RFL
Kigali

DJ Adamz yibasiye inzego za Leta zikomeye zirimo RURA, RDB, MINISPOC n'izindi aziziza idindira rya muzika y'abanyarwanda -VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:17/09/2018 16:01
2


Mu minsi ishize nibwo mu mujyi wa Muhanga mu ishuri rya Nyundo Music School hizihirijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe uburenganzira bw'umuhanzi. Muri iri shuri hakaba haratangiwe ibiganiro binyuranye byereka abahanzi ko hari uburenganzira bafite icyakora aha Dj Adamz wari wagiye nk'umunyamakuru we yanze inzego zinyuranye.



Ibi biganiro byari byitabiriwe n'inzego zinyuranye zirimo iza Leta ndetse n'izindi nzego zifite aho zihurira n'umuziki, aha hakaba hari hahuriye RDB, Inama y'igihugu y'abahanzi, Minispoc, RSAU, Abahanzi, ndetse n'abanyamakuru banyuranye. Aha niho Dj Adamz yavugiye amagambo akomeye aho yibasiye nyinshi mu nzego za Leta azihora kudindiza iterambere rya muzika y'u Rwanda.

Uyu munyamakuru wamamaye mu biganiro by'imyidagaduro ubwo yafataga ijamboya hereye kuri RDB n'izindi nzego za Leta zikunze gutumiza abahanzi b'abanyamahanga mu bikorwa byabo zikabishyura akayabo nyamara abahanzi b'abanyarwanda bicira isazi mu jisho maze agira ati "Abahanzi b'abanyarwanda mubakenera mu gihe cy'akababaro mu gihe cyo guseka mukumva ko abanyamahanga aribo babishoboye."

Uyu munyamakuru wahise atanga urugero yagize ati "Mu gihe cyo kwibuka nibwo mwumva ko mukeneye abahanzi nyarwanda nyuma mu gihe cyo kwita izina ingagi zacu mukumva ko abanyamahanga aribo bakenewe." usibye aba ariko uyu munyamakuru yahise yadukira na RURA ayishinja kuba ntacyo ikora ngo ibuze ama radiyo gucuranga imiziki itujuje ubuziranenge cyane ko ariyo ishinzwe kumenya ko ikintu cyujuje ubuziranenge.

Dj Adamz yagize ati "Ikimbabaza ni uko dufite RURA itigeze igera hano nibo bavuga ngo kiriya kintu nta buziranenge gifite, sinzi ahantu bakura ko indirimbo za Chris Brown zagizwe inyarwanda zujuje ubuziranenge, niba aribyo batureke twinywere kanyanga kuko byose ni bimwe... kuko indirimbo baduha ni uburozi nk'ibindi byose." Uyu munyamakuru aha yashakaga kuvuga ku ndirimbo zikunze gushishurwa n'abanyarwanda kandi mu by'ukuri ari iz'abanyamahanga we agasanga ari ukuroga muzika y'u Rwanda.

Izi nzego kimwe n'izindi yatunze agatoki nk'uko byose bikubiye mu mashusho twabashyiriye hasi, Dj Adamz yazitunze agatoki azishinja kutita ku muziki kabone n'ubwo ari bo bawufite mu nshingano. uyu munyamakuru yibukije abateguye ibi biganiro ko niba ari ikibazo cyo gusinyira ko iki gikorwa cyabaye byo babigezeho ariko niba ari ugukemura ibibazo bihari ahamya ko hari byinshi byo kuganirwaho hakarebwa icyateza imbere umuziki n'icyahagarika akajagari kari mu muziki.

DJ AdamzDJ AdamzDJ AdamzDJ AdamzIbiganiro byitabiriwe nabashyitsi banyuranyeDJ AdamzAbanyehsuri bo mu ishuri rya muzika rya Nyundo bakiriye abashyitsi babaririmbiraDJ AdamzDJ AdamzDJ AdamzDJ AdamzDJ Adamz

Abanyuranye bakurikiranira hafi umuziki bagize byinshi bavuga ku iterambere ry'uyu muzikiDJ AdamzDJ AdamzMutangana Steven uhagarariye umuco muri Minispoc nabayobozi banyuranye bitabiriye ibi biganiro bijeje abari aho ko urugendo rugikomeje kandi babona imbere heza ha muzika y'u RwandaDJ AdamzNyuma bafatanye ifoto y'urwibutso

REBA HANO IBIBAZO DJ ADAMZ YATANZE MURI IYI NAMA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Omar5 years ago
    Ariko ndashaka Ko Dj Adams adusobanurira niba amakuru yatangazaga yo mumahanga Ko atayashishuraga mubindi binyamakuru bivuze Ko atari ayumwimerere kuko yakwiye guha abanyarwanda ibyo yahagaze ho nkumunyamakuru cg se akaba afite ububasha ahabwa nibinyamakuru akuraho inkuru,nukuvuga ngo Abanyamakuru barashishura,abahanzi barashishura nabasobanira films nuko,
  • 5 years ago
    nabo bajye bashyiraho reference ko bashishuye mu ndirimbo yundi utari bo





Inyarwanda BACKGROUND