RFL
Kigali

Umutambagiro wo gusoza Fespad watumye abaturage bafunga imihanda ya Nyanza barashungera- Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:5/08/2016 6:32
1


Kuva tariki ya 1 Kanama 2016 mu Rwanda haberaga iserukiramuco nyafurika ry’imbyino rizwi ku izina rya Fespad. Ubwo iri serukiramuco ryasozwaga kuri uyu wa 4 Kanama 2016, muri aka karere ka Nyanza abaturage bafunze imihanda bashaka gushungera ibirori byaberaga mu karere kabo.



Uyu mutambagiro wazengurutse hafi umujyi wose wa Nyanza wasorejwe i Nyanza i Bwami cyangwa mu Rukari. Ni umutambagiro wakozwe n’urubyiruko rwo muri aka karere, abayobozi ndetse n’abaturage b’akarere ka Nyanza bafatanyije n’ubuyobozi bw’aka karere ndetse n’abayobozi muri Minisiteri y’Umuco na Siporo.

Uko bakoraga umutambagiro mu byishimo byinshi abari bari muri uyu mutambagiro banyuzagamo bagahagarara bakanyurizaho abari mu nzira nko kubavumbya babateguza ibigiye kubera mu Rukari i Nyanza dore ko ariho urugendo rwari gusorezwa.

Fespad yatangiriye mu Mujyi wa Kigali tariki ya 1 Kanama ikomereza i Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru kuya 2 Kanama, tariki ya 3 Kanama berekeje i Kayonza mu Ntara y’i Burasirazuba,na Rusizi mu Ntara y’u Burengerazuba naho kuri uyu wa 4 Kanama bakaba basoje i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

Andi mafoto:

abamotariAbamotari baherekeje imodoka kuva ziri ku muhanda mu kagari wa Kigali-Huye barinda binjira mu mujyi wa Nyanza

minispocImodoka zari zirimo abagiye gusoza Fespad

FESPADAbaturage babaye benshi bafunga umuhanda bashungeraminispocMinisitiri w'Umuco na Siporo Uwacu Julienne (ukenyeye) yifatanyije n'abandi muri uyu mutambagiro

FESPADByageraga hagati bakiyerekanira mu muhanda hagati mu rwego rwo kumara amatsiko abatari bubashe kugera mu Rukari (aha ni abahagarariye Senegal)

minispocMu muhanda hagati abayobozi banyuranye n'abaturage bihera ijisho ibi birori

minispocAbari bahagarariye Egypt nabo bakanyujijeho mu muhanda

fespadAbari bahagarariye u Rwanda nabo ntibatanzwe kunyurizaho abatuye i Nyanza

fespadAbaturage bishimiye cyane imyiyereko y'abari bahagarariye Congo

minispocBakigera i Nyanza mu Rukari bakiriwe n'umurishyo w'ingoma ndetse n'intore zabitojwe zirabakira bya kinyarwanda

minispocBarangajwe imbere na Minisitiri Uwacu Julienne batambagijwe i Bwami berekwa inka z'inyambo umwihariko wa Nyanza

fespadAbaturage ba Nyanza nta rungu bagize kuko abahanzi bo muri iyi minsi babafashije kwizihirwa aha ni Senderi ataramiye abari mu Rukari batagiye mu mutambagiro

fespadUsibye Senderi, Patrick Nyamitari, Mani Martin na Intore Tuyisenge nabo bataramiye abari aho mbere yuko abari mu mutambagiro bahagera

fespadBakigera i Nyanza bahise banzika igitaramo aha abanya Egypt babyinisha abayobozi

fespadIntore zihamiriza mu gitaramo cyo gusoza Fespad

fespadInkumi z'i Rwanda zishayaya mu gitaramo cyo gusoza Fespad

minispocMu ijambo rikubiyemo gushima abitabiriye bose rigashimira abanyarwanda uburyo bitwaye Min. Uwacu Julienne yashoje Fespad ku mugaragaro






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • alias7 years ago
    nta kavideo nagato koko kibirori bya FESPAD 2016, ubuse koko muri muyahe? muduhe nutuvideo twirebere kdi ndumva mwaba mudufite





Inyarwanda BACKGROUND