Abahanzi Davido na Tiwa Savage bakomoka mu gihugu cya Nigeria ndetse na Nyanshinski wo muri Kenya bari mu byishimo nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’abahatanira ibikombe mpuzamahanga nk’abanyafurika barushije abandi gukora cyane kandi neza mu muziki.
Aba bahanzi ni bamwe mu bagize aya mahirwe mu ruhando rw’abandi banyamuziki ku mugabane w’afurika bagomba guhatanira igihembo cy’uwakoze neza kandi cyane muri uyu mwaka wa 2018 mu bihembo mpuzamahanga bya MTV Europe Music Awards 2018.
Abandi bahatana n’aba barimo: Distruction Boyz bo mu gihugu cya Afurika y’epfo, Fally Ipupa wo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, Nyanshinski wo muri Kenya ndetse na Shekinah ukomoka muri Afurika y’Epfo.
Nyanshinski ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Kenya, ahuriye nuri 'Short and Sweet' na Sauti Sol
TANGA IGITECYEREZO