RFL
Kigali

Ubuzima bw’iraha bw’abakobwa bo ku mbuga nkoranyambaga bwabaye inzozi z’ubupfapfa za bamwe mu bangavu

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:9/06/2018 8:04
16


Amafoto y’ibyo kurya bihenze byo mu mahoteli yihagazeho, abakobwa bambaye imyenda ihenze bicaye mu ndege, ibirori bya hato na hato byitabiriwe n’ibyamamare byo mu Rwanda no hanze yarwo ni bimwe mu biba bicaracara ku mbuga nkoranyambaga.



Bavuga ko igiti kigororwa kikiri gito ndetse ngo umwana apfa mu iterura ariko isi ya none igira uruhare runini mu mibereho y’urubyiruko n’abakiri bato muri rusange. Mu gihe ababyeyi biyuha akuya bifuza kuba bafite abana basobanukiwe icyo bashaka mu buzima ndetse bashobora kuzibeshaho binyuze mu nzira zikwiye batandavuye, imbuga nkoranyambaga zaje zifata umwanya munini mu buzima bw’abantu muri rusange ndetse urubyiruko by’umwihariko.

Imibereho ku isi hose isaba kurya ari uko wakoze. Byose bigahera ku gushishikariza abakiri bato kwiga bashyizeho umwete, guhitamo neza intambwe bashaka kuzatera bahitamo umwuga uzabatunga kandi bashoboye. Kubasha kugera ku buzima bwiza bisaba gukora cyane, kwiyubaha no kubaha abandi, kwicisha bugufi, kwigirira icyizere, gukoresha igihe neza n’ibindi bitandukanye. Imbuga nkoranyambaga zaje ari nk’igihu gikingiriza bamwe mu bana b’abakobwa bakiri bato, ibintu byose bisa nk’ibyoroshye cyane urebye gusa ku mafoto n’ibindi biba bicicikana.

Rimwe nicaranye n’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 18, yiga mu mwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye. Natekerezaga ko aho ageze adafite umwanya munini wo kwidagadura kugira ngo ahugire ku masomo ye ategure ikizamini gisoza amashuri yisumbuye azabashe gutsinda neza ndetse yige ibyo yifuza bijyanye n’inzozi ze muri kaminuza. Twatangiye kuganira ku bintu bitandukanye nza gutangazwa n’ikintu azitaho cyane akirangiza amashuri yisumbuye. Yagize ati “Buretse ndangize gusa urebe. Nzajya mpostinga, abavuga bazavuge. Hari umucuti wanjye wambwiye ngo Kigali igiye kumumenya mu gihe kitarenze ukwezi kandi koko yabigezeho ubu ama websites yose aramwandika”

Uko twakomeje kuganira, naje gusanga inzozi nyinshi z’uyu mwana w’umukobwa z’ahazaza zishingiye ku byo areba kuri za Instagram na Snapchat ndetse ugasanga abantu aguha ingero ko hari icyo bagezeho ni abantu urebye neza nta kazi kazwi bakora. Iki kiganiro kandi cyatumye ntahura ko ababyeyi n’umuryango nyarwanda muri rusange bafite inshingano zo kwibutsa abana babyiruka ko ibibengerana byose atari zahabu, ndetse ko ntacyo umuntu yageraho atiyushye akuya.

Byinshi bitambuka ku mbuga nkoranyambaga bihabanye cyane n’ubuzima bwa benshi muri ba nyir’ukwiyerekana mu buzima bw'iraha

Umuntu wese usobanukiwe icyitwa amafaranga azi uburyo kuyashaka biba bitoroshye. N’iyo abonetse, kuyazigama, gukora ubucuruzi cyangwa ubundi bwoko bw’ishoramari rituma umuntu yunguka bihagije ku buryo ahora mu ndege azenguruka amahanga mu biruhuko si ibyorohera benshi.

Image result for Judith Heard on a beach

Image result for Hotel food near a beach

Amafoto nk'aya n'andi maraha menshi biba bicicikana ku mbuga nkoranyambaga

Abakoresha amafoto batembereye hirya no hino ku isi mu mahoteli ahenze cyangwa se bari mu myanya ihenze yo mu ndege, si ko bose baba bafite ubucuruzi runaka cyangwa akandi kazi kinjiza amafaranga yababeshaho ubuzima bagaragaramo ku mbuga nkoranyambaga. Ubucuruzi butemewe, uburaya bwambukiranya imipaka n’ibindi bikorwa bihabanye n’ibyagakwiye gutozwa ababyiruka nabyo biri inyuma ya menshi muri ayo mafoto akurura abana bato gukunda ubuzima bworoshye.

Ni irihe somo ry’ingenzi abana b’abakobwa bakeneye?

Iyo umuntu akiri muto guhitamo no gushishoza bikunze kuba bitoroshye iyo nta muntu uri aho amuha impanuro zijyanye n’imibereho. Isomo rikomeye mu minsi ya none abana b’abakobwa bakwiye kuzirikana ni uko isi ya none itanga amahitamo menshi cyane atandukanye y’uko abantu bashobora kubaho ariko bigasaba ijisho rityaye gukora amahitamo afite inyungu z’igihe kizaramba.

Amafoto y’ubwambure, kubyina mu buryo runaka, kwifotoza n'amacupa y'amayoga cyangwa utumura amatabi  mu tubari, warangiza ugasangiza isi yose bishobora gufungira umuntu amarembo runaka mu gihe kizaza. Inyungu ibivamo nayo ishobora kuba itajyana no kugumana icyubahiro cyangwa se ikaba itari inyungu izaramba nibura igihe cy’imyaka 10.

Ubuzima burahenze kandi iyo amagara asesetse ntayorwa, ni byiza gukora amahitamo adaherekejwe no kuzicuza! Kumvira umutimanama niwo mwanzuro mwiza uruta iyindi kandi kuba abantu bavuga ibintu runaka ku mbuga nkoranyambaga ntibisobanura ko ari ko kuri kw'ibyo barimo cyangwa uko biyumva. Witaye ku nzozi zawe, ugakora cyane kandi ukirinda kwitesha agaciro, byanze bikunze ugera aho ushaka utagombye kurebera ku bantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kk5 years ago
    Ibi nukuri pe ibishashagirana byose sizahabu
  • Craig5 years ago
    Inkuru y'ingirakamaro. Thumbs up
  • Claire5 years ago
    Uwiteka atabare
  • hassan5 years ago
    urakoze ku mpanuro nziza ziri muri iyi nkuru ndacyeka biri bufashe benshi.imana iguhe umugisha
  • Inyarwanda5 years ago
    Inyarwanda murakoze cyane..iyi nkuru ni ingira kamaro..ahubwo mbona hakenewe compaign .otherwise abangavu bose baraba ibirara
  • sailor5 years ago
    Kbs iyi nkuru ningirakamaro cyeretse ahari urubyiruko ireba rwose rubashije kuyisoma rukagira ibyo rwigiramo. Nahubundi 90% basigaye bakura bafata reference yahazaza habo kuma social media
  • Dj Damour Pro5 years ago
    Oh My God Very Nice Story! Yeah Urubyiruko Dukeneye Inama Nkizi Kd Nyinshi Kuko Bitabaye Ibyo There Is No Hope Of Life For Us.
  • kakure5 years ago
    Vanessa uri umusaza!
  • Joe5 years ago
    Very healthy and important article. Imana iguhe umugisha wongeye gukebura urubyiruko cyane cyane abana b'abakobwa. Ntabwo unenze gusa ahubwo ubagiriye n'inama y'uko bakora amahitamo mazima atazatuma bicuza. Bakwiye kwiga gukorera amafaranga muburyo butynganye kandi bizabahesha ishema n'icyubahiro mugihe kirambye
  • 5 years ago
    dore inkuru nkizi nizo zikenewe
  • Kamana5 years ago
    Aksante ku nkuru nziza mwakoze! Nabonye ikinyamakuru cyanyu gufite accounts kuri za social media, mujye mukora shares kenshi y'inkuru nkizi cg quotes zisa nayo byapfa gufasha abangavu! Arko ntireba abakobwa gusa kuko n'abasore bakiri bato barararutse kubera gukunda ubuzima bworoshye. Aba gays biyongera buri munsi kubera easy life babona kuri social media
  • jesus5 years ago
    kbs izi nkuru nizo urubyiruko rukeneye, gusa abakobwa biyi minsi babaye nkabasazi.
  • Yve5 years ago
    Lem tell you something nashatse kurongora umukobwa uba aho mu Rwanda ni mva mukunze cyaneee kandi ntacyo nta muhanga bucyeye bwaho yara bwiyengo arasha to enjoy world najye sinanze mbenga byari byishi so hashize igihe yaje kumpamangara ansaba imbabazi but was to late so bana bu rwanda bakiri bato imbunga nkomyambanga zirabashuka peee ese ujye wibaza nukubericyi batifotoreza iwabo bakarinda kwi fotoza basohonse think about it.
  • Manzi 5 years ago
    Urakoze cyane mvandi iyi nkuru irimo impanuro ikomeye cyane. Nta kintu na kimwe wageraho udakoze ngo wiyuhe akuya. Nimutabare cyane cyane abakobwa imbuga nkoranyambaga zirabarimbuye rwose zibataye mu rwobo rw 'ubucakara bw 'inzozi z 'ubupfapfa.
  • Joedy5 years ago
    Article of the decade in social life of Rwandan youth
  • sando5 years ago
    that true kbsaa byarakaze kgl life barashaka kuyibamo knd ntacyo barageraho nibabanze babikorere bamenye agaciro ka money then bazabona ko batagomba kuyaphusha ubusa





Inyarwanda BACKGROUND