RFL
Kigali

Charly na Nina bakomeje guhurira muri Ghana n’ibyamamare mu muziki wa Afurika-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/03/2018 7:41
1


Mu minsi ishize ni bwo abahanzikazi Charly na Nina bahagurutse mu Rwanda berekeza muri Ghana aho bagiye gukorana indirimbo n’umuhanzikazi w’icyamamare muri Ghana witwa MZ Vee. Mu gihe cy’icyumweru bazamara muri Ghana, Charly na Nina bakomeje kugenda bahura na benshi mu bahanzi b’ibymamare muri Afrika.



Ku ikubitiro aba bahanzikazi bagiye muri Ghana bagiye gukorana indirimbo na Mz Vee bakaba baragaragaye bahuye na Mayorkun uyu w’icyamamare muri Nigeria, ubwo Inyarwanda.com twaganiraga na Nina umwe mubagize iri tsinda yatangarije umunyamakuru ko uyu musore bahuye busanzwe kuko abahanzi bo muri Nigeria bakunda cyane kugenda muri Ghana  bityo bakaba ariho bahuriye.

charly na NinaCharly na Nina bari kumwe na Mayorkun wo muri Nigeria

Usibye uyu ariko aba bahanzikazi  kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2018 bagaragaye bari kumwe n’umwe mu bahanzi bakomeye muri Ghana Magnom, uyu akaba anaherutse mu Rwanda aho yakoreye igitaramo muri Kigali Serena Hotel, uyu nawe nkuko Nina yabidutangarije bakaba bahuye nk’abahanzi ba muzika baraganira bagira na byinshi bungurana nk’ibitekerezo.

MagnomAba bahanzikazi kandi bahuye na Magnom

Kukijyanye  n’indirimbo aba bahanzikazi bagiye muri Ghana bagiye gukora Nina wo muri iri tsinda yabwiye umunyamakuru ko ubu batangiye gahunda za studio ndetse kuri uyu wa Kane bakaba bagombaga gusubira muri studio kugira ngo barangizanye na Mz Vee umushinga w’indirimbo bari gukorana.  

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • yanick6 years ago
    wooow murarenze rwose benshi batekerezaga ko nyuma ya Muyoboke ubuzima butakomeza ariko rwose muri kwerekana ko buzakomeza neza cyane kurusha





Inyarwanda BACKGROUND