RFL
Kigali

Mu Rwanda ni hamwe mu hari ubuvumo butunganyije neza ku isi-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:1/09/2016 15:27
2


Bahizi Eduard umaze imyaka 15 akora akazi ko kuyobora ba mucyerarugendo basura ubuvumo buri mu karere ka Musanze mu murenge wa Muhoza avuga ko mu Rwanda ariho hari ubuvumo (Cave) butunganyije mu buryo bunononsoye kurusha ahandi ku isi bigendanye n’isuzuma abahanga bakoze kuri aho ahantu nyaburanga.



Ubu buvumo buri muri uyu murenge bufite ibice (Segment) icyenda (9) aho ibice bitatu byemewe ko wasura ukareba ibyiza birimo , twamaze gutunganwa ku buryo nta mpungenge mucyerarugendo yagira amaze kwinjiramo.

 

Ubuvumo

Mbere yo kwinjira mu buvumo urabanza ukambikwa ibikoresho byabugenewe

Mu kiganiro yagejeje ku banyamakuru nyuma yo kuyobora ba mucyerarugendo mu buvumo, Bahizi Eduard yababwiye ko uko babonye ubuvumo nta handi babisanga ku isi.

Benshi basura ubuvumo butandukanye ariko ku rwego rw’isi hano mu Rwanda niho hari ubuvumo butunganyije mu buryo bwiza.Ahandi uzamuka mu buvumo abacyerarugendo bagwa hejuru y’ibibuye ariko twe (RDB) hano mu Rwanda twakoze uyu mushinga wo kuhatunganya kuko ni ahantu hasurwa kenshi”.

“Mbere yuko dutangira kureka abantu bakinjira muri ubu buvumo habayeho inyigo nyinshi cyane cyane ku bijyanye n’uducarama.Murabizi ko dutera indwara (Uducurama). Inzobere zo muri Afurika y’Epfo zaje hano zifata amaraso yatwo. Baragiye barapima basanga uducurama tuba mu buvumo bwa hano muri Muhoza budatera indwara”.

Bahizi Eduard

Bahizi Eduard umaze imyaka 15 akora akazi ko kuyobora ba mucyerarugendo mu buvumo

Bahizi akomeza avuga ko bigendanye n’uburyo ubu buvumo buteguye bituma abacyerarugendo bitabiragusura ubuvumo ku bwinshi. Ibi bahizi yabivuze ku musni wa kabiri wo gusura ibyiza bitatse u Rwanda mu majyaruguru y’u Rwanda mbere y’umunsi umwe kugira ngo habeho igikorwa nyirizina cya gahunda yo kwita izina, igikorwa giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Nzeli 2016 mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze.

Ubuvumo

Abacyerarugendo bose bambikwa ibikoresho bibarinda gukomereka

Ubuvumo buri mu murenge wa Muhoza bufite intera ya kilomtero esheshatu (6km). Gusa bitewe n’imisozi irimo ndetse n’amakoni, kugira ngo ube warangiza iyi ntera bisaba amasaha abiri n’igice (2h30’). Ubu buvumo bubamo ubucurama mu gice kimwe ndetse hari naho ugera ukumva ibitonyanga bigwa bisa naho imvura iri kugwa.

Iyo ukomeje muri ubu buvumo ugeze mu gace ka gatatu hari ahantu abacyerarugendo bagera bagafata umwanya bakicara bagaceceka igihe kingana n’umunota cyangwa kirenga bagatuza bakagira bimwe batecyerezaho cyangwa abemera Imana bagasenga mu mitima yabo.

Ubuvumo

Udashoboye kwiyambika ibyo bikoresho baramufasha akabyambara

Ubuvumo

Iyo murangije kwambara mufata agahanda kamanuka ku muryango w'ubuvumo

jgfyfkygf

Abantu bisaba ko bagenda bari ku murongo bagana ku muryango w'ubuvumo

Ubuvumo

Abageze ku muryango mbere bategereza bagenzi babo

Ubuvumo

Ba mucyerarugendo bose bamaze kugera ku muryango w'ubuvumo

gyfyrgkyu

Hirya no hino h'ubuvumo hari ibimera bitandukanye

Ubuvumo

Urugendo rutangira abari imbere binjira mu buvumo

Ubuvumo

Abafite ubumuga n'abafite imbaraga nke barashyigikirwa mu rugendo

utyutyugtf

Mu buvumo uragenda ukaza kugera ku mudugudu w'ubucurama

Ubuvumo

Ba mucyerarugendo imbere mu buvumo

Ubuvumo

Ni ahantu haba hagizwe n'ibibuye byaturutse ku iruka ry'ibirunga

Ubuvumo

Bigendanye n'umwijima uba uri mu buvumo bisaba ko umuntu aba afite urumuri ku mutwe ruva ku itoroshi iba yometse ku ngofero

Ubuvumo

Urugendo iyo rwinikije umunaniro uraza abantu bagatangira gusigara inyuma 

Ubuvumo

Umuryango usohoka mu buvumo

ytyftkyft

Hejuru y'ubuvumo hari ikibuga cy'umupira w'amaguru

hdfgfgfgdg

Ikigo cy'ishuli rya INES Ruhengeli nacyo kiri hejuru y'ubuvumo

Ruhengeli

Icyapa cy'ishuli rya INES Ruhengeli

hgygfkyuuyf

Iri ni irindi shuli ryubatse hejuru y'ubuvumo

RBD

Icyapa cya RDB kigaragaza amategeko n'amabwiriza ku bantu basura ubuvumo bwa Musanze







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mwesigye7 years ago
    Murakoze ku nkur nziza ariko muzabaze RDB nuba gukoreraho ibikorwa bindi hejuru bitazateza ibibazo mu bihe bizaza nko kuba hariduka haba harimo aba tourists bikaba ibibazo kdi tukanabuhomba vuba kuruta ko haba nta kintu gikorerwaho hejuru ...wenda ntibasenye ibizu(buildings) ziriho naho bakahagira artificial park murakoze
  • JS7 years ago
    Iyi nkuru irabeshya. Uyu muyobozi azasure Sdwala caves in Mpumalanga, South Africa maze agereranye, ntacyo azongera kuvuga!





Inyarwanda BACKGROUND