RFL
Kigali

Gusigarana ibiro 35 kwa Angelina Jolie bihangayikishije abo mu muryango we

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:27/04/2016 17:29
6


kuri ubu Angelina jolie ahangayikishije benshi bo mu muryango we,kubera kunanuka bikabije , ibyo abahanga mu by’imirire bavuga ko biri ku kigero cyo hejuru, ku myaka 40 arapima ibiro 35 gusa.



Amafoto aheruka gushyira ahagaragara ubwo yarimu rugendo n’umuryango  we mu bwongereza agaragaza ukunanuka abahanga  mu by’ imirire bita ugukabije .

Angelina Jolie

Asigaranye ibiro 35 gusa

Bamwe mu muryango we barimo se umubyara Jon Voight   n’umugabo we  Brad Pitt bakomeje gutangaza ko bahangayikishijwe bikomeye n’iki kibazo ariko  ntacyo bagikoraho kirenzekubushake bwa  nyirubwite .

Si ubwa mbere Angelina Jolie agaragarwaho n’ iki kibazo ,mu  mwaka wa 2007 ubwo nyina umubyara yitabaga Imana nabwo yatakaje ibiro ku buryo  bukabije.

ikinyamakuru Radar Online cyanditse  ko  Angelina Jolie akiri muto  yagiye kenshi ajyanwa mu bitaro azira kudakunda  kurya mu buryo bukwiye,  kuri  ubu ngo iki kibazo kikaba kiri guturuka ku kuba yarikurishijemo udusabo  tw’ intangangore mu mwaka ushize wa 2015  bituma  umugore atongera kubyara ,  mu gihe mu myaka  2 yayibanjirije ,muri 2013 yibagishije   burundu amabere mu rwego rwo kwirinda ko yarwara cancer  yayo nk’uko nyina umubyara byamugendekeye.

Icyo giye yagize ati ”n’ubundi nsanzwe ntagira ibiro byinshi  ariko kuri ubu  nanjye ndabyiyumvamo no natakaje ibiro  byinshi kuko nabuze  umubyeyi wanjye’.Kuri ubu ariko ntacyo  Angelina aratangaza kuri iki kibazo kimuvugwaho.

Abahanga mu by’ ubuzima n’ ibijyanye n’ imirire bavuga ko  ibi biro  Angelina Jolie afite ugereranyije n’uburebure bwe ngo ari ikibazo gikomeye, mu gihe hatagira igikorwa bishobora kumuviramo ingaruka zikomeye.Angelina Jolie

Angelina Jolie muri 2004

Angelina Jolie, mu mwaka wa 2004 yatowe nk’ umugore ukurura abagabo kurusha abandi  ku  isi.

Source:7 sur 7.be

Yvonne Murekatete






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    yes Yvonne inkuru yawe ndayikunze .welcome
  • Samusure7 years ago
    Uretse gupfa se hari ikindi byamutwara?
  • 7 years ago
    Arheee
  • muhamad bizimana7 years ago
    MURAHO BASANGIRANGYENDO IBYOBIRO BIRAKABIJE
  • HABIMANA7 years ago
    Uwomugore Nange Ndamushaka Uwoyakubaka
  • Shiny7 years ago
    courage sister ndabona bimeze neza. gusa i need u





Inyarwanda BACKGROUND