RFL
Kigali

Abasobanura filime mu Rwanda bamaganywe ku mugaragaro, ngo nibareba nabi n'amategeko aziyambazwa

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:15/08/2018 10:59
31


Agasobanuye kakunzwe n'abatari bake mu Rwanda. Ni filime zinyuranye zagendaga zisobanurwa zigashyirwa mu kinyarwanda mu rwego rwo kugira ngo n'abatabasha kumva indimi z'amahanga babashe kuryoherwa n'izi filime. Kuri ubu abakoraga aka kazi kari gatunze abatari bake bamaze kwihanangirizwa ndetse ngo nibiba na ngombwa n'amategeko arakurikizwa.



Mu ibaruwa Federasiyo ya sinema mu Rwanda yashyize hanze, yihanangirije bikomeye abakora izi filime zamamaye nk'udusobanuye babashinja kwica no kwangiza amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye y'ibijyanye n'umutungo kamere ku bahanzi. Indi mpamvu igaragara muri iyi baruwa ni uko ngo ikorwa n'icuruzwa ry'izi filime byangiza cyane isoko rya sinema nyarwanda mu gihe nyamara abahanzi bo mu Rwanda bahagurukiye guteza imbere iby'iwabo.

AgasobanuyeIbaruwa Federasiyo ya sinema mu Rwanda yageneye abanyamakuru yihanangiriza bikomeye abakora umwuga wo gusobanura filime

Ibikubiye muri iyi baruwa yanasinyweho n'inzego zinyuranye byatumye Inyarwanda.com twifuza kuvugisha umuyobozi w'iyi Federasiyo ya sinema mu Rwanda, John Kwezi. Mu kiganiro twagiranye umuyobozi w'iyi Federation yadutangarije ko icyo bakoze ari ukwibutsa abakora izi filime ko binyuranyije n'amategeko mu gihe nta burenganzira bafite bw'abakoze ibihangano bityo bakaba bashobora gukurikiranwa nk'abigana ibihangano by'abandi batabiherewe uburenganzira na ba nyirabyo.

Abavandimwe 3: Nkusi Thomas uzwi nka Yanga (hagati), Junior (iburyo) na Sankara (ibumoso) bose bamamaye mu gusobanura filime mu Kinyarwanda

John Kwezi yatangaje ko nyuma yo kuburira abakoraga aka kazi baramutse batabyumvise hakurikizwa amategeko cyane ko ahari ndetse n'inzego zo kubakurikirana zikaba zihari. Yabasabye kutirengagiza ko hari uburenganzira bw'abandi baba bangiza iyo bakoresha filime z'abandi mu gihe batabifitiye uburenganzira. John Kwezi yabwiye Inyarwanda.com ko ushaka gukora uyu mwuga yajya abanza akajya gushaka ibyangombwa by'abakoze filime akabikora abifitiye uburenganzira.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Stiles Ishimwe5 years ago
    hhhhhhhh!!!!ndumiwe noneho,iryo nishyari pee nyine nibarekera gukomeza kudukinira Ama theatre nibwo tuzajya tuzireba naho ntibitwaze ngo udusobanuye ngaho rero niba nanone bashaka gutera imbere nibahumure nibakina muzindi ndimi nabo zisasobanurwa hhh Bagabanye amashyara nagasobanuye ni made in Rwanda
  • Hhhhhh5 years ago
    Iryo nitiku ninda nini yo gushaka kurya bonyine, hari film yinyarwanda se mwari mwumva basobanura? Nimubikora se nizo nyarwanda ntizibone isoko?
  • Alan5 years ago
    Uburenganzira bwo gushaka gucuruza film ( ikinamico) film nyarwanda nibyo muri guranira? Cyangwa muri gukora ubuvugizi bwaba nyiri film zisobanurwa? Murimo kurengera kuko uburenganzira bazabubona vuba bishoboka kuko bamwe mubasobanura film bakora ibintu bishimishije bitanga umunezero mwe mutabasha kutanga muri cinema nyarwanda kuri uyu munsi. kandi mwakagombye kubanza kunoza film mukina zikava ku rwego ziriho . Mwibuke ko no kuba mubasha gutanga iri tangazo nimbaraga mukura muri movies translators kuko ntabwo abanyarwanda abenshi ubu muri gu targettinga muri marketining zanyu bakundishijwe kureba film na film nyarwanda ahubwo muzabonuze neza abazibakundishije ( aha ndavuga urubyiruko) Together lets make our youth happy through cinema ariko twe gusenya bimwe kubera ibyungu zabamwe. Kuko nabo ibyo bihangano ni umutungo wabo wagomba kubikora neza .
  • FILS5 years ago
    Jye numva ari ugushaka ko abantu baba abashomeri, none se niba umuntu abikora akabona uko abaho mwamuretse nawe agashakisha. namwe izo filime mukazikora, niziba nziza zizarebwa ikintu kirigura ntago numva kubuza abantu akazi aribyo byatuma made in Rwanda iterimbere. baca umugani ngo akeza karigura.( nimukora neza muzabona inyungu).
  • paul5 years ago
    ikigaragara nuko inda nini arizo mbona abantu bashyize imbere
  • Kiza5 years ago
    Hi nyeke ko film zatangiwe gusobunarwa uwo atari yaba inararibonye muri sinema nkubu ese banyiri film bari baza kubibuza cg nibyabindi byabantu bakunda kujya mubitabareba uretse no murwanda nahandi barabikora bityo rero birinde kubangamira abakunzi ba film zisobanuye doreko nizababo ndavuga izibanyarwanda bakina zitwa film inyinshi baba bazishishuye ( baziganye) bityo bitubihiriza plz plz plz
  • innocent5 years ago
    ariko aba nibazima ra ? ubu inzara yabishe none bashaka kuvutsa amahirwe abikundira udusobanuye ?? abo ba Cinema nyarwanda nibazakora inziza nkizo mu mahanga tuzazireba ariko kugeza ubu wapi pe nta muntu warebye izo mu mahanga wareba izi theatre zo mu rwanda buri wese yabasha kuyicyinira yabasha kiyiyobora tabasha kuyandika ndetse yabasha no kuyi camera ndetse no kuyi editing ubuse ubuhanga bwazo buri he ? muracyari hasi Guys mwikwiruka kbs
  • 5 years ago
    mwaretse inda nini ko aricyo kibazo Africa dufite buriwese yumva ariwe watera imbere gusa bityo agatsikamira bagenzi be birababaje
  • Ntago aribyo peeee uku nukubangamira abihangiye imirimo banyirubwite umunsi bimanukiye abaribwo muzabahane gusa nabo muzababuze kuzishyira kuri internet ntacyemezo kirenze kuzishyira kuri internet nub5 years ago
    Niko kuri
  • NDUNGUTSE5 years ago
    Aruko se ko nunva bashaka kuburanira za studio zikomeye kwisi zo nabanyamategeko zigira. izo film zinyarwanda zirakunzwe ikibazo nibiciro byazo.
  • emmy5 years ago
    none c banyirizo flime nibobabatumye
  • Vedaste5 years ago
    Ibyo Muvuga Nukugirango Izo Kinamico Zanyu Zigurwe Kandi Filme S,izanyu Basobanura
  • Dieudonne5 years ago
    Ark muransetsa bari basobanura film zinyarwanda? mu bihugu duturanye barazisobanura knd ntatiku rihaba nkiryo mufite mutuze ishyamba nirigari nibahige namwe muhige
  • Jonas5 years ago
    ndaboba ibyo ari ukubeshy abanyarwanda kuko banyiri filme nago bigez babuza abant kuzisobanura mu rurimi bumva neza knd ikind nta nubwo barabigiraho ikibazo kuri ngo babivuge si murwanda gusa nahandi birakorwa mwishaka kwangiriza umurimo nu umwuga wa abandi izo filme nyarwanda nago za tera imbere kuko ni nka theatre nta buhanga nabuke burimo nta nibikoresho byo kuzikora bihari so nta mpamvu yo gukuraho agasobanuye ntayo mufite rwose mushakire ahandi
  • Addy5 years ago
    Ndumva muri kuruhira ubusa ibyo mwakora byose Film nyarwanda ntawazireba pe uretse no kuzireba n'amafaranga yayigura yaba apfuye ubuse,ubuse nitujya tureba izisobanuye mu kigande ubwo nayo muzajyayo??? Aha mwakwemeye ko ntacyo mushoboye??????
  • shark5 years ago
    hahahahah ese ni impuhwe mwagiriye "Hollywood", "bollywood", cg se "nollywood" mwigize abahararanira inyunguzabo? ntafilme zanyu basobanura ibyo ni ugushaka ko abandi badakora ngo nabo biteze imbere. muhindure imikorere iz kinamico zanyu muzongeremo ibirungo niziba nziza zizakundwa. naho icyo mwacyishe
  • 5 years ago
    Ngo Filime nyarwanda....better to call them ikinamico nyarwanda.
  • MUGABO5 years ago
    Hubwo mubabwire bajye basobanura ibyo bavuze, kuko ibigambo byabo sibyiza
  • Tm5 years ago
    Kandi inda nini iri mubanyarwanda izatumara ubwo nkabo bazi Filime abantu zitunze uko bangana batuje bagakora ibintu bizima kowenda bizageraho bikarebwa
  • DON5 years ago
    hhahaha ariko aba ba type barantsetsa ubu se tuvuge ko babaye abavugizi banyiri izo film ko ntarabona 20 century iza kubarega kuki bakora ibitabareba ko badahagarariye banyirizo film barashya barura iki koko utu dusobanuye tugaburira benshi abaducuruza , abazisobanura ndetse zikananyura abazireb abahungu bihangiye umurimo none mwe murashaka kubidobya mubaka umugati ese ubwo niba atari ishyari mubafitiye mwakoze competition mugasohora ibihangano bifite ireme bigahangana nutwo dusobanuye mutiriwe mwikirigita ngo museke ngo bahagarike urumve iyo muba muri kubabuza gusobanura film zanyu ko aribwo byari kumvikana naho murababuza ibitari ibyanyu nkande ahubwo aba bajama basobanura bakaze muendo dukomeze turoherwe na film naho abo bishyari bo mubareke bararushwa nubusa





Inyarwanda BACKGROUND