RFL
Kigali

Umukirigitananga Deo Munyakazi yasohoye indirimbo nshya 'Umwungeri', impano yatuye abanyarwanda-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:15/12/2017 11:01
1


Umuhanzi ukiri muto Deo Munyakazi umaze kubaka izina mu gukirigita inanga ya Kinyarwanda akaba amaze kujya mu bihugu bitandukanye mu bitaramo bikomeye aba yatumiwemo, kuri ubu yashyize hanze indirimbo nshya 'Umwungeri' yatuye abanyarwanda.



'Umwungeri' ni indirimbo nshya ya Deo Munyakazi ikaba irimo amagambo yo kuramya no guhimbaza Imana aho uyu muhanzi avuga ko Uwiteka Imana ari Umwungeri akaba asohoza icyo yasezeranije abantu. Deo Munyakazi aririmbamo aya magambo; "Uwiteka ni we mwungeri wanjye sinzakena asubiza intege mu bugingo bwanjye kubw'izina rye sinzakena. Wasezeranije Aburaham kuzamuha umwana w'umuhungu, Dawidi wamukuye mu ishyamba, Yozefu wamuhaye ubutwari, warabikoze uracyakora, ntujya uhinduka".

UMVA HANO 'UMWUNGERI' INDIRIMBO NSHYA YA DEO MUNYAKAZI

Deo Munyakazi ashyize hanze iyi ndirimbo nyuma yo gushyira hanze; Twimakaze umuco’ na ’Urakwiriye Mwami’ yasubiranyemo n'umuhanzikazi w'icyamamare ku isi ariwe Joss Stone. Munyakazi Deo yatangiye gucuranga inanga nyarwanda mu mwaka wa 2012. Yabyigishijwe n’umusaza Mushabizi uzwi cyane mu nanga yitwa ‘Zaninka’. Kuko yabigiyemo abishaka kandi abishyizeho umwete ngo ntibyamutwaye igihe kirekire kumenya gucuranga iki gicurangisho gakondo cya Kinyarwanda. Kwigira ku bahanzi b'abahanga no kwimenyereza gucuranga kenshi gashoboka kandi akabikora abikunze, ni amwe mu maturufu yafashije uyu musore gutera imbere mu gucuranga inanga.

UMVA HANO 'UMWUNGERI' INDIRIMBO NSHYA YA DEO MUNYAKAZI

REBA HANO 'URAKWIYE MWAMI' YA DEO MUNYAKAZI FT JOSS STONE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Urakoze cyane.ariko muzajye munaririmba uko yabanye na ba sogokuruza,nonese uko yatsindishirizaga Dawidi siko yatsindishirije Ruganzu?mujye muririmba n amateka yanyu muzi kuko Imana niyo buturo bwacu kuva kera ninayo mpamvu abakurambere bayise Imana y i Rwanda





Inyarwanda BACKGROUND