RFL
Kigali

Barbara Teta arabyinira ku rukoma kubera ibitaramo akomeje kwitabira mu Budage

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:26/09/2016 10:46
3


Barbara Teta, umuhanzikazi ukizamuka, ukorera muzika ye mu Budage akomeje kwishimira intambwe ari gutera muri muzika, atumirwa mu bitaramo binyuranye bibera mu gihugu cy’u Budage.



Ku itariki 14 Nzeri 2016, Barbara Teta ukoresha Babo nk’izina ry’ubuhanzi, ni umwe mu bahanzi basusurukije abari bitabiriye ibirori by’umunsi w’Ubucuruzi n’umuco (Rwanda Business and Culture Day) wabereye mu Mujyi wa Hamburg. Ni umunsi wari witabiriwe n’abanyarwanda baba mu Budage mu bice binyuranye ndetse n’abayobozi bakuru b’umujyi wa Hamburg.

Ku itariki 1 Ukwakira 2016 nabwo Babo azaririmba mu gitaramo cyo kwizihiza umunsi w’Ubwigenge bwa Nigeria. Ni umunsi wateguwe n’abakomoka muri Nigeria baba mu Budage no mu nkengero zabwo. Yaba ibi bitaramo byombi, n’ibindi yagiye atumirwamo, Babo avuga ko ari intambwe nziza kuri muzika ye kandi bikaba biri kumutera imbaraga zo gukomeza kongeramo ingufu mu buhanzi bwe.

Ati “Nta muhanzi utakwishimira kwitabira ibitaramo binyuranye kandi bihuriramo abantu baturutse imihanda yose. Uretse kuba umuziki wawe uba uri kumenyekana, unahungukira ubunararibonye. Ndishimye cyane kubera ibi bitaramo, biranyereka ko ahazaza ari heza ninkomeza gushyiramo imbaraga.

Mu buhanzi bwe, Babo ahamya ko azashimishwa no kugera ku rwego mpuzamahanga, akamenyekanisha u Rwanda kurushaho no kuruhesha ishema abinyujije mu buhanzi.

BABO

Babo

Babo asusurutsa abitabiriye Rwanda Business and Culture Day yabereye mu Mujyi wa Humburg 

Imbyino Gakondo

Ababyina ibyino gakondo barereka ab' i Mahanga uko nazo ziryohera ijisho

Yifotozanya n'abafana

Babo yaboneye umwanya wo kwifotoza n'abakunda umuziki we

Babo na Ambassadeli


Tariki 01 Ukwakira 2016 azaririmba mu birori byo kwizihiza ubwigenge bwa Nigeria

Tariki 01 Ukwakira 2016 Babo azaririmba mu birori byo kwizihiza ubwigenge bwa Nigeria

Babo yavukiye mu Rwanda ariko ahita ajya kuba mu Budage. Nyina ni Umunyarwandakazi naho se akaba Umudage. Yiga mu mwaka wa karindwi, ugereranyije n’imyigire yo mu rwanda ari nko mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye. Yatangiye muzika muri Kanama 2015, ahera ku ndirimbo yise ‘That’s My Life’, akurikizaho ‘U Rwa Gasabo’, nyuma aza no gufatanya iyitwa ‘Ich Liebe Dich’ n’itsinda rya Urban Boys. ‘I want you Back’ niyo ndirimbo aheruka gushyira hanze ubwo yari ari mu biruhuko i Kigali mu kwezi gushize.

Reba hano amashusho y’indirimbo ‘I want you back’ ya Babo 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kaze7 years ago
    uyu mwana se numudage nyina numurundikazi. ariko nyina nincabiranya ntiwamenyibye rimwe yiyita umurundi ubundi akiyita umunyarwanda
  • Riza7 years ago
    Hahaha kaze uranyishe kbs ubwose waganiye na Mom wiwe kigirango umenye ko mom wiwe ari ncabiranya Haha ?uranyishe kbs. urakoze kumpa guseka
  • Kaneza7 years ago
    Uwo Mwana ndamukunda Cyane afite ijwi ryiza Kabisa,Hama Uwo kaze ubwose uzanye umubyeyi abandi wasanga utamuzi ariko ukandika ibigambo nkibyo mwagiye mureba ibuzima bwanyu koko .Nyina wuwo Mwana twariganye kukabutare yavuze i Burundi ariko numunyarwandakazi mujye muvuga ibyomuzi.courage Babo uhe ishema maman wawe yakwibarutse.





Inyarwanda BACKGROUND