RFL
Kigali

EAP yakuyeho urujijo ku matora y’abahanzi bazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 8

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:23/02/2018 18:17
7


Guhera mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 22 Gashyantare 2018 hadutse igihuha cy’uko abahanzi bazitabira Primus Guma Guma Super Star ya munani (PGGSS8) batorwa ku wa Gatanu tariki 23 Gashyantare 2018, iki gihuha cyafashe indi ntera cyane ko cyageze no mu bahanzi bari bameze nk’abakanguwe, icyakora nyine iby’igihuha bihora ari ibihuha nyine.



Amakuru yizewe anyomoza iki gihuha yatangajwe na Easty African Promoters (EAP) isanzwe itegura iri rushanwa binyuze ku muyobozi wayo Mushyoma Joseph wabwiye Inyarwanda.com ko aya ari amakuru y’ibihuha, ahamya ko aya matora adahari ndetse ko amakuru yatangajwe atavuye mu bategura iri rushanwa ahubwo ari ibihuha abantu bahimbye byo kugira ngo batere ubwoba abahanzi.

PGGSS8Bamwe mu bahanzi bari batangiye gusaba gutorwa

Mushyoma Joseph yabwiye Inyarwanda.com ati”Ni amakuru y’ibihuha nanjye yangezeho ahubwo bimaze kuba byinshi ariko siyo, nta matora twateguye uyu munsi, ni byo koko amatora azaba ariko si uyu munsi. Hari ibikiri gutunganywa nibimara kujya ku murongo tuzabamenyesha ko amatora agiye kuba n'igihe azabera ariko icyo nabwira abantu ibyo ni ibihuha ntibabihe agaciro.”

Abajijwe niba byibuza aya makuru yaba ibihuha yagira byibuza yenda guhuza iminsi n’umunsi w’amatora nyiri izina Mushyoma Joseph yabwiye umunyamakuru ko aya matora najya kuba bazabitangaza ariko kandi anongeraho ko atari muri uku kwezi kwa Gashyantare 2018, ati “Amatora abaye ntabwo ari muri Gashyantare 2018, oya rwose hatagira n'ukomeza kubabeshya igihe nikigera twe tuzabitangaza kandi buri wese azabimenya.”

PGGSS8

Uzegukana igihembo azaba asimbuye Dream Boys  

Iri rushanwa rihuza abahanzi bakomeye hano mu Rwanda byitezwe ko rigomba kuba muri uyu mwaka hashakishwa umuhanzi wambura igikombe itsinda rya Dream Boys ryacyegukanye muri 2017. Tubibutse ko iri rushanwa niriba rizaba ribaye ku nshuro ya munani. Iri rushanwa rimaze kwegukanwa n'abahanzi bakomeye barimo Tom Close, King James, Riderman, Jay Polly, Butera Knowless, Urban Boys ndetse na Dream Boys iherutse kukegukana.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • niyigaba6 years ago
    Nizere ko kitoko na pedro someone na jay c batazaburamo?
  • GAHAKWA6 years ago
    Abantu banywa inzoga ku isi,ni billions/milliards nyinshi.Kandi zinjiza imisoro y'ibihugu ibarirwa kuli Trillions z'amanyarwanda.Dukurikije ibyo abiyita Abarokore na Pastors benshi bavuga,abantu bose banywa inzoga,baba bakora icyaha.Ariko se koko kunywa inzoga nkeya ni ICYAHA?Reka turebe icyo Bible ibivugaho. Nubwo amadini menshi yigisha ko Kunywa INZOGA ari icyaha,ntabwo ariko Bible ivuga.Imana yemera ko umuntu ashobora kunywa VINO nkeya.Bisome muli Tito 2:3 na 1 Timote 3:8 hamwe na 1 Timote 5:23.Bible ivuga ko VINO ishimisha abantu.Byisomere muli Zaburi 104:14,15.Imana iha VINO cyangwa INZOGA abantu ikunda.Nabyo bisome muli Yesaya 25:6 na Gutegeka 14:26.Mwese muribuka ko YESU yatanze Vino mu bukwe bw'i Kana.Ntabwo yatanze umutobe nkuko bamwe bahimba.Icyo imana itubuza,ni ugusinda (Abefeso 5:18).Kandi ikavuga ko “ABASINZI” batazaba mu Bwami bw’imana (1 Abakorinto 6:9,10).Aho gupfa kwemera ibyo Pastors bigisha,mujye mwiga Bible neza,kugirango mumenye UKURI.
  • Dodos 6 years ago
    Nizere ko YVERRY atazaburamo nubwo Bruce Melody ariwe ugomba kugitwara
  • Olga6 years ago
    Senderi yarisabiye nyabusa mumufashe, mumukorere mu ngata pe!!!!
  • Niyitanga J6 years ago
    Nizerako Mr. Kagame , Davis D na Diyen batazaburamo kuko barigukora cyane abo basore.
  • Oliane6 years ago
    Nizereko itsinda the same ritazabura na Oda paccy
  • Nancy Bwiza6 years ago
    Ok ni byiza ku makuru muduhaye gusa nizereko umuhanzi Crezzo G Samuelo atazaburamo kuko yarakoze cyane kbsa





Inyarwanda BACKGROUND