RFL
Kigali

GASABO: Petit Stade yuzuye, abantu amagana bakurikiranira hanze igikorwa cyo gutangaza amajwi–AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:5/08/2017 15:44
0


Nkuko n'ahandi byagenze mu karere ka Gasabo abaturage bari bateguriwe aho bagomba gukurikiranira ibiri kuva mu matora y’umukuru w’igihugu, ubwitabire bwari hejuru ku buryo abantu benshi iki gikorwa bagikurikiraniye hanze ya Petit Stade i Remera.



Ku isaha ya saa Mbili z’ijoro abantu bari batangiye gusubizwa iwabo nyuma yuko Petit Stade yari yakubise yuzuye abaturage bashakaga gukurikiranira hamwe uburyo ibiva mu ibarura ry’amajwi bihagaze, nyuma yuko Stade ikubise ikuzura, abashinzwe umutekano bahisemo kubuza abantu kongera kwinjiramo maze nabo bagerageza kubikurikiranira hanze ya Stade ariko batayiri kure.

REBA HANO UKO BABYINAGA KURI PETIT SITADE AMAHORO

Umurindi w’aba baturage wumvikanye kuva bakigera muri stade kugeza mu ma saa munani dore ko bo batigeze batuma n’amajwi barangiza kuyatangaza dore ko ubwo bamaraga gutangaza ibyavuye mu turere dutatu twa mbere stade yose yahagurutse igatangira kubyina intsinzi igitaramo kigahita cyanzika.

REBA AMAFOTO:

GasaboIyi Band niyo yagombaga gucurangira abitabiriye uyu muhangoGasaboStade yuzuye kareGasaboByari ubukwe mu bundiGasaboUyu yahise akora umushinga mushikake zibona isokoGasaboHanze abantu bari babuze uko binjirastadeNi gutya stade yari yuzuyeGasaboBahisemo kutajya kure ya stadeGasaboBari bakurikiye uyu muhangoGasabobakurikiranye uyu muhango umutuzo wari woseGasaboBenshi batashye bazi neza Basile Uwimana umunyamakuru wabasomeye mu mibare uko byifashe mu turere tunyuranyeGasaboIbyavuye mu turere dutatu byari bihagije ngo bahite batangira kwibyinira intsinziGasaboGasaboGasaboGasaboGasaboIngeri zose z'abatuye Gasabo bari baje kubyina intsinzi

AMAFOTO: NSENGIYUMVA Emmy-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND