RFL
Kigali

Amafoto yiganjemo ayo utigeze ubona mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ya Mani Martin na Sauti Sol

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:5/01/2018 13:07
1


Tariki 31 Ukuboza 2017 ni bwo Sauti Sol ryakoreye igitaramo mu Rwanda, gusa mbere yaho bari baratangaje ko mbere yo kuva mu Rwanda bazafata amashusho y’indirimbo bakoranye na Mani Martin. Mu minsi ishize nibwo twabamenyeshaga ko bamaze gufata amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe mu Rwanda mbere gato ko basubira iwabo muri Kenya.



Inyarwanda.com tuganira na Mani Martin yavuze ko yamaze gufata amashusho y’indirimbo yakoranye na Sauti Sol ndetse anishimira akazi yakoze cyane ko ari iby’agaciro gukorana n'abahanzi bafite izina nka Sauti Sol. Mani Martin yabajijwe icyo yavuga kuri iyi ndirimbo, adubiza muri agira ati: Ni indirimbo y’urukundo twise Mapenzi, ni indirimbo irimo indimi nyinshi zirimo Ilingara, igiswahili, icyongereza, igifaransa n’ikinyarwanda. Mbega ni indirimbo nabo ubwabo bakunze nkeka ko twakoze akazi kanini muri iki gihe twakoranye.

Abajijwe igihe atekereza ko iyi ndirimbo yazagira hanze, Mani Martin yatangaje ko ari ibintu bakeneye kwigwaho bakareba igihe nyacyo cyane ko buri ruhande rufite igihe kinogeye cyo gushyirira hanze indirimbo. Iyi ndirimbo izagaragaramo itsinda rya Sauti Sol ryuzuye cyane ko mu gitaramo bakoze batari buzuye, icyo gihe bakaba barabwiye abafana ko mugenzi wabo yagize ikibazo cy’indege bigatuma ataboneka, icyakora amakuru dufite ni uko yaje kugera mu Rwanda aho yanagaragaye bafata amashusho y’indirimbo iri tsinda rifitanye na Mani Martin.

REBA AMAFOTO UTABONYE 

Mani MartinMani MartinAho bafatiraga amashushoMani MartinMeddy Saleh niwe wafashe amashusho y'iyi ndirimboMani MartinMani MartinMani Martin na Sauti Sol imbere ya CameraMani MartinMani MartinMani Martin

Iyi nkumi ni yo izagaragara mu mashusho y'iyi ndirimbo

Mani MartinMani MartinMani Martin n'abagize itsinda rya Sauti Sol






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kazungu6 years ago
    Nibyiza cyane courage, ariko ikibazo ni uko coolabo nkizo zikorwa zitatekerejweho neza noneho zigakorwa ntamyiteguro ihagije kubijyanye na lyrics, melody na video iteguye neza.. noneho ugasanga idakunzwe kubera izo mpamvu.





Inyarwanda BACKGROUND