RFL
Kigali

Gakenke: Inkumi yo kuri Base yabyinishije ku buryo bukomeye Mc Buryohe uyobora ibitaramo bya PGGSS8-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/06/2018 17:09
2


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018 ni bwo abahanzi bahatanira irushanwa rya PGGSS8 bajyaga mu karere ka Gakenke gususrutsa abakunzi babo banabibutsa uko gahunda zo gutora abahanzi zihagaze cyane ko abahanzi bose uko ari icumi bari muri PGGSS8 bari guhatanira Miliyoni 15 zizegukanwa n’uwatowe cyane.



Ibi bitaramo byiswe ‘Mini roadshows’ bitegurwa na Bralirwa ifatanyije na EAP mu rwego rwo gufasha abahanzi gukomeza kwiyamamaza mu baturage ngo babahe amajwi cyane ko uzatorwa cyane kurusha abandi azegukana miliyoni cumi n'eshanu mu gihe uwa mbere uzatorwa n'abagize akanama nkemurampaka we azegukana miliyoni 20. Muri iki gitaramo cya gatatu cyabaye ku wa Gatandatu tariki 23 Kamena 2018 umwe mu bakobwa bari baje kwihera ijisho igitaramo yabyinishije Mc Buryohe ku buryo abafana bari aho bahavuye bishimiye bikomeye iyi nkumi yo kuri Base.

Ibi bitaramo bito bitegurirwa abahanzi bizakomereza Kimironko mu mujyi wa Kigali mu minsi iri imbere mu gihe ibitaramo binini nabyo birimbanyije dore ko muri bitanu byari biteganyijwe kuri ubu bitatu byarangiye hakaba hasigaye bibiri harimo ikizabera mu karere ka Rubavu ndetse no mu mujyi wa Kigali hazabera igitaramo cya nyuma.

REBA HANO UKO BYARI BYIFASHE I GAKENKE MU ISOKO RYA BASE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ntare5 years ago
    Ibi bintu biba biteye iseseme kweli
  • aline5 years ago
    alikwibibera muri gumaguma nihatari, nkubu uyumukobwa abayanyoye ilihetabi koko??? ese nibarize habaho viagra yabagore ra? ni danger





Inyarwanda BACKGROUND