RFL
Kigali

Barayivunikiye kugirango ibe Tuff Gangs, barahindukira baba aribo bayisenya – Fazzo ushyigikiye Jay Polly na Tuff gangs ye nshya

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:20/11/2015 13:59
9


Nyuma yaho Lick Lick yerekeje muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Producer Fazzo, ni umwe mu basore batunganya umuziki wakoranye bya hafi na Tuff Gangs ya Bull Dogg, Green P, Fireman na Jay Polly, gusa kuri ubu yemeza ko aba basore bisenyeye iri tsinda ry’amateka, ndetse agashimangira ko Jay Polly arimo avugurura Tuff gangs nshya.



Nyuma yaho Bull Dogg, Green P na Fireman bihurije mu cyo bise Stone church bahuriyemo n'abaraperi Nick Breezy na Young Tone, ndetse Jay Polly nawe akaba aherutse kumvikana mu ndirimbo 'Wiyita iki' yakoranye n’abasore batatu bahoze babarizwa muri Home boyz, baje gutangaza ku mugaragaro ko ari Tuff gangs nshya,ariko Jay Polly yabazwa niba aribyo koko akarya indimi, mu gihe bagenzi be babyamaganiraga kure, Fazzo ahamya neza ko aba Home boyz bamaze kwihuza na Jay Polly, ubu bakaba ari Tuff nshya ndetse ataribo banabisabye Jay Polly ko ahubwo ariwe wagiye kubishakira.

Fazzo

Icya mbere cyo nahamya, abantu bagomba kumenya wenda navuga, ntabwo ari icyahoze ari Home boyz yasabye Jay Polly ngo watubabariye musaza ko ubona abantu bagiye, ukadushyira muri Tuff Gangs, kuko iyi ndirimbo(Wiyita iki), ubundi yari iya Home Boyz gusa, Jay Polly araza aravuga ati nanjye mbonye sujet numva nziza, abasaba y’uko bayikora nyuma abona ko ibyo ari byo byose bafite imbaraga nibwo yabasabaga kuba baba aba Tuff Gangs. Mu by’ukuri ikintu cyabayeho , habayeho gufata Home boyz ikajya muri Tuff gangs – FAZZO

Tuff gangs  nshya ubu irahari kandi ntabwo waba muri Stone church ngo ube no muri Tuff gangs

Fazzo ushyigikiye igitekerezo cya Tuff gangs nshya ya Jay Polly afatanije na Khalfan, Romeo na Young T bahoze bagize Home boyz, ndetse kuri ubu akaba arimo abakorera album ya mbere, avuga ko ashyigikiye iki gitekerezo cya Jay Polly kandi bagiye babiganiraho zitandukanye. Mu magambo ye ati:

Ni ukuvuga ngo Jay Polly we ikintu yatekereje , cyane cyane ko twabiganiriyeho, we ntabwo ashaka izina Tuff Gangs, nk’ikintu wubatse mu myaka irindwi(7) ntabwo wagifata ngo ugisenye umunsi umwe, ni muri urwo rwego rero yahisemo abantu bashoboye bafite imbaraga kugirango bongere bakore ya Tuff Gangs kuko abari bayirimo n’ubundi barayivunikiye kugirango ibe Tuff Gangs barahindukira baba aribo bayisenya, nk’ubu ikintu cya mbere, abenshi mu bahoze muri Tuff Gangs urababaza  bakavuga ngo ni aba Tuff ngo baracyarimo kandi mu ndirimbo zabo nshya bafite ntabwo bavugamo ngo Tuff Gangs kandi mbere bakiyirimo buri muntu wese niyo yikoranaga ku giti cye yavugagamo Tuff gangs byumvikane rero ko batakiri muri Tuff gangs, ubu Tuff gangs ni nshya.

Akomeza agira ati:

Hariho Tuff Gangs hakabaho na Stone Church, ntabwo waba uri muti Tuff gangs ngo ube uri no muri Stone church. Ni ukuvuga ngo Tuff gangs nshya ubu irahari, bari gukora na album igomba kumurikwa vuba cyane bishoboka nkurikije uko numvaga baganira na Jay Polly. Tuff gangs irahari kandi irakomeje irimo abantu bafite mbaraga cyane.

Iyi Tuff gangs nshya ngo ifite ubushobozi bwo gushimisha abakunzi ba hip hop kurusha iyari isanzwe

Tumubajije uburyo agereranya ingufu z’anba basore bashya binjijwe muri Tuff gangs na Jay Polly, hamwe n’ingufu za bagenzi be bari barayitangiranye, asa nk’utakibara, aha Fazzo yavuze ko icyo aba mbere barusha abashya ari izina gusa naho ubuhanga nabo bakaba bafite imbaraga zikomeye. Ati:

Ifite imbaraga cyane kubera ko umushinga w’indirimbo ya mbere bahereyeho, hari abantu bari kuyumva  bakavuga ngo ntiwumva ubundi indirimbo yagakwiye kuba iya Tuff gangs, buriya hari impamvu baba bavuze ibyo bintu, wenda aba biyongereyemo ntabwo bafite izina  rimeze nk’irya bariya bari basanzwemo  ariko ibintu ni gake gake, bamwe muri bo bari banazwi ahubwo Home boys yari isanzwe izwi yaratangiye gukora, ni uko amazina ntabwo ari amwe, gusa hamwe no gutangira neza, na gahunda ihari yo gukora gahunda imwe, badakoze buri muntu ibye nkuko byari bimaze kuba, ibyo  byavuyeho, ubu Tuff gangs ihari ifite imbaraga nyinshi cyane, cyane cyane ko n’ubundi hari bamwe  bafashaga aba Tuff bahozemo, babifashishaga kugirango barebe ko bagera ku bintu runaka, ubwo rero ifite amaraso mashya kandi bafite impano ikomeye cyane, irakomeye cyane ku mpande zose ishinze imizi.

UMVA HANO INDIRIMBO WIYITA IKI:







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Abarapeur nyabaki8 years ago
    hhhhhh ngo yabonye bashoboye? barakubiswe bose abo ba Tuff bashya! ntabwoba bateye usibyeko bariya bagiye nabo babaze macuri. ahubwo bagombaga gukasa uwo badashaka! gsa nyine TuffGangs nayo yapfushije ubusa izina bafite kuko izina Tuff nirinini kubarusha! bagaragaje ubwenge buke cyane kuva bakamamara
  • umutoni asifati8 years ago
    ok nibyizacyane imana ikomeze ibarin de
  • Lionson Bronson8 years ago
    ewana courage kbs kuri tuff gang nshya nanjye ndavashyigikiye kbs
  • 8 years ago
    Taff mbarinyuma basaza abo nubundi baribatangiye kutunvikana so wabonagako biganisha. Gusenyuka kk jay yabarenzeho bamurira agahari
  • lion bond8 years ago
    My brother's nampamvu yo gutandukana like taff kuko taff sumwe murimwe taff nimwese mushakane mubiranjyize ibyomupfa bucece
  • nkacyagisiga kimennye inda8 years ago
    Gusa simbibwiye ariko turaziranye mwese so pilzz ntimuzitere urwara nkacyagisiga kimennye inda
  • 8 years ago
    Mubaye nkacya gisiga kimennye inda man
  • bond8 years ago
    Yooo brothers ntampamvu yokwimena inda umugani wacya gisiga
  • KAGABO AIME8 years ago
    NA URBAN BOYZ YARABIVUZE NGO IYO MUSHWANYE BARAHURURA NONE BIRABAYE KUBA MUTAVUGA SUKO IMITWE YANYU IRIMO UBUSA MAN MUBISOZE NK'ABASAZA





Inyarwanda BACKGROUND