RFL
Kigali

Nyuma yo kwakira agakiza, Miss Bahati Grace arifuza ko ubuhamya bwe bwafasha urubyiruko rwinshi – UBUHAMYA

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:24/03/2015 9:02
64


Miss Bahati Grace yabaye Miss Rwanda 2009, yinjira mu mateka y’u Rwanda nka Nyampinga wa mbere watowe ku rwego rw’igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri ubu amaze gukomera mu gakiza ndetse ubuhamya bwe bufasha benshi mu rusengero bigatuma anatumirwa kwigisha urubyiruko hanze y’urusengero.



Mu kiganiro n’inyarwanda.com, Uyu mukobwa(fille-mere)ufite umwana umwe w’umuhungu yabyaranye na K8 yahishuye amwe mu mabanga ye akomeye y’ubuzima yanyuzemo kugirango afashe urubyiruko rw’u Rwanda kutazagwa mu mutego nk’uwo yaguyemo bikaba byabaviramo kwangiza inzozi zabo z’ejo hazaza.

Bahati Grace

Miss Bahati Grace asanga n’ubwo ibyo yakoze bitari urugero rwiza ku rubyiruko rw’u Rwanda, nk’umuntu bibonagamo nk’ikitegererezo, igihe kigeze ngo yifashije amateka yanyuzemo n’ubuhamya bwe kugira agire uruhare mu kuburira urubyiruko kugira amakenga yaba mu byo bita urukundo no mu bindi, no kuberekera inzira nyayo.

Bahati yemeza ko ubwangavu n’ubugimbi bishukana cyane, ndetse we ubwe yafunguwe amaso no gusama inda atateguye

N’ubwo yaharaniraga iteka kuba ku isonga ndetse no gufata inshingano zo kwiyobora no kuyobora bagenzi be dore ko mbere y’uko atorerwa kuba Miss Rwanda 2009 yari asanzwe anahagarariye abanyeshuri bagenzi be(Doyenne)mu ishuri rya Lycee de Kigali, Bahati Grace avuga ko yari mu myaka itoroshye yo kurwana n’ibishuko.

Bahati Grace ati “ Iyo umuntu ari mu kigero cy'imyaka cumi na(teenage), uba ufite amatsiko menshi yo kuvumbura ibintu bimwe na bimwe, hakivangamo n'ibishuko. Nkurikije ku bwanjye, navuga ko nkimara gutorwa nka Miss muri 2009 nahise mba indorerwamo n'ikitegerezo cy'urubyiruko, nagerageje uko nshoboye guhesha isura nziza izina nari nambitswe ariko ntibyagenze neza ijana ku ijana, bikubitiramo ko nari mu rukundo kandi bizwi na rubanda. Nari muto ku myaka 18-19 nkiga no muri secondaire.”

Akomeza agira ati “ Ikintu nize, burya ntawe uhana utarajyayo, bahana uwavuyeyo. Ndaza kwibanda akenshi ku itwita ryanjye. Icyo nabivugaho ni uko nari mpagarariwe n'ingwe mu rukundo. Nkora ibyo amaranga mutima yanjye yantegetse.Ni uko bizakugera aho ntwita. Nahise mfunguka amaso ndushaho gukura mu mitekerereze yanjye kuko hari ingamba nagombaga gufata ngo umwana wanjye azavukire igihe mu munezero. Nti byari byoroshye kuko nari ku giti cyanjye. Nahise niyegurira Imana, niyegereza abantu bantera imbaraga zo gukomeza kuyegera, hari mo Pasteur Kayumba n'izindi nshuti nasanze aha(USA).”

Bahati

Bahati Grace avuga ko hari isomo rikomeye yakuye ku rukundo rwe n’umuraperi K8 Kavuyo

Ati “ Navuga ko ubu hari isomo nakuye muri relationship yanjye iherutse. Hari aho nirangayeho kuko ntabwo nari narateganyije kuzabyara mbere yuko ndangiza kwiga ariko byaje kuba ndabyakira. Navuga ko ari kimwe mu bikomeye byambayeho mu buzima bwanjye. Kuba ntwite ntafite famille yanjye iruhande dore ko n'uwo twari kumwe mu rukundo atahise abyakira binsaba gufata imyanzuro ku giti cyanjye. Nkimara kumenya ko ntwite byo narinzi ko nzayibyara iyo nda, ariko ntabwo narinzi neza ejo hazaza. Ndibuka narasengaga cyane nsaba Imana kuzamfasha kwirerera umwana. Akenshi iyi myaka irashukana ukumva ko uri murukundo n'umuntu mubyumva kimwe ukumva ko ntacyo utakora kugirango munezezanye, ariko nkuko nari navuze ntawe upfa guhana ujyayo, ahubwo uhana uvayo kuko numvaga nzi neza icyo gukunda bivuze. Aha ngeze ku myaka 24 navuga ko nsobanukiwe kurushaho kubera ibyo nanyuzemo. Ese (do I regret having a child or kuba nari murukundo) oya ahubwo ndashima Imana ku bw'amasomo nakuyemo kuko yamfashije kumenya Grace ku giti cyanjye nk'umuntu, ibyo nifuza mubuzima n'ibyo nakwirinda.”

Bahati Grace

Bahati Grace ubwo yambikagwa ikamba n'ibisonga bye bibiri

Dukomeza tuganira na Bahati Grace twamubajije niba ajya yicuza kuba ijoro rimwe yarinjiye mu mateka nka Miss Rwanda akaba umuntu uhanzwe amaso na benshi ndetse bikarangira akoze ibyo benshi bitaga amahano yo gusama inda atarashaka umugabo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Aha yagize ati “ Nta kintu na kimwe nicuza kuko ubuzima ni nk'ishuri duhora twiga ngo turusheho kuzamura ubumenyi bwacu kandi nka Miss Rwanda, nabashije kugera aho ntari kwigeza byaranyoroheye kubona ukongera inaha kwiga, mbese byamfunguriye amarembo n'ubwo hari aho bitagenze neza kenshi na kenshi bitewe n'imitegurire itari myiza cyane, kuba ntari mfite umujyanama wo kumfasha nka miss.”

Akomeza agira ati “ Ntabwo namenya icyo ejo hazaza hanteganyirije ariko icyo nifuza n'uko hari benshi bazanyigiraho binashobotse nazandika igitabo Kuko hano nagiranye ikiganiro n'urubyiruko hari benshi ubuhamya bwanjye bwafashije, aho nari natumiwe n'umushinga witwa Bridge Haven Kuko umwe mubahakora yari yumvise ubuhamya nari natanze mu rusengero.”

Bahati Grace

                 Bahati Grace hamwe n'umuhungu we Ethan afata nk'umugisha ukomeye

Mu minsi yashize ubwo yagiraga icyo avuga ku magambo atandukanye yagiye amuvugwaho ubwo yibarukaga uyu muhungu we. Bahati yagize ati " Mubyukuri ntabwo amagambo abantu bamvuzeho yanciye intege, ahubwo byatumye ndushaho guharanira kujya mbere nkihesha ishema mu byambayeho. Mu buzima hari ibyo duhura nabyo, njye mbifata nk'isomo nkabyakira nk'umugisha n’ubwo byaba bigoye mu maso y’abantu. Isomo rikomeye nakuyemo ni uko umwana wese azana imigisha. Ku giti cyanjye yanzaniye imigisha myinshi, atuma ndushaho kwiyegereza Imana.”

Bhati

Bahati Grace asigaye yibona nk'umunyamugisha ukomeye nyuma yo kwiyegereza Imana

Bimwe mu byo utari uzi kuri Bahati Grace w’uyu munsi

Nyuma y’iminsi mike yegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2009, Bahati Grace yaje kuvugwa cyane mu rukundo n’umuraperi K8 Kavuyo, ndetse bombi bakabihamya dore ko basohokanaga mu birori bimwe na bimwe. Urukundo rw’aba bombi ubu rukaba rwaraje kugera ku musozo ndetse rusigira isomo rikomeye uyu mukobwa nk’uko yabidutangarije.

Bahati

Bahati Grace na K8 mu birori bya Salax awards 2009

Ubwo yabazwaga niba nta gikomere cy’urukundo byamusigiye gutandukana n’uyu muraperi yakunze cyane ndetse bakaza no kubyarana imfura yabo. Bahati Grace yagize ati “ Ntabwo nabyita deception ijana ku ijana. Ntago nkiri muri relationship(mu rukundo) nawe. Icyo duhuje ni umwana twabyaranye. Twasanze ibyaba byiza ari uko twatandukana kubera imyumvire itandukanye kandi burya abantu barakura bakagira amizero n'imyumvire itandukanye.”

Bahati Grace yaje gukizwa mu 2012 nyuma yo kubyara atangira kuririmba no muri korari ariko ubu ku mpamvu z’amasomo yabaye ahagaritse kuririmba muri korali akaba ateganya kubisubukura arangije kwiga.

Ati “ Naje gukizwa ku mugaragaro nkimara kubyara mu kwa 11 muri 2012. Nkaba nsengera aho bita New Covenant Bible Church. Ninjiye muri Chorale nkajya mfatanya n’abandi kuramya Imana, usibye ko ubu nabaye mpagaritse kubera kwiga, amasaha yo kwitoza yikubitiranyije n'ayo kwiga, ariko nzasubira kuririmba mu kwa munani ndangije.”

Nyuma yo kurangiza amashuri ye y’isumbuye muri Lycee de Kigali mu ishami rya Mathematics Chemistry and Biology (M.C.B). Bahati muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yakomeje ishuri ndetse ubu umwanya we munini yawuhariye ishuri, n’ubwo rimwe na rimwe abifatanya n’akandi kazi gasanzwe…

Ati “ Ubu ndi full time Student gusa rimwe na rimwe njya nsemura kwa muganga cyangwa nkakora muri Bookstore ku ishuli mfasha abanyeshuli kugura ibitabo. Ubu ngeze kuri clinical level, aho natangiye gukorana n'abarwayi. Niga kuri Kirkwood Community College muri Iowa Ibijyanye n'amenyo ( Dental Hygiene) Ndi mu mwaka wa Gatatu ukaba ariwo wanyuma. Nzarangiza mu kwa munani uyu mwaka.”

Bhati

Bahati Grace ubu afite umuryango wamwikundiye uramwishingira we n’umwana we akaba awufata nk’umuryango we wa kabiri wo muri Amerika wamufashije mu bihe bikomeye akabasha kurera neza umwana we…

Ati “ Navuga ko kurera bisaba ubwitange no kwihangana. Ahenshi nabishobojwe n'Imana ngira amahirwe mbona Famille y'abazungu (sponsorship) ubu baka barabaye nka famille kuri njye n'umwana wanjye.”

Bahati Grace

Iyi ni imodoka ya Bahati Grace

Bahati Grace ubu afite imodoka nziza yahawe nk’impano ku isabukuru ye y’amavuko mu mwaka ushize wa 2014 mu kwezi kwa Werurwe, ubwo yuzuzaga imyaka 23…

Bahati Grace avuga ko ateganya kuza gusura inshuti n’abavandimwe be mu Rwanda, nyuma yo kurangiza kwiga afite ubushobozi bwo kwirihira amafaranga y’urugendo we n’umwana we.

Mu butumwa bwa nyuma yageneye urubyiruko dusoza ikiganiro twagiranye, yagize ati “ Icyo nakongeraho ni uko nakwifuriza urubyiruko rw'u Rwanda muri rusange gutera imbere no kwirinda ibishuko Kuko nizeye neza ko abankurikiye bose banyigiyeho barushaho gukora neza. Icyo nabasaba ni uko ubu buhamya bwanjye nsangije urubyiruko rw’abafasha kurushaho kwiyegurira Imana bayisaba kubayobora ntibagwe mu bishuko bya hato na hato.”

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tina9 years ago
    Go go go Grace! You are my Idol nkwigiraho byinshi cyane. Washoboye ibyo benshi bananiwe uri intwari cyane ndagukunda
  • Mu9 years ago
    Imana imukomeze rwose.
  • Ami9 years ago
    Courage Grace! Ubuhamya bwawe ni bwiza, Imana iguhe umugisha.
  • MUHIRE9 years ago
    Ibyiza biri imbere... Humura Imana irakuzi! Never give up, keep up..
  • 9 years ago
    amen bahati iyonzira yibyagakiza wahisemo ninziza kandi itera amahoro nibyishimo bihoraho courage komera shikama imana irakuzi
  • dallas9 years ago
    eeeeh ko mbona ubaye agacyecuru weee kavuyo aguteye rwoga mabondo arakuretse ukuntu wanyiriyeho umaze kuba miss knd naraguteretaga muri lycee weee!!! sha ubu nubwo nta cash ndabona ntabwo nakwemera peee!!! hagarara isi ikubone nubona cash uzagure umugabo ubu ntawakwemera wabaye mubi cyane rwose
  • umubyeyi9 years ago
    Yooooo grace courage cneee kd wirere umwana neza ibyakubayeho nanjye byambayeho ariko ubu ndashima Imana aho geze iguha ikibazo ikaguha nigisubizo ntuzigere wita kuba guca intege cg se amagambo yabantu uri imvura cneeeeee ndagukundaaa
  • dallas9 years ago
    abavuga kumwigiraho ngaho nimwige mujyeyo tuzabahana nimuvayo dore ko mwese ariko mwabaye uburaya butwi
  • bobo9 years ago
    thank you my holy sister .iyo niyo nzira nziza kandi uri intwari uwamenye yesu ntakibazo agira .terimbere muri byose.
  • Rubera9 years ago
    Yoo Grace, iyi nkuru irambabaje. gusa nanone ndashima Imana kubona warafashe iyi nzira yagakiza. ibyo bibazo wanyuzemo ntawe utabigwamo kandi isi ntisakaye buri wese byamubaho. ubundi harya buriya Kavuyo "izina niryo muntu" yari agukwiye? njye mba Texas ariko ndu-ibuze gushaka ukuntu twahura. Abavuga ko uri fille mère birabareba. I don't care nunyemera tuzagera aho Imana ishaka. I love you
  • bella9 years ago
    woooowww grace,u're still our role model.uwiteka yakunyujije muri byinshi kd icyingenzi nuko yakubonye.impande zose yaragutsindishirije.courage komeza ujye mbere.
  • NGANGO9 years ago
    Nsomye ubu buhamya bwa Miss Bahati numva amarira aje mu maso. Uyu mudamu ubanza umutima we wuzuye agahinda pe. Uyu miss nakomeje kujya mukurikira kuva yatorwa. Nibuka ubwo yabwiraga umunyamakuru ngo namuhe ikaramu abe ariwe wiyandikira ukuntu Kavuyo ariwe muhungu uruta abandi... Ubu buhamya nanone bwongeye gutuma nibuka inkuru ya Miss Esther na Alpha Rwirangira... Ubu buhamya butumye nanone nibuka indilimbo y'umuririmbya w'umurundi " Ubuto buahenda cane". Burya koko inkumi zirya ubuzima igihe gito cyane. Nkumi z'u rwanda mwishukwa n'aba stars. Ibibengerana byose si Zahabu. Aba stars nta bagabo babamo. Miss Bahati rero niba hari uwo wiraseho umusabe imbabazi, ubundi ukomeze usenge imana iguhe kurera umwana wawe mu mahoro. Abaguseka ngo wabaye agacyecuru ntubiteho. Ni ubuzima.
  • 9 years ago
    grace never give up kdi turacyagukunda kdi urintwali pe.God bless U
  • Gaju 9 years ago
    oooh my God !!!!!!! sha, ntacyonavuga gusa ikiniga kiramfashe ububuhamya ufite kuzaza kubutangira murwanda kuko buzahindura benshi. maze Imana ijye ikongerera imigisha mubyo ukora byose wowe nikibondo cyawe !!!!!!! humura Yesu arabizi !!!!!!!!! my God bless Grace !!!!!!!!!.
  • courage9 years ago
    Bon courage GRACE! bibaho mu buzima. Igikuru ni ukudasubira gukora amakosa nk'ayo wakoze. Naho ubundi ibyiza biri ubu n'imbere byose wowe ubwawe ubigizemo uruhare.
  • dallas9 years ago
    mureke kwishyiramo kavuyo kuko niwe wagiye amwikururaho uburyo yakundaga abahungu ntibyari kumugwa amahoro nubundi kuva cyera yarajarajaraga cyane wasanga aricyo yapfuye na kavuyo wararwishigishiye rusome niyo nyungu yo kwirata no kwiyemera ngo waraturenze isi ntisakaye ngaho nawe nyagirwa ubibone ukuntu kiranze groupe yacu wagahamagara ngo sinzongera kubonana umu chr yarambujije none urandagaye ha!ha gusa nubwo nta mafr ya groupe watereranye turaho tumeze neza icyindi bazakurangire aho bagorora iminkanyari ubucyecuru burakwishe urumwana disi
  • blaise9 years ago
    grace header girl muri ldk.ndakwibuka sha. same promo, same combination.anyway beau gars kavuye amaze ubyuki byabandi.nkufatiye kuri mushiki wange nagukubita inyundo hahah
  • blaise9 years ago
    grace header girl muri ldk.ndakwibuka sha. same promo, same combination.anyway beau gars kavuye amaze ubyuki byabandi.nkufatiye kuri mushiki wange nagukubita inyundo hahah
  • Nsengi9 years ago
    Grace Imana ishimwe yo igufite mubiganza byayo. biba byiza iyo umuntu agira guhishurirwa aho yanyuze hatari heza! nibyiza guhinduka kandi Imana igukomeze. ikugire uwo utitekereza harimo kuyoborwa n'umwuka wera. Nkwifurije kurushaho kugwiza ubwenge. Imana nikugirire neza
  • 9 years ago
    HYE





Inyarwanda BACKGROUND