RFL
Kigali

Dream Boys basubiye kuri gakondo yabo bashyira hanze indirimbo nshya ‘Wagiye kare’ ishingiye ku nkuru mpamo-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:5/03/2018 10:09
3


Nemeye Platini ndetse na Mujyanama Claude cyangwa se TMC nkuko benshi babazi ni abasore bagize itsinda rya Dream Boys, iri tsinda ubwo benshi barimenyaga bari barizi nk’itsinda ririmba indirimbo zirimo ubutumwa bwihariye kandi bukora benshi ku mitima ariko mu minsi ishize aba bahanzi basaga nabahugiye mu zindi ndirimbo gusa ngo bagarutse.



Ibi byahamijwe na Platini mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.com aha akaba yahamirije Inyarwanda.com ko iyi ndirimbo nshya yabo ari indirimbo gakondo yabo nkuko abantu babamenye bagitangira ariko nanone ahamya ko izi arizo ndirimbo baba bashaka gukora nubwo biba bigoye cyane ko kubona indirimbo nk’iyi atari ibintu biborohera.

Aha Platini yagize ati” Iyi niyo gakondo yacu,iyo tutarabona indirimbo nk’iyi ntabwo tuba dutuje na gato ninayo mpamvu ari indirimbo twitiriye Album yacu nshya.” Aha Platini yabajijwe impamvu basaga nabatannye abwira Inyarwanda.comko ikibazo atari ugutana ahubwo nabo baba bifuza indirimbo nk’iyi ariko kuyibona bitaba ari ibintu byoroshye.

Dream boysDream Boys itsinda riteganya kumurika Album yabo nshya vuba aha

Iyi ndirimbo nshya ya Dream Boys ‘wagiye kare’ Nemeye Platini yabwiye umunyamakuru ko ari indirimbo ishingiye ku nkuru mpamo y’umunyeshuri umwe biganye wamuganirije iby’inkuru y’ubuzima bwe bityo amwemerera kuba yayikoresha mu ndirimbo igitekerezo cyayo kiza ubwo.

Iyi ndirimbo nshya ya Dream Boys ‘wagiye kare’ ni indirimbo isohokanye n’amashusho yayo ikaba yarakozwe mu buryo bw’amajwi na Ishimwe Clement muri KINA MUSIC mu gihe amashusho yayo yo yafashwe akanatunganywa na Meddy Saleh umwe mu bahanga u Rwanda rufite mu bijyanye no gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi.

REBA HANO INDIRIMBO 'WAGIYE KARE' YA DREAM BOYS






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Olivier Kamitatu6 years ago
    Vraiment aba batypes barabizi.
  • Munyampurwa6 years ago
    Waooo! Nuko nuko bahungu dukunda muzira igihe mukenewe mukazana ikosora! Indirimbo nziza kdi iri mo ubutumwa buteye ubwuzu! Cong
  • DIDI6 years ago
    Kare kose se! Murakoze cyane basore dukunda. Twari tumaze iminsi tubakumbuye. This is your Identity





Inyarwanda BACKGROUND