RFL
Kigali

U Rwanda ku isonga ry'ibihugu bifite abakobwa beza muri Afurika-URUTONDE n'AMAFOTO

Yanditswe na: Denise Iranzi
Taliki:17/03/2015 15:50
45


Afurika ni umugabane ufite byinshi byiza bihuruza amahanga ariko kandi ikagira n’umwihariko wo kugira abari beza cyane bafite umuco mwiza, bazi kwita ku bandi kandi banafite uburanga bw’agahebuzo.



Urubuga Afrijuju rwokoze icyegeranyo cy’ibihugu bya Afurika bifite abakobwa beza maze u Rwanda ruza ku isonga

Dore urutonde rw’ibihugu 10 bya mbere bifite abakobwa beza. Gusa tutirengagije ko ubwiza bugaragara mu buryo butandukanye bitewe n’ubureba.

10. Tanzania


Abakobwa bo muri Tanzaniya bazwiho ubwiza by’umwihariko ku bijyanye no kwita ku rugo ndetse n’isuku. Gusa aba bakobwa kandi bakunda kwikwiza no gutunga ibintu bihenze. Niba uri umusore ukaba wifuza gukundana n’uyu mukobwa bizagusaba kuba utunze cyane.

9. Kenya


Bakobwa b’abanyakenya bazwiho kuba abakobwa barebere cyane, bakunze kuba bafite ibibuno binini cyane kandi bagira uruhu rwiza rwa kinyafurika. Mu miterere yabo ni abakobwa bakunda gukora cyane, bazi kuganira kandi barigenga(independent). Gusa uri umusore ushaka gukundana n’uyu mukobwa bisaba ko uba utunze cyane kandi witeguye gusangira na we ibyo utunze kuko bakunda ukize.

8.Ghana


Abakobwa bo muri iki gihugu ni abakobwa biyubaha kandi bubaha abandi, bazwi cyane kubw’ uburebure bwabo, imiterere myiza y’ibibuno byabo ndetse n’uruhu rukeye rwa kinyafurika. Aba bakobwa kandi bubaha urukundo rwabo kuruta uko bita ku mafaranga uwo bakundana afite kuri konti.

7. Nigeria


Abakobwa bo muri iki gihugu nabo ni abakobwa bazwi cyane ku bwiza karemano kandi bakaba bororoka kurusha abandi. Uramutse wifuza umukobwa mwiza wakubyarira abana benshi kandi beza, uzi kwita ku rugo n’abarurimo  wagana muri iki gihugu.

6. Egypt


Abakobwa b’umwami Farawo nabo bazwi cyane nk’abagore bafite amaso meza arangaza benshi. Ni abagore bagira urukundo ruherekezwa n’amarangamutima menshi cyane.

5. Angola


Abakobwa bo mu gihugu cya Angola bazwiho gusa cyane n’abanyabrezile. Benshi muri bo bakunze kuba abanyamideri kubera imiterere yabo ndetse no kuberwa by’umwihariko. Bafite ubwiza bw’umwimerere kandi ni abakobwa nabo bazi gukunda.

4. Cape Verde


Abakobwa bo muri iki kirwa ni abakobwa bazwiho gukurura abagabo cyane bitewe n’ibara ry’uruhu rwabo rw’igihogo ndetse n’uburyo bavugamo ururimi rw’Icyesipanyolo. Bagira uburebure bwishimirwa na benshi. Ubwiza bwabo ntibugarukira muri Afurika gusa dore ko bazwi n’I Burayi nk’abakobwa b’uburanga.

3. Ethiopia


Abakobwa bo muri iki gihugu si beza gusa muri Afurika ahubwo banazwiho ubwiza ku rwego rw’is, benshi bagahamya ko ubu bwiza babukomora ku mubano w’abakurambere babo n’abantu b’i Yemen. Ni abakobwa bakurura abagabo cyane ndetse barakunditse kuko imiterere y’umubiri wabo ari umwihariko. Gusa biragoye kumenya niba umunyetiyopiyakazi agukundiye uwo uriwe cyangwa amafaranga ufite.

2. Somalia


Abanyasomaliyakazi ubabonye wese ubwiza bwabo ni kintu cya mbere gihita kimuza mu maso. Ni umukobwa muremure, ufite uruhu rwiza rukeye, imisatsi yabo miremire kandi inyerera, amazuru yabo mato cyane, ndetse n’uburyo mu maso habo hateye.

1. Rwanda


Uyu munyamakuru yavuze ko yamaze imyaka 3 mu Rwanda ariko ko mu bihugu byose yagenzemo yagiye abonamo abagore beza ariko ko ntaho yigeze abona abagore beza nk’abanyarwandakazi.

Ati “Mu gihe cyose namaze mu Rwanda narinze mpava ntarabamenyera ndetse nahagararaga kenshi mu mihanda ya Kigali nitegereza ubwiza bafite. Ni umwimerere, barakora si abanebwe, imiterere y’imibiri yabo inogeye ijisho kandi bagira urugwiro bazi kwakira neza ababagana. Nkunda cyane abanyarwandakazi. Ni abagore bihariye

Asoza kandi yahamije ko icyatumye abanyarwandakazi baza ku mwanya wa mbere ari uburyo ubwiza bwabo butajya bwihisha. Ati “Umunyarwandakazi ntashobora gutuma ubukene bwe buhisha ubwiza bwe, ni abanyesuku cyane kandi bazi kwiyitaho. Iyo ubareba mu mihanda wumva unyuzwe n’u Rwanda rwose

Nyuma yo kubona uru rutonde n’ibyagendeweho wowe uremeranya n’uyu mwanditsi cyangwa hari ibyo wahindura?

Denise IRANZI

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • jaliah mupenzi9 years ago
    Ibyo nibikabyo!
  • shaniah mikekemo9 years ago
    nukuri nubwo ndimahanga abanyarwanda turibeza kandi duhorana urugwiro
  • 9 years ago
    izo nintonde zanyu zmuntu wese yotanga iziwe,burundi ntiyarikuburamwo
  • rukundo9 years ago
    ariko mwakabya ye!! ko mbon ari za photoshop gusa se? cyakora wenda muri Angola bo baba ab 1!!
  • Nyabunyana9 years ago
    ese ubwiza wabujyana kuri bank bakaguha inguzanyo?
  • Franco9 years ago
    Icyo ni igitekerezo cye selon aho yageze.nanjye mbonye uko njya muri media nakora icyegeranyo cyanjye selon aho nageze.ubwo se ageze hano maputo yavuga iki?.yasohora ururimi nkikimasa
  • mga9 years ago
    Abeza barahari mais il ne faut pas exagérer, hari benshi baruta bashiki bacu ahubwo nuko muba mutaratembera ngo mugere ahari abana bazwi. merci
  • Ubanyeneza Jean Paul 9 years ago
    Turemeranya kabisa
  • Ubanyeneza Jean Paul 9 years ago
    Turemeranya kabisa
  • 9 years ago
    Turemeranya
  • Ka9 years ago
    mwe kubaduteza mwokabyara mwe...!!!mudatuma bazamura ibiciro
  • 9 years ago
    abana burwanda nabandi bandi nagezee henshi muri Africa niburayi but tubyemere bashiki bacu nibeza peee
  • kay 9 years ago
    abana burwanda nabandi bandi nagezee henshi muri Africa niburayi but tubyemere bashiki bacu nibeza peee
  • Museveni mbiyombiyo9 years ago
    Abanyamurenge nibo bambere hagasubira abarundi
  • tipe 9 years ago
    ewana mere wanjye yabarushaga ubwiza bose.
  • Eric 9 years ago
    nonec mwabuze indi photo yumwari muza mukoresha ?
  • 9 years ago
    Arabeshya
  • hum9 years ago
    Umva rero mbabwire uburyo abanyardakazi ari beza yego nahandi hari abakobwa beza kko ntahabura abakobwa beza ariko uwo muntu nibaza ko yanditse muri rusange. Ariko kdi ni beza Si ukwiyemera cg se gupingana njye nziko hose hari abakobwa beza ariko byagera ku banyarwandakazi bikaba mahwi!! Njye ndi ununyarwandakazi utuye i burundi ariko iyo ndebye abantu bambwira ngo ndi mwiza nteye neza natambuka bakankurikiza amaso mpita nibaza ko aribyo koko mu gihe njye mba mbona ndi umuntu usanzwe cyanee ntanaza no muri kimwe cya kabiri cy abakobwa bafite uburanga cg bateye neza nkumva biransekeje nkavuga ntise ko bamvuga njye babonye abandi noneho byagenda gute kuburyo hari naho ngera bakavuga ngo wowe uri umunyarwandakazi nti se kubera iki ngo nibo bateye gutyo rero bantu b Imana tubyemere cg tubireka abanyardakazi ni beza rwose mwihangane niba hari abi bikomerekeje!!!!
  • elissa9 years ago
    abanyarwand nib bambere africa nzoma
  • alexandre9 years ago
    ibi si ukubeshya nibyo?





Inyarwanda BACKGROUND