RFL
Kigali

MU MAFOTO: Dore uko ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire byagenze

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:25/03/2017 7:03
0


Kuri uyu wa 24 Werurwe ni bwo i Remera kuri stade nto, habereye ibirori ngarukamwaka byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire, aho byari bifite insanganyamatsiko igira iti,”Kwiga no kunoza ikinyarwanda ni inshingano yanjye na we.”



Ni ibirori byaranzwe n’ubwitabire bw’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bagiye baturuka mu bigo bitandukanye bya hano muri Kigali, uretse aba banyeshuri ibi birori kandi byaranzwe n’umubare munini w’abahanzi baturuka mu rugaga rwa muzika nyarwanda ndetse n’abagiye baturuka mu rugaga rw’amakinamico, byanatumye abari babyitabiriye basusuruka ndetse banishimira uko byagenze.

Miss Rwanda n'ibisonga bye begereye umunyamabanga nshingwabikorwa w'inteko nyarwanda y'ururimi n'umuco Vuningoma James

Uretse aba bahanzi kandi, hagiye hagaragara n’abandi bazwi mu bikorwa bitandukanye nk’abakinnyi b’umupira w’amaguru, Nyampinga w’u Rwanda 2017 n’ibisonga bye nabo bari baje kwizihiza no gushyigikira uyu munsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire.

Mukabacondo Trese wambaye kibikira na Minisitiri Uwacu Julienne wari umushyitsi mukuru

Mu ijambo ry’umuyobozi w’intebe y’inteko yagarutse cyane ku gushimira abari bitabiriye ibi birori, aboneraho n’umwanya wo gusobanura uko kwizihiza uyu munsi w’ururimi kavukire muri uyu mwaka byatangiye, aho yatangaje ko byatangiye haba inama ku mikoreshereze y’ikinyarwanda muri iki gihe, asobanura ko kandi hatangiwemo ibiganiro 4 birebana n’uruhare rw’umuryango mu kwigisha no kunoza ikinyarwanda, uruhare rw’itangazamakuru mu kunoza ikinyarwanda, ikinyarwanda mu burezi n’imikoreshereze y’ikinyarwanda mu nzego z’abikorera, aha kandi yasobanuye ko iyi nama yafatiwemo imyanzuro izafasha mu kunoza no kwiga ikinyarwanda.

Umuzungu watunguye benshi uburyo avuga ikinyarwanda akanasakuza

Ibi birori nk'uko amafoto abigaragaza byari byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, aho umushyitsi mukuru yari Ministiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne. Mu ijambo rye Minisitiri Uwacu yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abantu ko ikinyarwanda ari umurunga uhuza abanyarwanda kuko ari ururimi kavukire rwabo bose.

Yibukije abanyarwanda ko buri wese afite inshingano zo kurusigasira,ariko buri wese akanarwiga kuko buri munsi hari byinshi uru rurimi rwunguka. Yagaragaje ko kandi kuruvuga no kurwandika ku buryo bunoze bireba buri munyarwanda. Yasoje iri jambo rye yibutsa buri wese kumvako kwita ku rurimi bimureba. 

Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye ni bo bari benshi muri ibi birori

Intore Tuyisenge uyobora urugaga nyarwanda rwa muzika na we yari yitabiriye ibi birori

Imyambarire y'uyu musaza yakumbuje benshi ibihe bya kera

Inkirigito ya Ben Nganji yashimishije benshi

Makanyaga na Senderi bongeye kubonako bafite abakunzi benshi mu rubyiruko

Indatabigwi zo mu rugaga rwa muzika zahiguye umuhigo zari zarahize ziririrmba indirimbo zakoze

Mu rugaga rw'amakinamico nabo basusurukije benshi

Benshi basanga nta muco uruta  umuco nyarwanda

Bravan yeretswe urukundo n'abanyeshuri ku buryo bwagaragariye buri wese






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND