RFL
Kigali

Ubwitabire mu gitaramo cy’urukerereza, ihurizo ku bakunzi b'umuzika nyarwanda-Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:4/06/2016 11:24
6


Urukerereza ni itorero ryashinzwe mu mwaka w’i 1974 rifite inshingano yo guteza imbere umurage gakondo w’u Rwanda mu mbyino n’indirimbo gakondo. Kuri ubu iri torero ryaraye rikoze igitaramo cya mbere kuri petit stade ahagaragaye ubwitabire buciriritse biba ihurizo kubakunda umuziki nyarwanda.



Muri iki gitaramo abagize Urukerereza baraye basusurukije abakitabiriye basubizwa ku muzi w’umuco wo gutarama no guhiga mu Rwanda. Imbyino, Imihamirizo, Umurishyo w’ingoma, n’indirimbo byose biherekejwe n’ibicurangisho gakondo nibyo byumvikanishaga urwunge rw’amajwi y’Indashyikirwa.

 

urukererezaMuri iki gitaramo ubwitabire bwari buciriritse na bake bari bahari hari higanjemo abanyamahanga

urukerereza

Muri iki gitaramo kimwe mu bintu byagaragaye ni ubwitabire bw’abanyarwanda bwari buciriritse, cyane ko mu bafana bari aho hari higanjemo abanyamahanga benshi kurusha abanyarwanda, gusa iki ni igitaramo kimwe mu byitabiriwe na bamwe mu bayobozi bakomeye, umushyitsi mukuru akaba yari minisitiri w’umuco na siporo Uwacu Julienne.

urukerereza

Ubwitabire bw’abanyarwanda buciriritse bwatumye umuntu yibaza niba koko ari abanyarwanda badakunda umuziki gakondo, niba se byaba ari igitaramo cyitamamajwe nkuko bigomba, cyangwa niba ari ibiciro byo kwinjira byari bihanitse dore ko kwinjira byari 2000frw na 5000frw mu myanya y’icyubahiro.

urukererezaMinisitiri w'umuco na siporo na Minisitiri w'imari n'inganda abo bari mubitabiriye iki gitaramo

Minisitiri w'ubuzima Dr Agnes Binagwaho nawe yari yaje kwihera ijisho kuri iyi nkera y'abahizi.Minisitiri w’ubuzima Dr Agnes Binagwaho nawe yari yaje kwihera ijisho


Nyuma y’iki gitaramo cyabereye kuri petit stade ikindi gitaramo giteganyijwe kubera i Rubavu  tariki ya 24 Kamena 2016 guhera saa moya z’umugoroba (7:00 p.m).

Reba andi mafoto:

urukererezaMu ndirimbo zinyuze amatwi Urukerereza rwashimishije abitabiriye

urukererezaurukererezaurukererezaMu mbyino zinyuranye abari aho banyuzwe n'umudiho w'inkumi n'abasore bagize Urukerereza

urukererezaBamwe mu banyarwanda bari bitabiriye banyuzwe n'iki gitaramo

urukererezaurukererezaurukererezaurukererezaMu mudiho w'ababyinnyi n'intore z'urukerereza basoje igitaramo abari aho banyuzwe n'iki gitaramo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    IBI BIREBWA ABAHAZE, WABA WABUZE 500 YO KUGURA IBIRO BIBIRI BY'IBIRAYI UKAZA MURI IBI.
  • hh7 years ago
    Ntabwo bacyamamaje kabisa!Bibeshye ko kuba ari Urukerereza bihagije kgo igitaramo cyitabirwe. Ntabwo inkuru zingage kubitangazamakuru bike byandika (websites) bihagije ngo abantu bitabire. Muri make rwose ntabwo abantu babimenye! Ibi bibaye nka babantu bigeze gutumira Chameleone ntibamamaza igitaramo uko bikwiye bibwira ko abantu bazizana kubera ari Super Star!Ntibabuze abantu se?!Wapi kabisa iyi industry ntabwo ariko ikora!Mukeneye kwamamaza ibikorwa byanyu sinon n'ikindi ntikizitabirwa bihagije!
  • Jay7 years ago
    Ntabyo abantu bamenye. Na Beyonce aramamaza kabishywe urukerereza. Kandi ndukunda kubi...iyo mbimenya. Bazajye bimenyekanisha nk'inganzo ngari
  • Kim7 years ago
    Abanyarwanda ntibaramenya akamaro ko kwamamaza. Bibabere isomo
  • Ilda7 years ago
    yemwe,uru sinzi ko rwari urukerereza!bakoze ibintu ntanuwamenya ko ari national ballet...
  • KAYITESI JEANNE7 years ago
    BAZABAZE INGANZO NGARI IBANGA BAKORESHA,KUKO HO URAGENDA UKABURA AHO WICARA HUZUYE NDETSE NA TICKET ZASHIZE KUBURYO WIFUZA KO BAKUBA IGICIRO KABIRI NGO BYIBUZE UBONE ITIKE ARKO BIKANGA





Inyarwanda BACKGROUND