RFL
Kigali

Agnes Masongange umunyamiderikazi wo muri Tanzania wavuzwe mu rukundo na The Ben yitabye Imana

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:20/04/2018 19:37
6


Ku mugoroba w'uyu wa Gatanu tariki 20 Mata 2018 hatangajwe inkuru ibabaje y'urupfu rwa Agnes Masongange umunyamiderikazi wo muri Tanzania wakunze kuvugwa mu rukundo na The Ben.



Mu minsi yashize ni bwo hakunze kuvugwa ko umuhanzi The Ben yaba yari mu rukundo n’umukobwa w’umunyamideri ukomeye mu gihugu cya Tanzania witwa Agnes Masongange, umwe mu bakobwa bakunze kuvugwaho gutera neza muri Tanzania cyane cyane bitewe n’amafoto yakundaga gushyira ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mukobwa ubwo yavugwaga mu rukundo na The Ben, uyu muhanzi w’umunyarwanda yakunze kubihakana ndetse agahamya ko uyu mukobwa ari inshuti ye isanzwe ariko atari umukunzi we. Ibi The Ben yongeye kubishimangirira umunyamakuru wa Inyarwanda.com mu kiganiro bagiranye mu minsi mike ishize ahamya ko atigeze akundana n’uyu mukobwa wo muri Tanzaniya ahubwo ko bari inshuti zisanzwe.

REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA THE BEN AKAGARUKA KU MUBANO WE N'UYU MUKOBWA

Iby’urupfu rw’uyu mukobwa nta byinshi Inyarwanda.com irabimenyaho uretse ko abahanzi n’ibindi byamamare byo muri Tanzania bamaze gushyira hanze amafoto ye bamusabira iruhuko ridashira kwa Nyagasani. Ubwo twakoraga iyi nkuru, The Ben uvuga ko yari aziranye na Agnes Masongange ndetse akaba yari inshuti ye bisanzwe, ntabwo yari yakagize icyo atangaza ku mbuga nkoranyambaga k'urupfu rw'uyu mukobwa.

Inyarwanda.com yabajije The Ben niba yamenye urupfu rw'uyu mukobwa (Agnes Masongange), adutangariza ko yabimenye ndetse bikaba byamubabaje cyane. The Ben yagize ati "Nabimenye. Byambabaje cyane". Iyi nkuru y’incamugongo kandi irahamywa n’ibinyamakuru byo muri Tanzania byanditse ko yitwabye Imana ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mata 2018 azize indwara y’umusonga ndetse n’umuvuduko muke w’amaraso.

the benthe benAgnes yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Mata 2018

IMANA IMUHE IRUHUKO RIDASHIRA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Yanyweye byinshi biramuhitana
  • Nzarora5 years ago
    niwe wari waramugiriye inama yo kwitera MUKOROGO.
  • Bonne 5 years ago
    Ubuzima ni feke kweli. Ubu yapfuye pe umustar nkuyu pe. Ufite byose. Sha rest in peace. Gusa nuguhora twiteguye.
  • Uwamahoro Gertrude5 years ago
    Imana imwakire mu bayo
  • Ruboneka thomas5 years ago
    Yaweeee Imana imwakire mubayo.
  • agny5 years ago
    kuki muba mwumva ko abantu nkaba bahitanwa no kunywa byinshi wajya ugira umutima wa kimuntu cyangwa ntiwandike comment yawe kuko ntawe ifasha





Inyarwanda BACKGROUND