje mu Rwanda aje gukora ibitaramo binyuranye yari yatumiwemo na Radiyo ya Royal FM. Mbere gato y’uko akora ibi bitaramo, yabanje gusura urwibutso rwa Gisozi rushyinguyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Ku isaha ya saa cyenda n’iminota icyenda z’umugoroba nibwo uyu muhanzi yari ageze ku rwibutso rwa Gisozi. We n’abari bamuherekeje babanje gusobanurirwa amateka urwanda rwanyuzemo muri Jenoside ndetse berekwa filime ngufi igaruka kuri aya mateka. Chameleone na bagenzi be bazengurukijwe ibice byose bigize urwibutso ari nako basobanurirwa amateka anyuranye. Chameleone wabonaga afite inyota ikomeye yo kumenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko byagaragaraga ko hari bike azimo.

Chameleone ku rwibutso

Chameleone na bagenzi be bari bazanye mu Rwanda bageze ku rwibutso rwa Gisozi

Gusura urwibutso rwa Gisozi ku nshuro ya mbere byatumye asobanukirwa byinshi yagiye yumva kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Nyuma yo kuzengurutswa urwibutso rwose, uyu muhanzi yavuze ko ibyabaye mu Rwanda ari ibintu bibaje ndetse ko atiyumvisha uburyo abantu bishe bagenzi babo kandi bahuriye kuri  byose.

Mu kiganiro kigufi yagiranye n’abanyamakuru Chameleone yashimye ko Abanyarwanda bari gusigasira amateka y’ibyabaye mu rwego rwo kubaka ameza y’igihe kizaza. Yagize ati  “Nishimiye kuba ndi umwe mu banyafurika babashije gusura urwibutso rwa Gisozi. Nishimiye ko Abanyarwanda bari gusigasira amateka y’ibyabaye mu rwego rwo kubaka ejo hazaza heza. Abasoma bibiriya basoma igitabo cy’itangiriro, hagaragaza ko ubuzima ari impano Imana yahaye abantu, dukwiye kugirirana urukundo hagati yacu, mu rwego rwo kwirinda ko hazongera kubaho ibintu nk’ibi aho bigera umuntu yambura undi ubuzima yahawe n’Imana. Ikindi kandi ndashishikariza abanyarwanda kuba mu Mana cyane.”

MU MAFOTO:UBURYO JOSE CHAMELEONE YASUYE URWIBUTSO RWA GISOZI  

Basobanurirwa

Basobanurirwa

Basobanurirwa muri make amateka y'urwibutso rwa Gisozi n'impamvu rwubatswe

Ashyira indabo ku mva

Chameleone ashyira indabo ku mva zishyinguyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Chameleone

Asobanurira umujyanama we ko ubwo abadage bazaga mu Rwanda aribwo ibintu byahindutse

Yitegereza

Yitegereza

Ntacyamucikaga atacyitegereje

Chameleone

Chameleone

Ntiyuyumvishaga uburyo abantu bahuriye kuribyose baje kuvuga ko atari bamwe

Chameleone

Asinya mu gitabo

Yasinye mu gitabo cy'uko yasuye urwibutso rwa Gisozi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • maikon8 years ago
    dore kandi za ngofero, ibi bintu ntitwabyamaganye umuntu wambara ingofero koko ahantu nka hariya ubwo aba ahaye icyubahiro igihugu, ibi ntago bikwiriye
  • k8 years ago
    harya nti hari uwo mwigeze kuvuga nabi ngo yambaye ingofero? aba ko mbona bazambaye bakongeraho na ma pocket down yabo, sha nta cyubahiro mbona bano baha abazize genocide, keretse niba muba mubashakaho cash ark uku si ukububaha
  • patrick8 years ago
    abashinjwe gutembereza abaje gusura urwibutso bakwiye kubazwa impamvu batabwiye aba bagaboko bakuramo ingofero, kuko ntabwo chamilion nabagenzibe bakwibwiriza kuzikuramo, icyaha cyakozwe nabashinzwe urwibutso nibatange ibisobanuro kuko ntabwo bidushimishije rwose





Inyarwanda BACKGROUND