Mu gihe mu gihugu cy’u Burundi benshi bakomeje guhunga abandi bakigaragambya bavuga ko badashaka ko Pierre Nkurunziza yongera kubayobora nka Perezida, umuraperi Mkombozi ukomeye muri icyo gihugu arasaba Nkurunziza kubahiriza demokarasi.
Uyu muraperi Mukombozi avuga ko kuyobora ari byiza ariko ngo kurenga amategeko na demokarasi ni bibi. Kubw’iyo mpamvu ashingiye kubyo abaturage b’abarundi bifuza na cyane ko ari yo demokarasi, arasaba Nkurunziza guha agaciro ibyo bari kumusaba agaha abandi umwanya nabo bakayobora.
Mu kiganiro yagiranye n’Imvaho Nsha dukesha iyi nkuru, Mukombozi yagize ati “Nshyigikiye ko yakurikiza(Nkurunziza) amategeko na demokarasi, niba abona ko amategeko atamwemerera nahave, niba abona ko muri demokarasi atabikwiye nabireke. ”
Umuraperi Mukombozi
Uyu muhanzi Mukombozi(Mkombozi) iyo akubise ijisho hirya hino, yemeza ko abayobozi b’u Burundi bakunda cyane ubutegetsi ngo na Yesu iyo aba akiriho ntashidikanya ko bamutera kudeta(kumuvana k’ubutegetsi).
Mkombozi ni umwe mu baraperi bakunzwe cyane I Burundi, uyu muhanzi mu myaka yashize yigeze kuvugwa mu itangazamakuru ko yaba yigana ijwi rya Diplomate wo mu Rwanda gusa yanyomoje ayo makuru avuga ko uwo muhanzi ari ubwa mbere amwumvise.
TANGA IGITECYEREZO