RFL
Kigali

Abasore n’inkumi b’ibigango bacungira umutekano ibyamamare basuye abamugariye ku rugamba-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:12/01/2018 18:48
6


Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2018 abasore n’inkumi b’ibigango (B KGL) bacungira umutekano abantu cyane ibyamamare bakarinda n'utubyiniro n'ahandi habera ibitaramo basuye abamugariye ku rugamba batuye mu murenge wa Kanombe. Usibye gusangira nabo banabageneye inkunga y’amafaranga na 1,800,000 Frw



Muri uru rugendo aba basore n’inkumi basaga makumyabiri na barindwi babanje kunyura ku kigo cy’igihugu gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero babanza kugirana ibiganiro bigufi, ubundi bakomereza mu mudugudu ubamo abamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda wubatse mu murenge wa Kanombe.

Mu kiganiro kirekire bagiranye, abamugariye ku rugambva batangiye bashimira aba basore n’inkumi kuba babibutse bakabazirikana babasaba ko nabo aho bazabakenera bazabitabaza cyane ko ngo nubwo bamugaye ingingo z’umubiri ariko mu mutwe ho bakimeze neza. Iki cyari igisubizo cyiza cy’ibyifuzo Kanimba Bosco uhagarariye aba basore yari yatanze.

Uhagarariye aba basore n’inkumi bihurije muri B KGL yasabye abayobozi bari aho ko bagenerwa amahugurwa bakagira ubumenyi bw’ibanze mu gucunga umutekano w’umuntu, abasaba guca akajagari katangiye kugaragara muri uyu mwuga kimwe no kuba nabo bajyanwa mu itorero ry’Igihugu bakigishwa indangagaciro na Kirazira z’umuco w’u Rwanda.

Ibi byose uyu mugabo yasabye yasubijwe n’umushyitsi mukuru Col. Ruzibiza wari uhagarariye Minisitiri w’Ingabo wamenyesheje uyu musore kimwe na bagenzi be ko ibyifuzo byabo bigiye gukorerwa ubuvugizi kandi ko bishoboka. Col. Ruzibiza ikindi yasabye aba basore ni ukongera imikoranire n’inzego z’umutekano ndetse nawe asanga kimwe mu byo basabaga cy’ubumenyi bw’ibanze bashatse bakwitabaza aba bahoze ari ingabo bamugariye ku rugamba cyane ko usibye kuba badafite ingingo zimwe na zimwe ariko mu mutwe bameze neza kandi babafasha.

Iki gikorwa cyaranzwe no kuganira cyasojwe no gusangira aho nyuma yo gushyikiriza sheke aba bamugariye ku rugamba, basangiye fanta bakaganira bakungurana ibitekerezo.

B KGLAba basore n'inkumi bahereye ku cyicaro cy'ikigo cy'igihugu gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero B KGLBamwe muri aba basore B KGLKu muryango bari bakoze akaziB KGLUhagarariye abamugariye ku rugamba baba muri uyu muduguduB KGLB KGLMorali yari yoseB KGL

B KGLMajor Gasangwa umujyanama wa B KGL yari yabaherekejeB KGLB KGLB KGLKanimba Bosco uhagarariye B KGLB KGLCol. Ruzibiza wari uhagarariye Minisitiri w'ingaboB KGLB KGLB KGL

Babashyikirije inkunga

B KGLBasangiye agafantaB KGLB KGLBafatanye agafoto k'urwibutso

AMAFOTO: Nsengiyumva Emmy






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Derick6 years ago
    IKI GIKORWA NICYIZA CYANE IMANA ISUBIZE AHO BAKUYE KANDI IBAHE UMUGISHA
  • 6 years ago
    nitwa.Indatwa.Alexis.Abobasore ninkumi bakozecyane!!!Imana.Ibongerere.Umutima.Wurukundo
  • Alexis 6 years ago
    Bagize neza kubona batekereza igikorwa cyiza nkiki bakanagishyira mubikorwa. Imana ibongerere muruhago bakuyemo.
  • Scovia Kirabo6 years ago
    Woow congrats B KGL, mwakoze igikorwa cy'indashyikirwa, n'ubwo mutarajya mw'itorero ry'igihugu ngo mwige indangagaciro na Kirazira, ndahamya ko muri zo Already...kuko ibikorwa birabigaragaza. Mwihe amashyi kabisa!
  • 6 years ago
    iki nigikorwa kindashyikirwa pe Imana ibahe umugisha
  • mukama Emmanuel6 years ago
    iki nigikorwa kindashyikirwa pe Imana ibahe umugisha





Inyarwanda BACKGROUND